AMAKURU

UKWEZI

U Bufaransa bwatumije inama y’Akanama ka Loni nyuma y’igitero cyahitanye umuturage wabwo i Goma

U Bufaransa bwatumije inama y'Akanama ka Loni nyuma y'igitero cyahitanye umuturage wabwo i Goma
17-03-2026 13:26 | By Admin | Yasomwe n'abantu 1

U Bufaransa bwatumije inama y’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe umutekano nyuma y’aho umujyi wa Goma ugabweho igitero cya drones tariki ya 11 Werurwe 2026, kigapfiramo abasivile batatu barimo Umufaransakazi Karine Buisset.

Ubwo inkuru y’urupfu rwa Buisset yari imaze kumenyekana, Leta y’u Bufaransa yagaragaje ko bibabaje kuba impande zihanganiye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zitubahiriza amasezerano y’agahenge zasinyiye i Doha muri Qatar.

Tariki ya 13 Werurwe 2026, ishami ry’Ubushinjacyaha bw’u Bufaransa rishinzwe kurwanya ibyaha by’iterabwoba (PNAT) ryatangaje ko ryatangiye iperereza kugira ngo hamenyekane abishe Buisset wakoreraga

Nk’umunyamuryango uhoraho, u Bufaransa bwasabye ko ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 17 Werurwe, Akanama ka Loni gashinzwe umutekano kagira ikiganiro cyo mu muhezo kuri iki gitero no ku iyubahirizwa ry’agahenge mu burasirazuba bwa RDC n’uburyo bwo kugenzura ko kubahirizwa.

Nubwo nta kiganirirwa muri iyi nama kigomba kujya hanze, byitezwe ko ibihugu byinshi bikagize byongera kwamagana iki gitero, bikanasaba ko umutekano w’abasivile n’abari mu bikorwa by’ubutabazi ugomba kurindwa.

Byitezwe ko Leta ya RDC, nk’umwe mu banyamuryango b’akanama ka Loni gashinzwe umutekano, ishobora kugerageza kugabanya uburemere bw’iki gitero, cyangwa ikavuga ko nta ruhare ingabo zayo zakigizemo.

Ihuriro AFC/M23 rigenzura umujyi wa Goma, ryatangaje ko ingabo za Leta ya RDC ari zo zagabye iki gitero, zigamije kwica abayobozi bakuru baryo barimo Corneille Nangaa, Bertrand Bisimwa, Freddy Kaniki na Gen Maj Sultani Makenga.

Leta ya RDC yagerageje kwerekana ko AFC/M23 ari yo yagabye iki gitero, isobanura ko yasabye ubuyobozi bukuru bw’igisirikare gukora iperereza kugira ngo ukuri kugaragare.


INKURU ZA :
Tanga Igitekerezo
Ibitekerezo
IZINDI NKURU WASOMA
Perezida Kagame n'Umuyobozi wa Global Citizen baganiriye ku bufatanye

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 17 Werurwe 2026, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakiriye, Umuyobozi Mukuru akaba n’uwashinze Umuryango Global Citizen, Hugh Evans.

Babonanye mu masaha make mbere y’igitaramo cya Move Afrika kigiye kuba ku nshuro ya gatatu ku bufatanye na Global Citizen.

Prezida Kagame na Hugh Evans baganiriye ku musaruro w’ubufatanye mu guteza imbere urwego rw’ubuhanzi ndetse n’ibikorwa byagutse Global Citizen ikomeje gukora mu nzego zirimo iz’ubuzima n’uburezi.

Iki gitaramo kigiye kubera muri BK Arena, cyatumiwemo icyamamare mu muziki akaba n’uwegukanye ibihembo birimo Grammy Awards, Doja Cat.

Ni igitaramo kibumburira ibindi butaramo bya Move Afrika byitezwe kubera i Pretoria muri Afurika y’Epfo ku wa 20 Werurwe 2026, muri SunBet Arena.

Doja Cat yishimiye kuba ari we wabaye uw’imbere mu kuyobora ibi bitaramo bizabera no ku gihugu cya Afurika y’Epfo afitemo inkomoko.

