AMAKURU

UKWEZI

Stephen Constantine yijije abanyarwanda ko bazabona amavubi atandukanye

Stephen Constantine yijije abanyarwanda ko bazabona amavubi atandukanye
16-03-2026 21:14 | By Admin | Yasomwe n'abantu 0

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amagurub mu Rwanda (FERWAFA), Shema Fabrice, yatangaje ko yizeye impinduka mu Mavubi mu gihe Stephen Constantine azaba ayatoza, na we akemeza ko ari igisubizo cy’ibibazo biri mu Ikipe y’Igihugu.

Ibi ni bimwe mu byatangajwe kuri uyu wa Mbere, tariki ya 16 Werurwe 2026, mu kiganiro n’itangazamakuru cya mbere kibayeho nyuma y’uko uyu Mwongereza yemejwe nk’Umutoza w’Amavubi.

Shema Fabrice yavuze ko abatoza 688 ari bo basabye akazi ko gutoza Ikipe y’igihugu, ariko bakaba baragombaga gusigarana 20 ba nyuma.

Mu byashingiweho harimo kuba umutoza yaba yarigeze kujyana ikipe mu Gikombe cya Afurika, kuba hari ikipe yahaye umwanya mwiza, kuba yiteguye gutangira akazi no kuba yakwakira ibijyanye n’ubushobozi bwa FERWAFA.

Abatoza 20 ni bo bakoze ikizamini cya “interview”, hasigara batanu na bo bavuyemo batatu, kugeza hasigaye umwe ari we Stephane Constantine wahawe amasezerano y’imyaka ibiri.

Shema yagize ati “Ndibaza ko yishimiye kuba ari hano uyu munsi. Tuganira ataraza, yarambwiye ngo nasize akazi kamwe katarangiye, ndashaka kukarangiza.”

Ubwo yavugishaga itangazamakuru, Constantine yavuze ko anejejwe no kongera gutoza Amavubi, ati “Ndacyafite akazi ntasoje. Nishimiye kugaruka hano.”

Abajijwe ku kuba ikipe y’Igihugu imaze iminsi yitwara nabi, mu cyizere cyinshi yavuze ko azanye ibisubizo by’ibibazo bihari kandi azi ibikenewe.

Ati “Nzabikemura. Ndabizi ko bitoroshye, nzi ko hari ibyo tugomba gukora. Nzi ko icya mbere abakinnyi bakeneye imbaraga zo gukora cyane, kandi bagakorera igihugu. Icyubahiro cya mbere umukinnyi agira ni uguhagararira igihugu cye. Ntituzemera kumanika amaboko, ni uguhatana mpaka.”

“Impinduka zizakorwa nubwo zitoroshye, ntabwo navuga ngo ni munsi umwe, imikino ibiri cyangwa ibindi, ariko kuva ku munsi wa mbere muzabona ikipe itandukanye n’iyo muheruka kubona, ibyo nabibizeza.”

Si ubwa mbere Umwongereza Stephen Constantine w’imyaka 63 agiye gutoza Amavubi, kuko ubwo ayaherukamo hagati ya 2014 na 2015, arusiga ku mwanya wa 68.


INKURU ZA :
Tanga Igitekerezo
Ibitekerezo
IZINDI NKURU WASOMA
Stephen Constantine yijije abanyarwanda ko bazabona amavubi atandukanye

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amagurub mu Rwanda (FERWAFA), Shema Fabrice, yatangaje ko yizeye impinduka mu Mavubi mu gihe Stephen Constantine azaba ayatoza, na we akemeza ko ari igisubizo cy’ibibazo biri mu Ikipe y’Igihugu.

Ibi ni bimwe mu byatangajwe kuri uyu wa Mbere, tariki ya 16 Werurwe 2026, mu kiganiro n’itangazamakuru cya mbere kibayeho nyuma y’uko uyu Mwongereza yemejwe nk’Umutoza w’Amavubi.

Shema Fabrice yavuze ko abatoza 688 ari bo basabye akazi ko gutoza Ikipe y’igihugu, ariko bakaba baragombaga gusigarana 20 ba nyuma.

