Bayern Munich yatsinze Real Madrid ibitego 4-3 iyisezerera muri 1/4 cya UEFA Champions League ku giteranyo cy’ibitego 6-4 n’aho Arsenal isezereye Sporting CP ku giteranyo cy’igitego 1-0 mu mikino yombi.
Imikino yo kwishyura yabaye mu ijoro ryo ku wa Gatatu, tariki ya 15 Mata 2026.
Umukino wa Bayern Munich na Real Madrid wari utegerejwe cyane, ikipe yo muri Espagne yawutangiranye igitego, kuko ku munota wa mbere umunyezamu Manuel Neuer yateye umupira nabi ufatwa na Arda Güler wahise awuboneza mu izamu.
Bidatinze ku munota wa gatandatu, Aleksandar Pavlović yishyuye igitego ku mupira mwiza wavuye muri koruneri yatewe na Joshua Kimmich.
Bayern Munich yakomeje gusatira cyane ishaka ibitego ariko imipira myinshi ikayitera hanze y’izamu.
Ku munota wa 29, Arda Güler yateye ‘coup franc’ nziza atsinda igitego cya kabiri cya Real Madrid.
Bayern Munich yasatiraga cyane, yazamutse neza Dalot Opamecano acomekera umupira mwiza Harry Kane, yishyura igitego cya kabiri, ku munota wa 38.
Nyuma y’iminota ine gusa, Vinicius Junior wari umaze gukubita umutambiko w’izamu, yongeye kuzamukana umupira mwiza awuhereza Kylian Mbappé atsinda igitego cya gatatu cya Real Madrid.
Igice cya mbere gitangaje, cyarangiye Real Madrid yatsinze Bayern Munich ibitego 3-2 ari na ko amakipe yombi anganya 4-4 mu mikino yombi.
Mu gice cya kabiri, umukino watuje amakipe yombi akomeza gusatirana ariko bidakomeye nko mu gice cya mbere.
Ku munota wa 85, Eduardo Camavinga yahawe ikarita ya kabiri y’umuhondo zibyara umutuku asohoka mu kibuga.
Yifashishije icyo cyuho, Michael Olise yatsinze igitego cya kane cya Bayern Munich, mu minota y’inyongera, umukino urangira ari ibitego 4-3.
Muri rusange, Bayern Munich yasezereye Real Madrid ku giteranyo cy’ibitego 6-4 ikomeza muri ½.
Ni umukino wasojwe mu mahane menshi kuko umutoza wa Real Madrid, Álvaro Arbeloa na Arda Güler bahawe amakarita y’umutuku.
Undi mukino wabaye, Arsenal yasezereye Sporting CP ku gitego 1-0 mu mukino yombi, nyuma yo kunganya ubusa ku busa mu mukino wo kwishyura.
Muri ½, Bayern Munich izahura na Paris Saint Germain yasezereye Liverpool tariki 28 Mata, mu gihe Arsenal izahura na Atlético Madrid yasezereye FC Barcelona ku wa 29 Mata 2026.
Aleksandar Pavlović na Harry Kane bishimira igitego cya mbere
Luis Diaz ahanganie umupira na Trent Arnold
Arda Güler yatsinze ibitego bibiri bya Real Madrid
Kylian Mbappé yatsinze igitego cya 70 muri UEFA Champions League
Michael Olise yishimira igitego cya kane
Sprting CP ihusha uburyo bukomeye bw’igitego, ku mupira wakubise igiti cy’izamu
Arsenal yasezereye Sporting CP