Yagize ati: “Kuva kuri gakondo yanjye ya Afurika y’Epfo ukagera ku rubyiniro rw’Isi yose, tuzanye umunezero, n’icyerekezo hamwe n’impinduka za nyazo za Move Afrika muri Kigali na Pretoria. Uku si ukwidagadura gusa, ahubwo ni n’igikorwa gihanga imirimo n’amahirwe by’igihe kirekire.”

Hugh Evans yashimiye Doja Cat anaboneraho kumuha ikaze muri ibi bitaramo bikomeje kuzana impinduka ku mugabane wa Afurika.

Yavuze ko Doja Cat aheruka gutanga ibyishimo mu birori by’imikino y’igikombe cy’Isi cy’amakipe, bityo bakaba bizeye ko n’ibindi byose bizagerwaho.

Yagaragaje kandi ko bishimiye kugaruka mu Rwanda nyuma y’ibihe by’amateka bahagiriye mu myaka ibiri ishize.

Umuyobozi Mukuru wa RDB Jean-Guy Afrika, na we yagaragaje ko u Rwanda rwishimiye kongera kwakira ibi bitaramo bisiga amahirwe anyuranye ku Banyafurika.

Bivugwa ko ibi bitaramo bikomeza gushimangira intego y’igihe kirekire ya Move Afrika yo kubaka uruhererekane rw’ibitaramo biyobora iterambere ry’ubukungu n’ishoramari, bigahanga n’amahirwe ku kiragano gishya cy’urubyiruko rwo ku mugabane.

Iran yemeje urupfu rw'Umuyobozi w'Inama y'Umutekano yayo

Leta ya Iran yemeje ko Umunyamabanga w’Inama y’Umutekano yayo, Dr. Ali Larijani, yiciwe mu gitero ingabo za Israel zagabye i Tehran mu ijoro ryo ku wa 16 rishyira uwa 17 Werurwe 2026.

Inkuru y’urupfu rwa Larijani yemerejwe kuri konti ye ku rubuga nkoranyambaga rwa X mu ijoro ryo ku wa 17 Werurwe, ishimangira ko uyu muyobozi yasanze abandi “bahowe Imana” barimo Ali Hosseini Khamenei wahoze ari Umuyobozi w’Ikirenga w’iki gihugu.

Ubutumwa bwatangarijwe kuri iyi konti bugira buti “Baturage ba Iran, Abasilamu n’ababohowe bose ku Isi, umukozi w’Imana yasanze Umwami nk’uwahowe ukwemera.”

Umutwe w’ingabo zidasanzwe za Iran, IRGC, watangaje ko mu rwego rwo guhorera Larijani n’Umuyobozi w’umutwe wa Basij, Gholamreza Soleimani, na we wishwe uwo munsi, watangiye kugaba ibitero muri Israel.

Perezida wa Iran, Massoud Pezeshkian yagize Larijani Umunyamabanga w’Inama y’Umutekano muri Kanama 2025. Ni inshingano yabangikanyaga n’iyo guhagararira Umuyobozi w’Ikirenga muri iyi nama.

Kuva mu 2005 kugeza mu 2007, Larijani yabaye umuyobozi w’itsinda rya Iran ryari mu biganiro ku ikoreshwa ry’ingufu za nucléaire, kuva mu 2008 kugeza mu 2020 aba Perezida w’Inteko Ishinga amategeko.

Kuva intambara ya Amerika, Israel na Iran yatangira tariki ya 28 Gashyantare 2026, Ali Hosseini Khamenei akicwa, Larijani ni we washyize imbaraga mu kwibasira impande bahanganye yifashishije imbuga nkoranyambaga.

Igisirikare cya Israel cyatangaje ko kuva Khamenei yicwa, Larijani yakoraga inshingano nk’iy’Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran.

Ikipe y'igihugu ya Segenal yatewe mpaga ihita yamburwa igikombe cy'Afurika

Ikipe y’igihugu ya Senegal yambuwe igikombe cy’Afurika nyuma yo guterwa mpaga na CAF, gihita cyegukanwa na Morocco bahuriye ku mukino wa nyuma.