Mu byashingiweho harimo kuba umutoza yaba yarigeze kujyana ikipe mu Gikombe cya Afurika, kuba hari ikipe yahaye umwanya mwiza, kuba yiteguye gutangira akazi no kuba yakwakira ibijyanye n’ubushobozi bwa FERWAFA.

Abatoza 20 ni bo bakoze ikizamini cya “interview”, hasigara batanu na bo bavuyemo batatu, kugeza hasigaye umwe ari we Stephane Constantine wahawe amasezerano y’imyaka ibiri.

Shema yagize ati “Ndibaza ko yishimiye kuba ari hano uyu munsi. Tuganira ataraza, yarambwiye ngo nasize akazi kamwe katarangiye, ndashaka kukarangiza.”

Ubwo yavugishaga itangazamakuru, Constantine yavuze ko anejejwe no kongera gutoza Amavubi, ati “Ndacyafite akazi ntasoje. Nishimiye kugaruka hano.”

Abajijwe ku kuba ikipe y’Igihugu imaze iminsi yitwara nabi, mu cyizere cyinshi yavuze ko azanye ibisubizo by’ibibazo bihari kandi azi ibikenewe.

Ati “Nzabikemura. Ndabizi ko bitoroshye, nzi ko hari ibyo tugomba gukora. Nzi ko icya mbere abakinnyi bakeneye imbaraga zo gukora cyane, kandi bagakorera igihugu. Icyubahiro cya mbere umukinnyi agira ni uguhagararira igihugu cye. Ntituzemera kumanika amaboko, ni uguhatana mpaka.”

“Impinduka zizakorwa nubwo zitoroshye, ntabwo navuga ngo ni munsi umwe, imikino ibiri cyangwa ibindi, ariko kuva ku munsi wa mbere muzabona ikipe itandukanye n’iyo muheruka kubona, ibyo nabibizeza.”

Si ubwa mbere Umwongereza Stephen Constantine w’imyaka 63 agiye gutoza Amavubi, kuko ubwo ayaherukamo hagati ya 2014 na 2015, arusiga ku mwanya wa 68.

Turahirwa wa Moshions yatakambiye Urukiko Rukuru, asaba gusubikirwa ibihano

Turahirwa Moise wamenyekanye nka Moshions yatakambiye Urukiko Rukuru rwa Kigali ku cyaha cyo gukoresha ibiyobyabwenge byo mu bwoko bw’urumogi, asaba ko yasubikirwa igihano cy’imyaka itatu yari yakatiwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge.

Ku wa 26 Mata 2023 ni bwo Turahirwa Moise yafotoye pasiporo ye akoresheje telefone, maze afata iyo foto yayo asibaho numero ziranga ko ari icyangombwa (passport), ahanditse M arahahindura ahandika F, ahanditse ko yavutse mu mwaka wa 1991 arahahindura yandikaho 1994, abishyira kuri Instagram ye akoresha mu kazi anabyoherereza Marie France Brier uba mu Butaliyani bafatanyije gutegura film avuga ko bari bagiye gusohora.

Ubwo yabishyiraga ku rubuga rwe rwa Instagram yashyizeho n’amagambo y’icyongereza agira ati “Finaly I am female on my ID thank you Kagame.”

Yaje kubisiba nyuma yo kwibuka ko Instagram ye isomwa n’abandi bantu kandi ko ababibona bishobora kubatera ikibazo.

Ku wa 28 Mata 2023 Urwego rw’Igihugu rushinzwe abinjira n’abasohoka rwatanze itangazo ruvuga ko ifoto ya passport Turahirwa Moise yashyize kuri Instagram ye itavugisha ukuri.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha na rwo rwahise rukora Iperereza kuri Turahirwa ari nabwo mu ishati ye yambara hasanzwemo agapfunyika kamwe k’urumogi.

