AMAKURU

UKWEZI

Jamaica yashimiye ingabo z’u Rwanda zidahwema gutanga umusanzu wazo muri iki ighugu

Jamaica yashimiye ingabo z'u Rwanda zidahwema gutanga umusanzu wazo muri iki ighugu
17-03-2026 12:12 | By Admin | Yasomwe n'abantu 1

Ingabo za Jamaica zashimiye Ingabo z’u Rwanda zibikuye ku mutima ku bwo gutabara iki gihugu cyo mu birwa bya Caraïbes nyuma yo kwibasirwa bikomeye n’inkubi y’umuyaga yahawe izina rya Melissa.

Melissa yibasiye Jamaica mu Ukwakira 2025, yica abantu 45, abarenga 15 baburirwa irengero nk’uko ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe guhuza ibikorwa by’ubutabazi (OCHA) ryabitangaje.

OCHA yasobanuye ko ibigo by’amashuri 450 n’inzu z’abaturage zirenga ibihumbi 120 byangiritse, kandi ko mu baturage ibihumbi 626 bagizweho ingaruka n’iki kiza, 950 babuze aho kuba kuko inzu zabo zangiritse burundu.

Tariki ya 14 Mutarama 2026, u Rwanda rwohereje muri Jamaica abasirikare 100 bazobereye iby’ubwubatsi kugira ngo bafashe mu kubaka inzu zasenywe n’iki kiza mu gice cya Trelawny na St. James.

Igisirikare cya Jamaica cyasangije abakoresha imbuga nkoranyambaga amwe mu mafoto yaranze ibikorwa by’abasirikare b’u Rwanda kugeza batashye, kibamenyesha ko kitazibagirwa ubufasha bahaye abaturage ba St. James n’ahandi.

Cyagize kiti "Ntituzibagirwa umurimo mwakoze n’ubwitange mwagize mu bihe bya kimwe mu biza bikomeye byabaye mu mateka ya vuba y’igihugu cyacu."

Cyagaragaje ko kubana n’abaturage ba Jamaica muri ibi bihe no kubafasha byabasigiye ikimenyetso gikomeye, kuko aba basirikare babahinduriye ubuzima, babagarurira icyizere cy’ubuzima.

Kiti "Kutuba hafi n’umusanzu mwatanze byasize ikimenyetso kidasibama ku baturage ba Jamaica. Mwabafashije guhindura ubuzima, mugarura icyizere binyuze muri buri gisenge mwubatse na buri muryango wagezweho n’ibikorwa byanyu."

Nyuma y’amezi abiri abasirikare b’u Rwanda bari bayobowe na Col Moses Kayigamba bari muri ibi bikorwa byo gufasha Jamaica, batashye ku wa 16 Werurwe, i Kigali bakirwa n’Umugaba w’Inkeragutabara, Gen Maj Alex Kagame.

Iruhande rw’ibikorwa byo gusana no kubaka inzu zangijwe n’iki kiza, abasirikare b’u Rwanda banakoze umuganda wo gusukura ikigo ‘Blessed Assurance Children’s Home’ cyita ku bana bafite ubumuga.


INKURU ZA :
Tanga Igitekerezo
Ibitekerezo
IZINDI NKURU WASOMA
U Bufaransa bwatumije inama y'Akanama ka Loni nyuma y'igitero cyahitanye umuturage wabwo i Goma

U Bufaransa bwatumije inama y’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe umutekano nyuma y’aho umujyi wa Goma ugabweho igitero cya drones tariki ya 11 Werurwe 2026, kigapfiramo abasivile batatu barimo Umufaransakazi Karine Buisset.

Ubwo inkuru y’urupfu rwa Buisset yari imaze kumenyekana, Leta y’u Bufaransa yagaragaje ko bibabaje kuba impande zihanganiye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zitubahiriza amasezerano y’agahenge zasinyiye i Doha muri Qatar.