Ni amakuru yasakaye ku mbuga nkoranyambaga kuri wa Gatatu tariki 18 Werurwe 2026, aho byatangajwe ko akanama nkemuramaka ka CAF kafashe umwanzuro wo guha igikombe Marocco nyuma y’amakosa Senegal yakoze ku mukino wa nyuma nubwo uyu mukino warangiye Senegal yegukanye intsinzi y’igitego 1-0.

Senegal yambuwe igikombe cya Afurika, nyuma yaho impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika, CAF, yatangaje ko ubujurire bwatanzwe n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru rya Morocco (FRMF) bwemewe kandi bugahabwa agaciro. Ibi bivuze ko Senegal yambuwe igikombe yari yegukanye, maze Morocco ihabwa intsinzi ku mukino waranzwe n’imvururu mu minota y’inyongera.

Ubwo umukino wari uri kugera ku musozo, umukinnyi wa Morocco, Brahim Diaz yaguye mu rubuga rw’amahina, umusifuzi ntiyahise atanga penaliti, ariko VAR iza kwemeza ko ari Penalite. Ibi byarakaje cyane abatoza n’abasimbura ba Senegal, maze umutoza Pape Thiaw ategeka abakinnyi gusohoka mu kibuga.

CAF yasanze iki gikorwa kinyuranyije n’amategeko mu ngingo ya 82 na 84, ivuga ko kuva mu kibuga bifatwa nko gutsindwa ku bushake. Niyo mpamvu Senegal yatewe mpaga y’ibitego 3-0.

Nubwo abakinnyi benshi bari bagiye mu rwambariro, Sadio Mané yagerageje kubasubiza mu kibuga ngo barangize umukino. Yavuze ko nubwo umusifuzi ashobora gukora amakosa, ari ngombwa kubaha umukino.

Nyuma basubiye mu kibuga, penaliti ya Diaz iza Gufatwa n’umuzamu wa Senegal. Umukino warangiye ari 0-0, ujya mu minota 30 y’inyongera, maze Papa Gueye atsindira Senegal igitego cyabahesheje intsinzi.

Nyuma y’icyemezo cya CAF, iyo ntsinzi ya Senegal yateshejwe agaciro, maze Morocco itangazwa nk’uwegukanye igikombe cy’Afurika cya 2025 cyamburwa Senegal.

Ubwato bwa Amerika bwikorera indege bugiye kuva mu ntambara nyuma yo gufatwa n'inkongi

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zigiye gukura mu ntambara zihanganyemo na Iran ubwato bunini bwikorera indege, USS Gerald R. Ford, nyuma yo gufatwa n’inkongi ikomeye.

USS Gerald R. Ford ifite ubushobozi bwo gutwara abantu 4000, indege zirenga 75 z’intambara. Ifite ikoranabuhanga rihambaye rigenzura ibibera mu kirere no mu nyanja ndetse n’imbunda ziremereye.

Ubu bwato bufite agaciro ka miliyari 13 z’Amadolari bwari bumaze iminsi mu Nyanja Itukura. Aho ni ho indege z’intambara bwabaga butwaye zavaga zijya kugaba ibitero muri Iran.

Tariki ya 12 Werurwe 2026, igice kinini cyo kumeseramo imyenda muri ubu bwato cyafashwe n’inkongi y’umuriro, kuyizimya bitwara amasaha agera kuri 30 nk’uko ibinyamakuru birimo The Bloomberg byabitangaje.

Abashinzwe umutekano muri Amerika bemeza ko abantu hafi 200 bari muri ubu bwato bahawe ubutabazi kubera ibibazo bagize bikomoka ku mwotsi watewe n’iyi nkongi, babiri muri bo barakomereka cyane.

Ubu bwato bugiye kuva mu Nyanja Itukura, bwerekeze ku cyambu cya Souda Bay kiri ku kirwa cya Crete mu Bugereki kugira ngo bukanikwe. Aha bwahahagaze by’akanya gato mu mpera za Gashyantare 2026 ubwo bwagiraga ibibazo tekiniki.

Abakurikiranira hafi iyi ntambara bagaragaza ko gukura USS Gerald R. Ford mu Nyanja Itukura bishobora gusiga icyuho gikomeye ku ruhande rwa Amerika kuko indege nyinshi zagabaga ibitero muri Iran ni ho zaturukaga.