Dosiye yaratunganyijwe, ishyikirizwa Ubushinjacyaha nabwo buyiregera Urukiko busaba ko Turahirwa yahamwa n’ibyaha byo guhimba cyangwa gukoresha inyandiko yahinduwe n’icyaha cyo gukora ibikorwa byerekeranye n’ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo, bumusabira igifungo cy’imyaka icyenda n’ihazabu y’amafaranga miliyoni 2 Frw.

Mu rukiko rwisumbuye yaburanye yemera ko yanyweye urumugo ubwo yari mu ngendo muri Kenya n’u Butaliyani ariko ko atakabaye abibazwa kuko atabikoreye ku butaka bw’u Rwanda.

Yanaburanye kandi ahakana ibyo guhindura pasiporo ye, avuga ko atigeze ayihindura ahubwo ko ibyo yakoze kwari uguhindura ifoto ndetse ko nta hantu yigeze akoresha iyo bivugwa ko yahinduwe.

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwamuhamije ibyaha byombi rumuhanisha igifungo cy’imyaka itatu n’ihazabu ya miliyoni 2 Frws ari na byo yajuririye mu Rukiko Rukuru.

Turahirwa uri kuburana afungiwe i Mageragere kubera igihano cy’umwaka umwe aheruka gukatirwa, umucamanza yabanje kumubaza igihe igihano kimufunze kizarangirira.

Yerekanye ko igihano cye kizarangira ku wa 13 Mata 2026.

Umucamanza yahise atangira kuburanisha urubanza ariko uwunganira Turahirwa, Me Mukeshimana Albertine agaragaza ko afite ikibazo cy’uburwayi, urukiko rumwemerera kujya avuga gahoro aho gusubika iburanisha.

Turahirwa yatangiye yemera ko yanyweye Cannabis ari mu Butaliyani na Kenya anabisabira imbabazi.

Ati "Mwazaca inkoni izamba nkaba nasubikirwa ibihano kugira ngo ngire amahirwe yo gukomeza gahunda z’akazi no gufasha urubyiruko.”

Abajijwe niba yemeye ko kuba yarabikoresheje ari hanze bigize icyaha, akaba agiye guhindura imyumvire y’uko adakwiye kubibazwa mu Rwanda, Turahirwa yasobanuye ko yemera bidasubirwaho icyo cyaha kuko bigoye kumenya ko urumogi yarunywereye mu mahanga kandi yarusanzwemo ari mu Rwanda.

Ku cyaha cyo guhindura no gukoresha inyandiko mpimbano yakoreye kuri pasiporo ye, Turahirwa yasabye Urukiko kukimugiraho umwere kuko ibikigize bituzuye.

Yasobanuye ko atigeze ayihindura kuko yafashe ifoto yayo aba ari yo ahindura ahari inyuguti M ahashyira F, akuraho nimero ziranga pasiporo n’umwaka w’amavuko arawuhindura.

Abajijwe n’Umucamanza icyo yari agamije mu guhindura pasiporo no guhitamo kwiyita umugore kandi ari umugabo, Turahirwa Moise yavuze ko nta kindi yari agamije uretse gushyenga by’urubyiruko n’ubukubaganyi kandi ko uretse kuyishyira ku mbuga nkoranyambaga gusa nta kindi yabikoresheje.

Umucamanza yongeye kumubaza impamvu yahisemo gushimira umukuru w’Igihugu kuri ubwo butumwa, asobanura ko nta cyo yari agamije, ahubwo ari kimwe mu bikorwa yakoze ahubutse kubera gukoresha ibiyobyabwenge ariko ko abisabira imbabazi.

Yasabye Urukiko guha agaciro ugutakamba kwe ku cyaha cyo gukoresha ibiyobyabwenge, agasubikirwa ibihano, ariko ku cy’inyandiko mpimbano akagirwa umwere kuko ntaho yakoreshejwe.

Me Mukeshimana umwunganira na we yunze mu ry’umukiliya we anagaragaza ko mu gihe yasubikirwa, Turahirwa yiteguye guhita ajyanwa mu kigo gifasha ababaswe n’ibiyobyabwenge ‘Rehabilitation Center’ ngo afashwe.