Tariki ya 13 Werurwe 2026, ishami ry’Ubushinjacyaha bw’u Bufaransa rishinzwe kurwanya ibyaha by’iterabwoba (PNAT) ryatangaje ko ryatangiye iperereza kugira ngo hamenyekane abishe Buisset wakoreraga

Nk’umunyamuryango uhoraho, u Bufaransa bwasabye ko ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 17 Werurwe, Akanama ka Loni gashinzwe umutekano kagira ikiganiro cyo mu muhezo kuri iki gitero no ku iyubahirizwa ry’agahenge mu burasirazuba bwa RDC n’uburyo bwo kugenzura ko kubahirizwa.

Nubwo nta kiganirirwa muri iyi nama kigomba kujya hanze, byitezwe ko ibihugu byinshi bikagize byongera kwamagana iki gitero, bikanasaba ko umutekano w’abasivile n’abari mu bikorwa by’ubutabazi ugomba kurindwa.

Byitezwe ko Leta ya RDC, nk’umwe mu banyamuryango b’akanama ka Loni gashinzwe umutekano, ishobora kugerageza kugabanya uburemere bw’iki gitero, cyangwa ikavuga ko nta ruhare ingabo zayo zakigizemo.

Ihuriro AFC/M23 rigenzura umujyi wa Goma, ryatangaje ko ingabo za Leta ya RDC ari zo zagabye iki gitero, zigamije kwica abayobozi bakuru baryo barimo Corneille Nangaa, Bertrand Bisimwa, Freddy Kaniki na Gen Maj Sultani Makenga.

Leta ya RDC yagerageje kwerekana ko AFC/M23 ari yo yagabye iki gitero, isobanura ko yasabye ubuyobozi bukuru bw’igisirikare gukora iperereza kugira ngo ukuri kugaragare.

Karongi: Abantu 17 bakorewe ‘Plastic surgery'

Abantu 17 baherewe mu Bitaro bikuru bya Kibuye mu Karere ka Karongi, serivisi yo kubagwa hagamijwe gukosora inenge cyangwa ubusembwa buri ku mubiri ibizwi nka ‘plastic surgery’.

Iyi serivisi ubusanzwe ntaho iboneka mu bitaro byo mu ntara, ibituma abayikeneye bajya mu mujyi wa Kigali, ahari inzobere nke zitanga iyi serivisi.

Ni serivisi bahawe n’itsinda ry’inzobere mu kubaga zaturutse mu gihugu cy’u Budage. Izo nzobere zasuzumye abantu 40, zibaga 25 barimo 17 bahawe serivisi yo kubagwa hagamijwe gukosora inenge n’ubusembwa bafite ku mubiri.

Ni igikorwa cyatangiye tariki 8 Werurwe aho byari biteganyijwe ko kizageza tariki 17 Werurwe 2026, gusa umwe muri izi nzobere yapfushije umwana bituma igikorwa gisozwa tariki 13 Werurwe.

Abahawe serivisi yo kubagwa hagamijwe guhindura imiterere y’umubiri harimo abari bafite inkovu zabyimbye.

Sibomana Augustin wari ufite inkovu yo mu gatuza yari yarabyimbye ni umwe mu bahawe serivisi yo kubagwa bihindura imiterere y’umubiri.

Ati “Nari naragiye i Kanombe mbasaba ko bambaga barambwira ngo ntabwo byakunda kumbaga kuko ishobora kuzongera ikabyimba. Ndashimira Minisiteri y’Ubuzima yadutekerejeho ikatwoherereza izi nzobere, nyuma yo kubagwa ndumva ndi korohererwa mfite icyizere ko bizakomeza kugenda neza".

Benimana Joyeuse wari umaranye imyaka itanu ikibazo cy’inda ibyimbye, yaturitse amara agaragara inyuma, yashimiye izi nzobere avuga ko yari yarabuze amafaranga yo kujya kwivuza.

Ati “Byanejeje cyane kuko ntabwo nari kuzabona amafaranga yo kujya kwibagisha i Kigali.”

Dr. Laura Thomara wayoboye itsinda ry’izi nzobere yavuze ko mu bo babaze harimo abari bafite inkovu zikomoka ku bushye.

Ati “Tweretse bagenzi bacu bakorera muri ibi bitaro uko bazajya babaga bene abo barwayi.”

Ntavuka Osée washinze umuryango Rwanda Legacy of Hope, umaze imyaka 14 ujyana mu Rwanda inzobere z’abanyamahanga zigatanga serivisi yo kubaga, avuga ko iyi serivisi imaze kugera ku barwayi barenga 8.500.

