AMAKURU

UKWEZI

Iran yateguje Amerika ibitero bikomeye nisubukura intambara

Iran yateguje Amerika ibitero bikomeye nisubukura intambara
01-05-2026 22:52 | By Admin | Yasomwe n'abantu 0

Leta ya Iran yatangaje ko Amerika nisubukura ibitero mu ntambara imaze amezi abiri, izagabwaho ibitero bikomeye, ndetse ikomeza gushimangira ifungwa ry’umuhora wa Hormuz.

Umuhora wa Hormuz unyuramo 20% by’ibikomoka kuri peteroli umaze amezi abiri ufunze kubera intambara Amerika na Israel byashoje kuri Iran ku wa 28 Gashyantare 2026. Byatumye ibikomoka kuri peteroli ku Isi bihenda.

Impande zombi zatangiye ibiganiro ariko icyiciro cya kabiri gikomwa mu nkokora n’uko Perezida Trump yahisemo kubuza itsinda ryari guhagararira Amerika kujya muri Pakistan ahabera ibiganiro.

Gusa ariko hari amakuru avuga ko mu by’ukuri atari Trump wabujije izi ntumwa za Amerika kujya mu bihaniro, ko ahubwo Iran ari yo yafashe umwanzuro wo kutajyayo nyuma yo kubona koi bi biganiro bisa n’imikino kuri Amerika.

Ku wa 30 Mata 2026, byari biteganyijwe ko Perezida Trump agezwaho gahunda y’ibitero bishya bigomba kugabwa kuri Iran hagamijwe kuyihatira kwemera ingingo zikubiye mu masezerano Amerika yifuza ko basinya ngo intambara ihagarare.

Umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Iran, Esmaeil Baghaei yatangaje ko bitari ngombwa kwitega ibisubizo byihuse mu biganiro na Amerika.

Umwe mu bayobozi bakuru b’igisirikare (Iran’s Revolutionary Guards) yavuze ko mu gihe Amerika yakongera kugaba ibitero kuri Iran, na yo yayisubiza igaba ibitero byinshi ahari ibirindiro by’ingabo za Amerika mu Burasirazuba bwo Hagati.

Umuyobozi w’Ingabo zirwanira mu Kirere, Majid Mousavi we yagize ati “twabonye ibyabaye ku birindiro byanyu mu karere, tuzabona ibisa nka byo ku bwato bwanyu bw’intambara.”

Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, Mojtaba Khamenei mu butumwa yandikiye abaturage ba Iran, yavuze ko bazakomeza kubuza umwanzi gukoresha nabi inzira y’amazi kandi bazakomeza kuyigenzura.


INKURU ZA :
Tanga Igitekerezo
Ibitekerezo
IZINDI NKURU WASOMA
Iran yateguje Amerika ibitero bikomeye nisubukura intambara

Leta ya Iran yatangaje ko Amerika nisubukura ibitero mu ntambara imaze amezi abiri, izagabwaho ibitero bikomeye, ndetse ikomeza gushimangira ifungwa ry’umuhora wa Hormuz.

Umuhora wa Hormuz unyuramo 20% by’ibikomoka kuri peteroli umaze amezi abiri ufunze kubera intambara Amerika na Israel byashoje kuri Iran ku wa 28 Gashyantare 2026. Byatumye ibikomoka kuri peteroli ku Isi bihenda.

Impande zombi zatangiye ibiganiro ariko icyiciro cya kabiri gikomwa mu nkokora n’uko Perezida Trump yahisemo kubuza itsinda ryari guhagararira Amerika kujya muri Pakistan ahabera ibiganiro.

Gusa ariko hari amakuru avuga ko mu by’ukuri atari Trump wabujije izi ntumwa za Amerika kujya mu bihaniro, ko ahubwo Iran ari yo yafashe umwanzuro wo kutajyayo nyuma yo kubona koi bi biganiro bisa n’imikino kuri Amerika.

Ku wa 30 Mata 2026, byari biteganyijwe ko Perezida Trump agezwaho gahunda y’ibitero bishya bigomba kugabwa kuri Iran hagamijwe kuyihatira kwemera ingingo zikubiye mu masezerano Amerika yifuza ko basinya ngo intambara ihagarare.

Umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Iran, Esmaeil Baghaei yatangaje ko bitari ngombwa kwitega ibisubizo byihuse mu biganiro na Amerika.

Umwe mu bayobozi bakuru b’igisirikare (Iran’s Revolutionary Guards) yavuze ko mu gihe Amerika yakongera kugaba ibitero kuri Iran, na yo yayisubiza igaba ibitero byinshi ahari ibirindiro by’ingabo za Amerika mu Burasirazuba bwo Hagati.

Umuyobozi w’Ingabo zirwanira mu Kirere, Majid Mousavi we yagize ati “twabonye ibyabaye ku birindiro byanyu mu karere, tuzabona ibisa nka byo ku bwato bwanyu bw’intambara.”

Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, Mojtaba Khamenei mu butumwa yandikiye abaturage ba Iran, yavuze ko bazakomeza kubuza umwanzi gukoresha nabi inzira y’amazi kandi bazakomeza kuyigenzura.

Joseph Kabila yagize icyo avuga kuri Amerika yamufatiye ibihano

Ku wa Kane tariki ya 30 Mata ni bwo Urwego Rushinzwe Imari muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika rwatangaje ko rwafatiye ibihano Kabila, nyuma yo kumushinja gutera inkunga ihuriro rya AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa RDC.

Uyu mugabo wayoboye kiriya gihugu mu gihe cy’imyaka 18 biciye mu itangazo ryasohowe n’ibiro bye, yavuze ko “yakiranye gutungurwa” kiriya cyemezo, avuga ko ari “icyemezo kidafite ishingiro rikomeye, gifite impamvu za politiki kandi gishingiye ku birego bidafite ibimenyetso bidashidikanywaho.”

Ibiro bya Kabila byavuze ko kuva muri 2001 ubwo yafataga ubutegetsi kugeza muri 2019 ubwo yabuvagaho, yitangiye ibikorwa byo kongera kunga igihugu, kugarura amahoro buhoro buhoro, kunga Abanye-Congo, kubaka bundi bushya Leta no kugarura ituze mu karere k’Ibiyaga Bigari.

Byavuze ko ku butegetsi bwe ari bwo RDC yavuye mu ntambara y’akarere yari yarayisenye bikomeye, isubirana ubumwe bw’inzego za Leta, kandi igira ku nshuro ya mbere mu mateka yayo ihererekanya ry’ubutegetsi mu mahoro kandi mu buryo bwubahirije umuco wa demokarasi.

Ku bwa Joseph Kabila, icyemezo cya Amerika “kiratangaje cyane kubera ko gishingiye ku bivugwa n’ubutegetsi bwa Kinshasa butigeze bushobora gutanga ibimenyetso bifatika bishyigikira ibyo bwamushinje imbere y’ubutabera bwa gisirikare bwa Congo bukorera mu kwaha kwabwo.”

Joseph Kabila yongeye gushimangira ko ashyigikiye ubumwe bw’igihugu, ubusugire bwacyo, amahoro mu gihugu cye no mu karere k’Ibiyaga Bigari, ndetse n’igisubizo cya politiki kirimo bose ku kibazo cya Congo.
Uyu munyapolitiki yasabye ko uruhare rwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika rwagira umumaro ugaragara mu gushaka igisubizo kirambye ku bibazo byugarije Congo, bitari iby’umutekano gusa kandi bitareba gusa uburasirazuba bw’igihugu.

Amerika yasabye ubufasha bw'ibindi bihugu kugirango umuhora wa Hormuz ufungurwe

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zabuze ayo zicira n’ayo zimira, zasabye ibihugu bitandukanye kuyifasha gufungura Umuyoboro wa Hormuz wafunzwe n’ingabo za Iran zigamije kugira ngo udacamo ubwato butwara ibikomoka kuri peteroli ku isoko mpuzamahanga.

