Joseph Kabila wahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ari mu bibazo bikomeje gufata indi ntera nyuma y’ibihano bikomeye yafatiwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ibintu byateje impaka ndende mu bya politiki n’ubutabera ku rwego mpuzamahanga.
Ku wa 30 Mata 2026, Minisiteri y’Imari ya Amerika yatangaje ko yafatiye Kabila ibihano birimo kumubuza kujya i Washington no gufatira imitungo yose ashobora kuba afite muri icyo gihugu.
Ibi byafashwe nk’icyemezo gikomeye, cyane ko cyashingiye ku byo Amerika ivuga ko ari uruhare rwe mu guhungabanya umutekano wa RDC, binyuze mu bufasha ashinjwa guha ihuriro rya AFC/M23.
Amakuru yatangajwe agaragaza ko kuva muri Gicurasi 2025, Kabila yaba atuye mu mujyi wa Goma ugenzurwa n’iri huriro, ndetse ko yaba yaragerageje guhuza imbaraga za politiki zigamije gukura Perezida Félix Tshisekedi ku butegetsi. Ibi birego byatumye ubutegetsi bwa Amerika bufata icyemezo cyo kumushyiraho igitutu gikomeye.
Icyakora, ibiro bya Kabila ntibyatinze gusohora itangazo risubiza kuri ibi bihano, ribyamagana rikomeye. Ryavuze ko ibyo birego nta shingiro bifite, ko byuzuyemo inyungu za politiki kandi ko nta bimenyetso bifatika byigeze bitangwa.
Riti “Icyemezo cya Amerika kiratangaje cyane kuko gishingiye ku murongo wa Leta ya Kinshasa yananiwe kugaragaza ibimenyetso byibura bike by’ibirego yamushinje mu butabera bw’igisirikare cya Congo, nubwo ari yo ibugenzura.”
Iri tangazo ryakomeje rishimangira ko Kabila, mu gihe yamaze ku butegetsi kuva mu 2001 kugeza mu 2019, yashyize imbere ubumwe bw’Abanye-Congo, kugarura amahoro no kongera kubaka igihugu cyari cyarashegeshwe n’intambara. Ryagarutse ku kuba yaravuye ku butegetsi mu mahoro, ibintu bavuga ko byari intambwe ikomeye mu mateka ya RDC.
Ibiro bye byongeyeho ko akomeje gushyigikira amahoro n’ibiganiro bihuza Abanye-Congo bose, agaragaza ko inzira y’ibiganiro ari yo yonyine ishobora gutanga umuti urambye ku bibazo by’umutekano muke uri mu gihugu no mu karere k’Ibiyaga Bigari.
Biti “Perezida Joseph Kabila afite uburenganzira bwo gusaba abanyamategeko be gufata ingamba z’amategeko zigamije guhagarika icyemezo yafatiwe, gusaba ibimenyetso bigenzuwe bigaragaza icyashingiweho, kurinda icyubahiro cye, amateka ye n’uruhare afite mu mutekano wa RDC.”
Ibi bije bikurikira indi nkubiri y’ibibazo by’ubutabera Kabila amaze igihe ahanganye na byo. Muri Nzeri 2025, urukiko rwa gisirikare rwa RDC rwamukatiye igihano cy’urupfu, rumuhamya ibyaha birimo guhungabanya umutekano w’igihugu. Icyo gihe, Kabila yahise atera utwatsi uwo mwanzuro, avuga ko nta kimenyetso na kimwe gifatika cyawushingiyeho.
Ibiro bye byibukije ko kumugereka ho ibyaha bidafite gihamya bidashobora gukemura ikibazo cy’umutekano muke uri muri RDC, ahubwo ko hakenewe inzira zishingiye ku kuri, ubutabera n’ubwiyunge.
Mu gihe ibi byose bikomeje, haracyari kwibazwa ku cyerekezo cy’uru rubanza ku rwego mpuzamahanga, cyane cyane ku bijyanye n’ubushobozi Kabila ashobora gukoresha mu rwego rw’amategeko kugira ngo arengere uburenganzira bwe no gusubiza icyubahiro cye ku ruhando mpuzamahanga.