Hari amakuru avuga ko mu Nyanja Itukura hashobora koherezwa ubundi bwato bwikorera indege bwa USS George HW Bush kugira ngo buzibe iki cyuho. Ubu bwato bufite agaciro ka miliyari 6,2 z’Amadolari.

USS Gerald R. Ford yifashishwaga cyane mu ntambara ya Amerika na Iran yatangiye tariki ya 28 Gashyantare

Iran yihoreye, Israel yica Minisitiri wayo w'Ubutasi: Ibigezweho mu ntambara ziri ku Isi

Abantu babiri bishwe n’ibisasu Iran yarashe muri Israël ihorera urupfu rwa Ali Larijani wari Umunyamabanga w’Inama y’Umutekano yayo wiciwe mu gitero cyagabwe i Tehran, mu gihe igitero cya Israel cyo cyahitanye Minisitiri ushinzwe ubutasi.

Minisitiri w’Ingabo wa Israel, Israel Katz yatangaje ko mu bitero bagabye mu ijoro ryo ku wa 17 Werurwe hapfiriyemo Minisitiri w’Ubutasi wa Iran wtwa Esmail Khatib.

Kuri uyu wa Gatatu, tariki 18 Werurwe 2026, ibisasu bya misile byumvikanye mu bice bitandukanye bya Israël birimo n’umurwa mukuru Tel Aviv, ahabaruwe abantu babiri bapfuye.

Ibi bitero kandi bigamije guhorera Gholamreza Soleimani, Umuyobozi w’umutwe wa Basij ushamikiye kuri Leta ya Iran, wiciwe hamwe na Ali Larijani.

Irindi turika ry’ibisasu ryumvikanye kuri Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Iraq, mu murwa mukuru Baghdad.

Mu kiganiro na Al Jazeera, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran, Abbas Araghchi, yatangaje ko Israël na Leta Zunze Ubumwe za Amerika byibeshye cyane ko Ubutegetsi bwa Iran bushingiye ku muntu umwe.

Ati “Sinzi impamvu Abanyamerika na Israël batarumva iyi ngingo, Repubulika ya Iran ishingiye kuri Islam, ifite inkingi zubakiye kuri politiki ihamye, ubukungu n’Itegeko Nshinga [...] kubura umuntu umwe ntibyahungabanya igihugu.”

Yanakomoje ku bitero bya Amerika na Israël byishe Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, Ayatollah Ali Khamenei ku wa 28 Gashyantare, avuga ko bitahungabanyije imyubakire y’ubutegetsi bw’igihugu.

Ku wa kabiri, Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro bya Iran byegereye ubunigo bwa Hormuz, zikoresheje ibisasu bibasha kwinjira mu mitamenwa.

Koweït yavuze ko ubwirinzi bwayo bwo mu kirere bwabateguje kuraswaho na misile ahagana Saa Sita z’ijoro ryakeye. Muri icyo gihe Bahrain na yo yakiriye intabaza zivuga ko irashweho, yihutira kumenyesha abaturage kujya mu bwihisho.

Minisitiri w’Ingabo muri Qatar yavuze ko ubwirinzi bwabo bwabateguje ko na bo hari ibisasu bibarashweho mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatatu.

Abantu batandatu kandi baguye mu bitero bitunguranye Israël yagabye i Beirut mu murwa mukuru wa Liban, mu gitondo cyo ku wa 18 Werurwe, ku nyubako ya Bashoura iherereye mu Majyepfo y’iki gihugu, aho Israël ivuga ko Hezbollah yari ihabitse amafaranga.

Igisirikare cya Israël cyaburiye kenshi abatuye mu Majyepfo ya Liban hafi n’imijyi yegereye uruzi rwa Zahrani n’ibice bya Tyre kwimuka bajya mu Majyaruguru kuko aho bari hazagabwa ibitero.

Ukraine yinjiye mu ntambara ya Iran

Mu nama yamuhuje n’Inteko Ishinga Amategeko y’u Bwongereza ku wa Kabiri, Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelenskyy, yavuze ko hari inzobere z’abasirikare yohereje gutanga ubufasha kuri Amerika mu Burasirazuba bwo Hagati no mu Kigobe.