Ati “Iyo tuje twizanira ibikoresho byacu. Hano ku Bitaro bya Kibuye twazanye ibikoresho bya miliyoni 45 Frw, kandi niturangiza tuzabisigira ibitaro.”

Umuyobozi w’Ishami ritanga serivisi yo kubaga mu Bitaro Bikuru bya Kibuye, Muhirwa Jean Claude, yashimiye ubumenyi bungukiye kuri izi nzobere, avuga ko ibikoresho bahawe bitandukanye n’ibyo basanzwe bakoresha.

Ati “Ibi bikoresho biriyongera ku byo dusanzwe dufite hano mu Bitaro Bikuru bya Kibuye, bizatworohereza mu gutanga serivisi.”

Ibitaro Bikuru bya Kibuye mu myaka 10 ishize byagize ubwiyongere bw’abaganga b’inzobere bagera kuri 30, utabariyemo abaza kuhakorera serivisi mu gihe gito bakongera bakagenda.

Intumwa z'u Rwanda zitabiriye ibiganiro na RDC i Washington

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko hari itsinda ry’u Rwanda ryitabiriye ibiganiro by’inyabutatu bigomba guhuza u Rwanda na RDC hamwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika bikabera i Washington D.C.

Ni ibiganiro bibaye mu gihe hakomeje umwuka mubi mu karere bitewe ahanini n’intambara ikomeje kubera mu Burasirazuba bwa RDC.

Ingabo za RDC n’imitwe bifatanyije biherutse kugaba ibitero ku mutwe wa M23 birimo n’icyahitanye Umuvugizi w’Umutwe wa M23, Lt Col Willy Ngoma ndetse hari n’ikindi gitero cya drone cyahitanye Umufaransa wari umukozi wa UNICEF i Goma.

Amakuru avuga ko abayobozi bakuru mu nzego z’u Rwanda na RDC bagomba guhurira i Washington muri iki cyumweru mu biganiro biyobowe n’Ishami ry’Ububanyi n’Amahanga rya Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Olivier Nduhungirehe, yavuze ati “Yego ni byo ni ukuri. Hari delegasiyo iri i Washington kubera iyo mpamvu.”

Ni ubwa mbere itsinda ry’impande zombi rigiye guhurira muri Amerika kuva u Rwanda rwafatirwa ibihano byo mu rwego rwa gisirikare, byafatiwe Igisirikare cy’u Rwanda n’abasirikare bane bakuru b’u Rwanda. U Rwanda rwavuze ko ibi bihano bibogamye.

Ikinyamakuru The Africa Report cyatangaje ko mu bategerejwe muri ibi biganiro harimo Umujyanama wa Perezida Kagame, Mauro De Lorenzo na Brig Gen Patrick Karuretwa ushinzwe imikoranire y’igisirikare cy’u

Aba bombi ni bamwe mu bakunze kwitabira ibiganiro byahuje u Rwanda na RDC byaganishije ku isinywa ry’amasezerano y’amahoro mu mpera z’umwaka wa 2025.

Bivugwa ko ku ruhande rwa RDC, ibiganiro bigomba kwitabirwa n’abarimo Intumwa yihariye ya Perezida Tshisekedi, Patrick Lubeya.

Haravugwa imirwano ikomeye mu kibaya cya Rusizi hagati ya AFC/M23 na FARDC

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Ihanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byongeye guhanganira mu bice byo mu kibaya cya Ruzizi muri teritwari ya Uvira nyuma y’amezi abiri hari agahenge.

Iyi mirwano ibaye nyuma y’iminsi ibiri ingabo za RDC, Wazalendo n’indi mitwe bikorana bifunze umuhanda ’RN5’ uhuza umujyi wa Uvira na Bukavu kubera impamvu ziswe iz’umutekano.

Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko guhera mu ma saa kumi n’ebyiri y’igitondo cyo kuri uyu wa 17 Werurwe 2026, ingabo za Leta ya RDC ziri kurasa ibisasu biremereye mu gace ka Kabunambo, ibyatumye abaturage benshi bahunga.

