Leta Zunze Ubumwe za Amerika zabuze ayo zicira n’ayo zimira, zasabye ibihugu bitandukanye kuyifasha gufungura Umuyoboro wa Hormuz wafunzwe n’ingabo za Iran zigamije kugira ngo udacamo ubwato butwara ibikomoka kuri peteroli ku isoko mpuzamahanga.
Ubu busabe bwatanzwe mu gihe igiciro cy’ibikomoka kuri peteroli gikomeje gutumbagira, kuko igiciro cy’akagunguru kabyo karenze cyarenze Amadolari 120, kandi hari impungenge ko iri zamuka rizakomeza mu gihe Hormuz itafungurwa.
Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Amerika yagaragaje ko ibihugu bizagira uruhare mu ifungurwa rya Hormuz bizahurira mu ihuriro ryahawe izina ’Martime Freedom Construct’ rizaba rifite ububasha bwo gukumira icyo ari cyo cyose cyahagarika ubwato bunyuramo.
Ibiro ntaramakuru Reuters byatangaje ko ibihugu birimo u Bufaransa n’u Bwongereza byaganiriye niba byajya muri iri huriro, byanzura kurijyamo ariko nyuma y’intambara ya Amerika na Iran yatangiye tariki ya 28 Gashyantare 2026.
Iran yatangiye guhagarika ubwato bunyura muri uyu muyoboro ubwo Amerika na Israel byayishozagaho iyi ntambara. Ibi byahungabanyije bikomeye isoko mpuzamahanga ry’ibikomoka kuri peteroli, ibiciro byabyo bitangira kuzamuka.
Muri Mata 2026, Amerika na yo yatangiye gukumira ubwato buturuka ku byambu bya Iran mu kigobe cya Persique, mu rwego rwo kuyishyiraho igitutu kugira ngo ifungure uyu muyoboro unyuramo 20% by’ibikomoka kuri peteroli.
Ku wa 29 Mata, Iran yatangaje ko mu gihe umutekano wayo ukibangamiwe, izakomeza gufunga Hormuz, kandi ko Amerika nikomeza guhagarika ubwato buva ku byambu byayo, izafata ingamba zikomeye za gisirikare.