AMAKURU

UKWEZI

Menya amayeri akoreshwa mu butekamutwe buri gufata intera bwiganje mu birego byakirwa na RIB

Menya amayeri akoreshwa mu butekamutwe buri gufata intera bwiganje mu birego byakirwa na RIB
06-03-2026 20:43 | By Admin | Yasomwe n'abantu 4

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruvuga ko ibirego by’abantu baba bariganyijwe amafaranga n’abatekamutwe, byiganje mu byo rwakira cyane muri iki gihe, rukagaragaza amwe mu mayeri bakoresha akwiye kujya yitonderwa.

Aya mayeri bayakoresha bagendeye ku buryo bugezweho bwo gushaka amafaranga nko kuri internet ndetse bakayakoresha ku bantu baba badafite amakuru ahagije kuri ubwo butekamutwe cyangwa batagize amakenga ku byo babona cyangwa babwirwa kugira ngo birinde.

Bishingiye mu ibazwa ry’abantu batandukanye, harimo abafashwe bakora ubu butekamutwe ndetse n’ababukorewe, dore amwe mu mayeri asigaye akoreshwa hagamijwe kukwiba amafaranga yawe maze wirinde;

Kubeshywa ‘bourse’ yo kwiga muri kaminuza yo hanze cyangwa guhabwa akazi

Hari company zivuga ko zishakira abantu amashuri yo hanze cyangwa akazi bakanabasha kubona ibyangombwa nka visa. Izi company ziba zanditswe kandi zinafite ibyangombwa bitangwa n’Urewgo rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) ari na kimwe mu byo berekena cyangwa babwira ababagana kugirango batagira impungenge.

Hari ndetse n’izamamaza kuri YouTube na Radio ko zitanga izi serivise. Iyo ugiye yo bagukoresha amasezerano yo gukorana nyuma yo gutanga amafaranga, bavuga ko ari ayo gufasha kugushakira ibyangombwa. Byagiye bigaragara ko akenshi iyo umaze kubaha amafaranga bakuraho telefoni zabo ukababura dore ko nta n’ibiro bizwi baba bakoreramo.

Iyo mwumvikanye gukorera amasezerano kwa noteri, hashira iminsi bakakohereza ibyangombwa bikwemerera kwiga (acceptance letter) ariko by’ibihimbano. Ku bijyanye na visa, bakubwirako baziranye n’ababikoramo muri za ambassade zitandukanye kugira ngo ubagirire ikizere ubahe amafaranga bagusaba.

Amafaranga yo kuri internet mu byitwa ‘Binance’

Ubu butekamutwe bukorerwa kuri internet aho ababukora muhurira ku mbuga nkoranyambaga cyanga bakakohereza email bakagusaba gufungura konti (account) kuri Binance. Hanyuma ukanagura amafaranga ya bitcoin kuri rubuga rwa Binance bagategereza ko idolari rizamuka kugirango bacuruze. Umuntu ukugurira ntabwo muba muziranye uretse kuvugana nko kuri Whatsapp cyangwa izindi mbuga nkoranyambaga.

Iyo ufunguye konti yawe kuri iyi website bakwereka uko amafaranga yawe agenda azamuka, ariko birangira utayabikuje ndetse nayo wagiye ushoramo utayabonye. Kugira ngo ubikuze bakubwira gushora amafaranga mu USDT/Crypto currency, hanyuma bakakohereza utuvideo tukwereka uburyo bikorwa. Iyo umaze kwinjiramo, aba batekamutwe barabanza bakaguhaho make mu rwego rwo kukureshya no kugira ngo wumve ko nta kibazo kibirimo.

Iyo umaze gushoramo menshi wagejeje ayo bashaka kukuvanaho birangira bafunze system ukabura account yawe bityo n’amafaranga yose washoyemo bakaba barayakwibye.

Ubutekamutwe bw’Amadolari y’amahimbano

Aha umutekamutwe acunga abaje kuvunjisha muri banki cyangwa ku mazu avunjirwamo amafaranga (forex bureau). Uyu aba yateguye ibipfunyika by’impapuro ariko hejuru no hasi agashyiraho inote y’amadolari ku buryo bigaragara nk’aho ari ibipfunyika by’amadolari.

Uyu mutekamutwe arakwegera akagusaba kumufasha kuvunja kuko we yihuta akakubwira ko niba hari amanyarwanda waba ufite ahwanye n’amadolari afite cyangwa munsi yaho wayamuha we akigendera. Icyo gihe iyo utagize amakenga ugakora ibyo agusaba umuha amafaranga yawe akaguha cya gipfunyika cy’impapuro akaba arakwibye.