Umunyamabanga Uhoraho wa AFC/M23, Benjamin Mbonimpa, yatangaje ko abaturage ba Kabunambo bari batuje, batekanye mu gihe iri huriro ryahagenzuraga, ariko ko Leta ya RDC yahisemo kubasukamo ibisasu.

Kanyuka yatangaje ko AFC/M23 yiteguye kurinda abaturage bo muri Kabunambo ndetse n’imitungo yabo mu gihe Leta ya RDC ikomeje ubu bushotoranyi.

Ibice byo mu kibaya cya Ruzizi byabereyemo imirwano ikomeye mu ntangiriro z’Ukuboza 2025, biturutse ku bitero ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC ryagabye mu bice bigenzurwa na AFC/M23 birimo santere ya Kamanyola.

AFC/M23 yakoresheje imbaraga nyinshi mu guhangana n’ingabo za Leta, izambura ibice byinshi byo muri Uvira birimo n’umujyi wa Uvira, ariko wo yawuvuyemo hagati muri Mutarama 2026 kugira ngo ibiganiro by’amahoro bisubukurwe.

Leta ya RDC igisubira muri uyu mujyi, yagaragaje ko izatuza mu gihe izaba yisubije ibice byose bigenzurwa na AFC/M23 birimo umujyi wa Bukavu, Goma kugeza kuri Bunagana yafashwe muri Kamena 2022.

Ibitero bikomeye ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC zakomeje kugaba muri komini Minembwe no mu bice bihana imbibi byagaragaje ko koko ifite umugambi wo gukomeza intambara mu bice bigenzurwa na AFC.

Mu rukerera rwo ku wa 24 Gashyantare, ingabo za Leta ya RDC zagabye igitero cya drones kuri AFC/M23 hafi ya santere ya Rubaya, yica uwari Umuvugizi wayo mu rwego rwa gisirikare, Lt Col Willy Ngoma.

Tariki ya 11 Werurwe, ingabo za Leta ya RDC zagabye igitero cya drones mu mujyi wa Goma, zica abasivili batatu barimo Umufaransakazi Karine Buisset wakoreraga ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bana, UNICEF.

AFC/M23 yatangaje ko kuva mu ijoro ryo ku wa 16 rishyira uwa 17 Werurwe, ingabo za RDC, iz’u Burundi, FDLR, Wazalendo n’abacanshuro byongeye kugaba igitero cya drones muri Minembwe no mu bice bihana imbibi.

Iri huriro ryatangaje ko Leta ya RDC izabazwa amaraso y’inzirakarengane ikomeje kwica mu gihe umuryango mpuzamahanga ntacyo ubikoraho.

Jamaica yashimiye ingabo z'u Rwanda zidahwema gutanga umusanzu wazo muri iki ighugu

Ingabo za Jamaica zashimiye Ingabo z’u Rwanda zibikuye ku mutima ku bwo gutabara iki gihugu cyo mu birwa bya Caraïbes nyuma yo kwibasirwa bikomeye n’inkubi y’umuyaga yahawe izina rya Melissa.

Melissa yibasiye Jamaica mu Ukwakira 2025, yica abantu 45, abarenga 15 baburirwa irengero nk’uko ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe guhuza ibikorwa by’ubutabazi (OCHA) ryabitangaje.

OCHA yasobanuye ko ibigo by’amashuri 450 n’inzu z’abaturage zirenga ibihumbi 120 byangiritse, kandi ko mu baturage ibihumbi 626 bagizweho ingaruka n’iki kiza, 950 babuze aho kuba kuko inzu zabo zangiritse burundu.

Tariki ya 14 Mutarama 2026, u Rwanda rwohereje muri Jamaica abasirikare 100 bazobereye iby’ubwubatsi kugira ngo bafashe mu kubaka inzu zasenywe n’iki kiza mu gice cya Trelawny na St. James.

Igisirikare cya Jamaica cyasangije abakoresha imbuga nkoranyambaga amwe mu mafoto yaranze ibikorwa by’abasirikare b’u Rwanda kugeza batashye, kibamenyesha ko kitazibagirwa ubufasha bahaye abaturage ba St. James n’ahandi.