Ubushinjacyaha bwo bwashimangiye ko urubanza rujuririrwa rudakwiye guhinduka.

Ubuhagarariye yasobanuye ko Turahirwa adakwiye gusubikirwa kuko no mu gihe yari agikurikiranywe gukoresha urumogi, yongeye kubifatirwamo ari na cyo cyaha kimufunze.

Yavuze ko kuba Turahirwa yarahinduye inyandiko y’umwimerere bigize icyaha.

Yemeje ko kutabimuhamya bishobora kuba icyuho ku bandi bakaba bakoresha uko babonye urwandiko rw’inzira kandi rutangwa n’urwego rwa Leta rushinzwe abinjira n’abasohoka.

Urubanza ruzasomwa ku wa 30 Werurwe 2026 saa Kumi.

Mu gihe Urukiko rwamuhamya ibyo byaha, rukagira ikindi gihano rumuhanisha kidasubitse byaba bisobanuye ko nyuma yo kurangiza igihano cy’umwaka umwe ku wa 13 Mata 2026, yazakomerezaho icyo yaba yahanishijwe.

Umusore w'imyaka 31 wo mu Karere ka Kayonza yishe bagabo babiri

Umusore w’imyaka 31 wo mu Karere ka Kayonza, yateze abagabo babiri bari bavuye kugurisha inka, abatera ibyuma umwe arapfa undi arakomereka, bikekwa ko yashakaga kubiba amafaranga bagurishije inka.

Byabaye mu ijoro ryo ku wa 15 Werurwe 2026 mu Mudugudu wa Gasura mu Kagari ka Gikaya mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza.

Umwe mu baturage baganiriye na n’ikinyamakuru IGIHE dukesha iyi nkuru, yavuze ko uwo musore asanzwe arangwa n’imyitwarire mibi. Ngo ku mugoroba wo ku Cyumweru abo bagabo babiri bavuye kugurisha inka, bajya kunywera ahantu mu isantere maze wa musore amenya ko bagurishije inka.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyamirama, Kagabo Jean Paul yabwiye IGIHE dukesha iyi nkuru ko uwo musore yategeye aba bagabo mu nzira, abatera ibyuma, umwe arapfa undi arakomereka.

Ati “Ejo Saa Yine z’ijoro, umusore w’igihazi w’imyaka 31 yateze abantu bari bavuye kugurisha inka yabo ashaka kubaka amafaranga, umwe yamuteye icyuma mu ijosi yikubita hasi yirukankana undi aramucika aramukomeretsa ari nawe watabaje. Umwe waguye hasi rero yanagiye amutera icyuma mu nda birangira apfuye, gusa amafaranga yo ntiyayabonye kuko bari bayahaye umugore arayatahana.’’

Gitifu Kagabo yakomeje avuga ko uwo musore yahise yiruka aratoroka ariko ko mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere yaje gufatirwa mu Karere ka Rwamagana.

Umurambo wa nyakwigendera wajyanywe ku bitaro bya Rwinkwavu kugira ngo ukorerwe isuzuma, mu gihe uwo musore watawe muri yombi afungiye kuri RIB sitasiyo ya Kigabiro.

Yolande Makolo: Amafaranga u Rwanda rukoresha muri Cabo Delgado arenga inshuro 10 atangwa na EU

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko inkunga ya miliyoni 20 z’Amayero yagenewe Ingabo z’u Rwanda binyuze mu kigega cy’u Burayi gishinzwe gushyigikira ibikorwa by’amahoro, European Peace Facility, yose yamaze gukoreshwa, kandi ko ikiguzi ubu butumwa butwara Guverinoma y’u Rwanda gikubye inshuro nibura 10 ayo mafaranga.

Makolo yavuze ko usibye amafaranga menshi u Rwanda rushora mu butumwa bwo kurwanya ibyihebe muri Cabo Delgado, hiyongeraho n’ukwitanga kudasanzwe kw’abasirikare bahasiga ubuzima.