Ati “Ubu dufite Abanya-Ukraine 201 mu Burasirazuba bwo Hagati no mu Kigobe, abandi 34 biteguye gutanga umusanzu [...]. Abo bose ni inzobere mu gutanga ubufasha no kwirinda ibitero bya drone.”

Yakomeje avuga ko hari n’abandi bohereje muri Qatar, Arabie Saoudite na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, mu gihe abandi bari mu nzira berekeza muri Koweït.

Umuyoboro wa peteroli ukomeje gushyamiranya Hongrie na Ukraine
Intambara y’u Burusiya na Ukraine yashyamiranyije Hongrie, Slovakia na Kiev binyuze ku muyoboro utwara peteroli wa Druzhba. Uyu muyoboro uri muri Ukraine utwara peteroli ivuye mu Burusiya uyigemura mu Budage, Pologne, Repubulika ya Tchèque, Hongrie na Slovakia.

Igice cyo mu majyepfo kigaburira Hongrie na Slovakia cyafunzwe na Ukraine ivuga ko wangijwe bikomeye n’ibitero by’u Burusiya, bwo bukabihakana, bityo ko gusanwa bizasaba igihe kinini, ibituma ibi bihugu bidakora ku nyanja bigorwa no kubona ibikomoka kuri peteroli.

Hongrie na yo mu kwihimura yafatiriye inkunga ya miliyari 90 z’Amayero agenewe Ukraine, yatanzwe n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU). Kugeza ubu, Ukraine yemereye EU gukora isuzuma ku iyangirika ry’uyu muyoboro wa Druzbha kugira ngo inkunga yemerewe ireke gufatirwa.

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Keir Starmer, aheruka kuvuga ko amaso bakwiye kuyahanga intambara ya Ukraine nubwo muri Iran na ho ikomeje.

Ati “Ntekereza ko ari ingenzi cyane ko twita ku ntambara ya Ukraine[...]. Iran n’Uburasirazuba bwo Hagati hari imvururu, ariko ntitugomba kwirengagiza ibiri kubera muri Ukraine n’ubufasha bwacu bakeneye."

U Bufaransa bwatumije inama y'Akanama ka Loni nyuma y'igitero cyahitanye umuturage wabwo i Goma

U Bufaransa bwatumije inama y’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe umutekano nyuma y’aho umujyi wa Goma ugabweho igitero cya drones tariki ya 11 Werurwe 2026, kigapfiramo abasivile batatu barimo Umufaransakazi Karine Buisset.

Ubwo inkuru y’urupfu rwa Buisset yari imaze kumenyekana, Leta y’u Bufaransa yagaragaje ko bibabaje kuba impande zihanganiye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zitubahiriza amasezerano y’agahenge zasinyiye i Doha muri Qatar.

Tariki ya 13 Werurwe 2026, ishami ry’Ubushinjacyaha bw’u Bufaransa rishinzwe kurwanya ibyaha by’iterabwoba (PNAT) ryatangaje ko ryatangiye iperereza kugira ngo hamenyekane abishe Buisset wakoreraga

Nk’umunyamuryango uhoraho, u Bufaransa bwasabye ko ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 17 Werurwe, Akanama ka Loni gashinzwe umutekano kagira ikiganiro cyo mu muhezo kuri iki gitero no ku iyubahirizwa ry’agahenge mu burasirazuba bwa RDC n’uburyo bwo kugenzura ko kubahirizwa.

Nubwo nta kiganirirwa muri iyi nama kigomba kujya hanze, byitezwe ko ibihugu byinshi bikagize byongera kwamagana iki gitero, bikanasaba ko umutekano w’abasivile n’abari mu bikorwa by’ubutabazi ugomba kurindwa.

Byitezwe ko Leta ya RDC, nk’umwe mu banyamuryango b’akanama ka Loni gashinzwe umutekano, ishobora kugerageza kugabanya uburemere bw’iki gitero, cyangwa ikavuga ko nta ruhare ingabo zayo zakigizemo.