Cyagize kiti "Ntituzibagirwa umurimo mwakoze n’ubwitange mwagize mu bihe bya kimwe mu biza bikomeye byabaye mu mateka ya vuba y’igihugu cyacu."

Cyagaragaje ko kubana n’abaturage ba Jamaica muri ibi bihe no kubafasha byabasigiye ikimenyetso gikomeye, kuko aba basirikare babahinduriye ubuzima, babagarurira icyizere cy’ubuzima.

Kiti "Kutuba hafi n’umusanzu mwatanze byasize ikimenyetso kidasibama ku baturage ba Jamaica. Mwabafashije guhindura ubuzima, mugarura icyizere binyuze muri buri gisenge mwubatse na buri muryango wagezweho n’ibikorwa byanyu."

Nyuma y’amezi abiri abasirikare b’u Rwanda bari bayobowe na Col Moses Kayigamba bari muri ibi bikorwa byo gufasha Jamaica, batashye ku wa 16 Werurwe, i Kigali bakirwa n’Umugaba w’Inkeragutabara, Gen Maj Alex Kagame.

Iruhande rw’ibikorwa byo gusana no kubaka inzu zangijwe n’iki kiza, abasirikare b’u Rwanda banakoze umuganda wo gusukura ikigo ‘Blessed Assurance Children’s Home’ cyita ku bana bafite ubumuga.

Stephen Constantine yijije abanyarwanda ko bazabona amavubi atandukanye

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amagurub mu Rwanda (FERWAFA), Shema Fabrice, yatangaje ko yizeye impinduka mu Mavubi mu gihe Stephen Constantine azaba ayatoza, na we akemeza ko ari igisubizo cy’ibibazo biri mu Ikipe y’Igihugu.

Ibi ni bimwe mu byatangajwe kuri uyu wa Mbere, tariki ya 16 Werurwe 2026, mu kiganiro n’itangazamakuru cya mbere kibayeho nyuma y’uko uyu Mwongereza yemejwe nk’Umutoza w’Amavubi.

Shema Fabrice yavuze ko abatoza 688 ari bo basabye akazi ko gutoza Ikipe y’igihugu, ariko bakaba baragombaga gusigarana 20 ba nyuma.

Mu byashingiweho harimo kuba umutoza yaba yarigeze kujyana ikipe mu Gikombe cya Afurika, kuba hari ikipe yahaye umwanya mwiza, kuba yiteguye gutangira akazi no kuba yakwakira ibijyanye n’ubushobozi bwa FERWAFA.

Abatoza 20 ni bo bakoze ikizamini cya “interview”, hasigara batanu na bo bavuyemo batatu, kugeza hasigaye umwe ari we Stephane Constantine wahawe amasezerano y’imyaka ibiri.

Shema yagize ati “Ndibaza ko yishimiye kuba ari hano uyu munsi. Tuganira ataraza, yarambwiye ngo nasize akazi kamwe katarangiye, ndashaka kukarangiza.”

Ubwo yavugishaga itangazamakuru, Constantine yavuze ko anejejwe no kongera gutoza Amavubi, ati “Ndacyafite akazi ntasoje. Nishimiye kugaruka hano.”

Abajijwe ku kuba ikipe y’Igihugu imaze iminsi yitwara nabi, mu cyizere cyinshi yavuze ko azanye ibisubizo by’ibibazo bihari kandi azi ibikenewe.

Ati “Nzabikemura. Ndabizi ko bitoroshye, nzi ko hari ibyo tugomba gukora. Nzi ko icya mbere abakinnyi bakeneye imbaraga zo gukora cyane, kandi bagakorera igihugu. Icyubahiro cya mbere umukinnyi agira ni uguhagararira igihugu cye. Ntituzemera kumanika amaboko, ni uguhatana mpaka.”

“Impinduka zizakorwa nubwo zitoroshye, ntabwo navuga ngo ni munsi umwe, imikino ibiri cyangwa ibindi, ariko kuva ku munsi wa mbere muzabona ikipe itandukanye n’iyo muheruka kubona, ibyo nabibizeza.”

Si ubwa mbere Umwongereza Stephen Constantine w’imyaka 63 agiye gutoza Amavubi, kuko ubwo ayaherukamo hagati ya 2014 na 2015, arusiga ku mwanya wa 68.