Ubu busabe bwatanzwe mu gihe igiciro cy’ibikomoka kuri peteroli gikomeje gutumbagira, kuko igiciro cy’akagunguru kabyo karenze cyarenze Amadolari 120, kandi hari impungenge ko iri zamuka rizakomeza mu gihe Hormuz itafungurwa.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Amerika yagaragaje ko ibihugu bizagira uruhare mu ifungurwa rya Hormuz bizahurira mu ihuriro ryahawe izina ’Martime Freedom Construct’ rizaba rifite ububasha bwo gukumira icyo ari cyo cyose cyahagarika ubwato bunyuramo.

Ibiro ntaramakuru Reuters byatangaje ko ibihugu birimo u Bufaransa n’u Bwongereza byaganiriye niba byajya muri iri huriro, byanzura kurijyamo ariko nyuma y’intambara ya Amerika na Iran yatangiye tariki ya 28 Gashyantare 2026.

Iran yatangiye guhagarika ubwato bunyura muri uyu muyoboro ubwo Amerika na Israel byayishozagaho iyi ntambara. Ibi byahungabanyije bikomeye isoko mpuzamahanga ry’ibikomoka kuri peteroli, ibiciro byabyo bitangira kuzamuka.

Muri Mata 2026, Amerika na yo yatangiye gukumira ubwato buturuka ku byambu bya Iran mu kigobe cya Persique, mu rwego rwo kuyishyiraho igitutu kugira ngo ifungure uyu muyoboro unyuramo 20% by’ibikomoka kuri peteroli.

Ku wa 29 Mata, Iran yatangaje ko mu gihe umutekano wayo ukibangamiwe, izakomeza gufunga Hormuz, kandi ko Amerika nikomeza guhagarika ubwato buva ku byambu byayo, izafata ingamba zikomeye za gisirikare.

Amerika yafatiye ibihano Joseph Kabila wahoze ari Perezida wa RDC

Urwego rw’iki gihugu rushinzwe imari ni rwo rwatangaje ko rwafatiye ibihano uriya mugabo wayoboye Congo Kinshasa mu gihe cy’imyaka 18.

Ni nyuma y’uko Leta ya RDC yakunze kumushinja guha ubufasha inyeshyamba zo mu mutwe wa M23 umaze imyaka irenga ine uri mu ntambara na yo.

Mu mwaka ushize Urukiko Rukuru rwa Gisirikare muri RDC rwakatiye Kabila igihano cy’urupfu, nyuma yo kumuhamya ibyaha birimo kugambanira igihugu, kujya mu mutwe ugambiriye gukuraho ubutegetsi ndetse n’ibyaha byibasiye inyokomuntu. Byari nyuma yo kugaragara mu mujyi wa Goma ugenzurwa na M23.

Usibye kumukatira urwo gupfa, Leta ya RDC yafatiriye imitungo ye yose ndetse inasesa ishyaka rye rya PPRD.
Amerika ivuga ko “yagarutse muri RDC afite umugambi wo guhungabanya Guverinoma ya Congo binyuze mu guha ubufasha AFC/M23”.

Ivuga kandi ko yaba yarahaye ubufasha bw’amafaranga AFC mu rwego rwo kugira ngo uruhare rwayo rwa Politiki rugaragare mu burasirazuba bwa RDC.

Washington kandi yamushinje kuba yarashishikarije abasirikare bo mu ngabo za Leta ya Congo (FARDC) kuzivamo bakiyunga kuri AFC, ndetse no kuba ari gutegura kugaba ibitero kuri FARDC aturutse mu mahanga.
Ikindi ngo ni uko yaba yaragize uruhare mu gushyiraho umunyapolitiki utavuga rumwe na Perezida uriho, kugira ngo yisubize ijambo muri Guverinoma.

Ku bwa Washington, Kabila “yafashize AFC na M23 mu buryo bw’ibikoresho, ayitera inkunga; cyangwa ayiha ubufasha bw’ibikoresho, amafaranga, ikoranabuhanga cyangwa ubw’ibikoresho na serivisi.”

Kabila ntacyo aratangaza kuri biriya bihano, icyakora uyu mugabo amaze igihe agaragaza ko ubutegetsi bwa Perezida Félix Antoine Tshisekedi yita ubw’igitugu bugomba kuvaho, nyuma yo kubushinja kuba bukomeje gukora amabi menshi no kubabaza abanye-Congo.