Ihuriro AFC/M23 rigenzura umujyi wa Goma, ryatangaje ko ingabo za Leta ya RDC ari zo zagabye iki gitero, zigamije kwica abayobozi bakuru baryo barimo Corneille Nangaa, Bertrand Bisimwa, Freddy Kaniki na Gen Maj Sultani Makenga.

Leta ya RDC yagerageje kwerekana ko AFC/M23 ari yo yagabye iki gitero, isobanura ko yasabye ubuyobozi bukuru bw’igisirikare gukora iperereza kugira ngo ukuri kugaragare.

Karongi: Abantu 17 bakorewe ‘Plastic surgery'

Abantu 17 baherewe mu Bitaro bikuru bya Kibuye mu Karere ka Karongi, serivisi yo kubagwa hagamijwe gukosora inenge cyangwa ubusembwa buri ku mubiri ibizwi nka ‘plastic surgery’.

Iyi serivisi ubusanzwe ntaho iboneka mu bitaro byo mu ntara, ibituma abayikeneye bajya mu mujyi wa Kigali, ahari inzobere nke zitanga iyi serivisi.

Ni serivisi bahawe n’itsinda ry’inzobere mu kubaga zaturutse mu gihugu cy’u Budage. Izo nzobere zasuzumye abantu 40, zibaga 25 barimo 17 bahawe serivisi yo kubagwa hagamijwe gukosora inenge n’ubusembwa bafite ku mubiri.

Ni igikorwa cyatangiye tariki 8 Werurwe aho byari biteganyijwe ko kizageza tariki 17 Werurwe 2026, gusa umwe muri izi nzobere yapfushije umwana bituma igikorwa gisozwa tariki 13 Werurwe.

Abahawe serivisi yo kubagwa hagamijwe guhindura imiterere y’umubiri harimo abari bafite inkovu zabyimbye.

Sibomana Augustin wari ufite inkovu yo mu gatuza yari yarabyimbye ni umwe mu bahawe serivisi yo kubagwa bihindura imiterere y’umubiri.

Ati “Nari naragiye i Kanombe mbasaba ko bambaga barambwira ngo ntabwo byakunda kumbaga kuko ishobora kuzongera ikabyimba. Ndashimira Minisiteri y’Ubuzima yadutekerejeho ikatwoherereza izi nzobere, nyuma yo kubagwa ndumva ndi korohererwa mfite icyizere ko bizakomeza kugenda neza".

Benimana Joyeuse wari umaranye imyaka itanu ikibazo cy’inda ibyimbye, yaturitse amara agaragara inyuma, yashimiye izi nzobere avuga ko yari yarabuze amafaranga yo kujya kwivuza.

Ati “Byanejeje cyane kuko ntabwo nari kuzabona amafaranga yo kujya kwibagisha i Kigali.”

Dr. Laura Thomara wayoboye itsinda ry’izi nzobere yavuze ko mu bo babaze harimo abari bafite inkovu zikomoka ku bushye.

Ati “Tweretse bagenzi bacu bakorera muri ibi bitaro uko bazajya babaga bene abo barwayi.”

Ntavuka Osée washinze umuryango Rwanda Legacy of Hope, umaze imyaka 14 ujyana mu Rwanda inzobere z’abanyamahanga zigatanga serivisi yo kubaga, avuga ko iyi serivisi imaze kugera ku barwayi barenga 8.500.

Ati “Iyo tuje twizanira ibikoresho byacu. Hano ku Bitaro bya Kibuye twazanye ibikoresho bya miliyoni 45 Frw, kandi niturangiza tuzabisigira ibitaro.”

Umuyobozi w’Ishami ritanga serivisi yo kubaga mu Bitaro Bikuru bya Kibuye, Muhirwa Jean Claude, yashimiye ubumenyi bungukiye kuri izi nzobere, avuga ko ibikoresho bahawe bitandukanye n’ibyo basanzwe bakoresha.

Ati “Ibi bikoresho biriyongera ku byo dusanzwe dufite hano mu Bitaro Bikuru bya Kibuye, bizatworohereza mu gutanga serivisi.”

Ibitaro Bikuru bya Kibuye mu myaka 10 ishize byagize ubwiyongere bw’abaganga b’inzobere bagera kuri 30, utabariyemo abaza kuhakorera serivisi mu gihe gito bakongera bakagenda.