Hari n’abahamagara umuntu bakamubwira ko bafungiye muri gereza ya mageragera bakagusaba ko wazajya kumufatira amafaranga menshi afite ku muntu w’umusaza cyangwa umukeuru kuko we atazi ibyo kuvunja. Uwo musaza avuga baba bakorana, iyo wemeye guhura n’uwo musaza, arabanza akaguha inoti imwe y’amadolari 50 ukayivunja ugasanga koko ni nzima.

Hanyuma iyo abonye ko wamwizeye, uwo musaza hashira iminsi akazagusaba amanyarwanda ahwanye n’amadorali y’amahimbano afite. Icyo gihe iyo uyamuhaye aguha amadolari y’amahimbano agasiragarana amanyarwanda wamuhaye kandi mazima.

Ubutekamutwe bukorwa n’abakomisiyoneri ba ‘Banki Lambert’

Ni igikorwa cy’ubuhuza bukorwa n’abiyita abakomisiyoneri bahuza ufite amafaranga n’ufite ikibazo cy’amafaranga byihuse bakamufatirana bamukuraho inyungu nyinshi. Aba bakomisiyoneri bakagira amafaranga bagenerwa n’utanze amafaranga ndetse n’uyahawe. Mu nyandiko mukorana bavuga ko muguze ndetse mukajya no kwa noteri mugakora inyandiko.

Iyo inyungu z’ibihano bikomoka ku kurenza igihe cyo kwishyura Banki Lambert zibaye nyinshi, bagurisha imitungo yawe ukaba urahombye.

Ubutekamutwe bushishikariza abantu kujya mu bucuruzi bw’uruherekane (Pyramid Sheme) zihishe inyuma ya Food Supplements.

Ubu ni ubutekamutwe bwihisha mu buvuzi bw’inyongeramirire (Food Supplements) aho akenshi baba bagamije kwinjiza abantu mu itsinda ry’abakiliya babo hagamijwe ubucuruzi bw’uruherekane bw’inyongeramirire.

Bakubwira gushoramo amafaranga kugirango ube umukiliya bazajya bahera iyo miti ku giciro cyo hasi. Hanyuma bakagusaba kwinjiza abantu mur’iryo tsinda kugirango ubone inyungu zikomoka ku mubare w’abo winjije.

Iyo ubuze abo winjizamo kandi warashoye amafaranga nta nyungu ubona kandi na ya mafaranga washoyemo ntuyasubizwe, kuko nta mutekano wayo uba uhari. Iyo iri tsinda ry’abakiliya rifunze, abantu barimo bose barahomba kuko ntaho ahurira n’uwashinze itsinda cyangwa niyo company icuruza inyongeramirire.

Ubutekamutwe mu bucuruzi bwo kugura no gukodesha imodoka

Aha abatekamutwe bihisha cyane cyane mu gukora amasezerano y’amahimbano yizeza inyungu zihuse cyane. Iyo watumije imodoka hanze, wabahaye amafaranga, baguha imodoka uba ugendamo kugirango wizere ko atari abatekamutwe kugeza igihe iyo watumye izazira, ariko mu byukuri baba bayikodesheje nabo. Ibi rero birangira ubuze uwo watumye imodoka ndetse imodoka wahawe y’intizanyo uyambuwe na nyirayo.

Abiyitirira abakozi ba MTN na Airtel bakagusaba kugira imibare ukanda kugira ngo baguhe serivise

Umuntu araguhamagara yiyita umukozi wa Sosiyete y’itumanaho (MTN /Airtel) akumenyesha ko hari amafaranga yavuye cyangwa ayobeye kuri konti yawe ya MTN/Airtel akagusaba ko wabigenzura. Iyo urebye kuri telefoni yawe usangamo ubutumwa aba yoherejeho bugusaba gusubiza amafaranga wakiriye cyangwa akakubwira ko bagufungira konti.

Nyuma iyo utagize amakenga ukemera ibyo bakubwira, baguha imibare ukanda kugirango usubize amafaranga bigakarangira ubohereje amafaranga yawe yari kuri konti yawe.

Abatekamutwe biyitirira abakozi b’Ikigo Gishinzwe Ingufu – REG

Aba baguhamagara bakubwira ko mubazi yawe (compteur/meter) igutwara amafaranga menshi kandi kandi baguha umuriro wa make kuko mubazi yawe ifatwa nk’iri mu cyiciro cyo hejuru kandi babyibeshyeho. Hari n’abakubwira ko bashaka guhuza mubazi yawe na telefoni kugirangi uzajye wishyura make kandi mu buryi bworoshye. Iyo ubumviye, bakubwira imibare ukanda kuri telefoni yawe bikarangira bakwibye amafaranga yawe.