Yabitangaje ubwo yasubizaga inkuru yatambukijwe na Bloomberg, igaragaza ko amasezerano y’inkunga y’amafaranga itangwa n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi igenerwa Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique azarangirana na Gicurasi 2026.

Iyi nkunga ya miliyoni 20 z’amayero yemejwe n’Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga b’ibihugu bigize EU ubwo bahuriraga mu nama i Bruxelles mu Bubiligi kuri uyu wa 18 Ugushyingo 2024.

Yaje ikurikiye indi ya miliyoni 20 z’Amayero yemerewe Ingabo z’u Rwanda mu Ukuboza 2022, nyuma y’umwaka n’amezi atanu zitangiye ubu butumwa bw’amahoro.

Ihagarikwa ry’aya masezerano rije nyuma y’itangazo ry’ibihano Amerika yafatiye RDF ryashyizwe hanze ku wa 2 Werurwe 2026 rishinja u Rwanda ubufatanye n’umutwe wa M23, ibintu rwamaganye kuva kera.

Umuvugizi w’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi yavuze ko “Gahunda z’ubufasha zashyizweho mu 2022 na 2024 zizarangira muri Gicurasi 2026. Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi buzi iby’ibihano Amerika iherutse gutangaza ku ngabo z’u Rwanda n’abayobozi bazo bakuru bane. Turimo gusuzuma icyo bivuze n’ingaruka z’ingamba za Amerika.”

Bloomberg yatangaje ko nta gahunda ihari yo gukomeza gutanga iyi nkunga.

Yolande Makolo yavuze ko kuba u Rwanda rwakomeza kohereza Ingabo zarwo mu bikorwa byo kurwanya iterabwoba muri Mozambique, mu gihe byaba bikenewe koko, bizaterwa n’inkunga ihagije kandi ibiteganyirijwe.

Ati “Ingabo z’u Rwanda zagiye muri Cabo Delgado mu 2021 zibisabwe na leta ya Mozambique, kugira ngo zifashe igihugu cy’ikivandimwe, amafaranga ntabwo yari yo ya mbere.”

“Umusaruro w’iki gikorwa uragaragara, abasivili basubiye mu ngo zabo, abana basubiye ku ishuri, ubucuruzi bwongeye gufungura, ishoramari rikomeye ry’abanyamahanga ryakomeje gukorwa.”

Yolande yagaragaje ko akazi kakozwe na RDF mu guhashya ibyihebe muri Cabo Delgado kagiriye umumaro abaturage b’iki gihugu, ndetse na kompanyi zahashoye imari mu bijyanye na gaz [LNG], agaragaza ko “gushyikikira igikorwa nk’iki atari ubuntu bwaba buri kugirirwa u Rwanda.”

Cabo Delgado ni intara ikungahaye cyane kuri gaz nyinshi. Total Energies SE ni yo iyoboye umushinga wo gucukura no kohereza mu mahanga gaze, ufite agaciro ka miliyari 20 z’Amadolari ya Amerika.

Uyu ni wo mushinga banki yo muri Amerika ya Export-Import Bank yashoyemo miliyari 4,7$.

Umushakashatsi Mukuru mu Kigo Foundation for Defense of Democracies giherereye i Washington, Daniel Swift, yavuze ko Amerika ishobora kuba idashaka ko ibihano byayo kuri RDF bibangamira cyane ibikorwa byayo muri Mozambique.

Ati “Nta muntu n’umwe wifuza ko ibikorwa byabo muri kariya gace gakungahaye kuri gaz karimo imwe mu mishinga ikomeye y’ishoramari rya Amerika, bigerwaho n’ingaruka mbi. LNG ifite abantu benshi bayihanze amaso ubu.”

Mu butumwa bwe, Yolande yasoje avuga ko “Mu gihe ubuyobozi bwa RDF bwabona ko imirimo ikorwa n’inzego z’umutekano z’u Rwanda i Cabo Delgado idashimwa, byaba bikwiriye gusaba leta guhagarika aya masezerano y’impande zombi yo kurwanya iterabwoba, Ingabo zikava yo.”