Ubutekamutwe mu bucuruzi bw’amabuye y’agaciro

Ubu bukorwa iyo baguhamagaye bakagusaba gushora amafaranga menshi mu mabuye y’agaciro bakwereka ko bafite impagararizi (sample) nzima ariko mu bubiko bwabo baba bashyizemo amabuye atari ayagaciro. Bakubwira ko bafite zahabu na coltan nyinshi cyane ku giciro gito ugereranije no ku isoko. Bakoresha impapuro mpimbano zigizwe n’impushya (export licence na RMB permit) babeshya ko isoko riri hanze (Dubai, Ubushinwa, n’Uburayi) bakagusaba amafaranga yo kubyohereza.

Aba batekamutwe bakunze kugaragaza ko bafite imikoranire mu nzego za Leta kugira ngo ubagirire icyizere.

Ubutekamutwe bw’abihisha inyuma y’ubuvuzi bwa gakondo

Ni ubutekamutwe bwihisha inyuma y’ubuvuzi bwa gakondo, bukifashisha imyemerere y’umuntu aho agendera kukizere cy’undi umwizeza ko avura indwara nka kanseri, SIDA, diabète, ubugumba, indwara zo mu mutwe n’izindi. Aha banakwizeza ko baguha ubukire, kugundisha umukoresha wawe, kugaruza ibyatakaye, n’ibindi byifuzo by’ubuzima ufite.

Usanga ahanini aba batekamutwe basaba amafaranga menshi mbere y’uko baguha iyo miti cyangwa bagukorera ibyo wifuza, aho birangira utabonye ibisubizo ku bibazo washakaga ko bikemuka.

RIB irakomeza gukangurira abantu kugira amakenga, kugisha inama mbere yo kugira amafaranga batanga, inaburira abishora mu gukora ibi byaha kubireka ahubwo bagashyira imbaraga mu gushaka imibereho mu buryo bukurikije amatageko.

Ivomo: RIB-Urubuga


INKURU ZA :
Tanga Igitekerezo
Ibitekerezo
IZINDI NKURU WASOMA
Yolande Makolo: Amafaranga u Rwanda rukoresha muri Cabo Delgado arenga inshuro 10 atangwa na EU

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko inkunga ya miliyoni 20 z’Amayero yagenewe Ingabo z’u Rwanda binyuze mu kigega cy’u Burayi gishinzwe gushyigikira ibikorwa by’amahoro, European Peace Facility, yose yamaze gukoreshwa, kandi ko ikiguzi ubu butumwa butwara Guverinoma y’u Rwanda gikubye inshuro nibura 10 ayo mafaranga.

Makolo yavuze ko usibye amafaranga menshi u Rwanda rushora mu butumwa bwo kurwanya ibyihebe muri Cabo Delgado, hiyongeraho n’ukwitanga kudasanzwe kw’abasirikare bahasiga ubuzima.

Yabitangaje ubwo yasubizaga inkuru yatambukijwe na Bloomberg, igaragaza ko amasezerano y’inkunga y’amafaranga itangwa n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi igenerwa Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique azarangirana na Gicurasi 2026.

Iyi nkunga ya miliyoni 20 z’amayero yemejwe n’Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga b’ibihugu bigize EU ubwo bahuriraga mu nama i Bruxelles mu Bubiligi kuri uyu wa 18 Ugushyingo 2024.

Yaje ikurikiye indi ya miliyoni 20 z’Amayero yemerewe Ingabo z’u Rwanda mu Ukuboza 2022, nyuma y’umwaka n’amezi atanu zitangiye ubu butumwa bw’amahoro.

Ihagarikwa ry’aya masezerano rije nyuma y’itangazo ry’ibihano Amerika yafatiye RDF ryashyizwe hanze ku wa 2 Werurwe 2026 rishinja u Rwanda ubufatanye n’umutwe wa M23, ibintu rwamaganye kuva kera.

Umuvugizi w’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi yavuze ko “Gahunda z’ubufasha zashyizweho mu 2022 na 2024 zizarangira muri Gicurasi 2026. Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi buzi iby’ibihano Amerika iherutse gutangaza ku ngabo z’u Rwanda n’abayobozi bazo bakuru bane. Turimo gusuzuma icyo bivuze n’ingaruka z’ingamba za Amerika.”

Bloomberg yatangaje ko nta gahunda ihari yo gukomeza gutanga iyi nkunga.

Yolande Makolo yavuze ko kuba u Rwanda rwakomeza kohereza Ingabo zarwo mu bikorwa byo kurwanya iterabwoba muri Mozambique, mu gihe byaba bikenewe koko, bizaterwa n’inkunga ihagije kandi ibiteganyirijwe.

Ati “Ingabo z’u Rwanda zagiye muri Cabo Delgado mu 2021 zibisabwe na leta ya Mozambique, kugira ngo zifashe igihugu cy’ikivandimwe, amafaranga ntabwo yari yo ya mbere.”

“Umusaruro w’iki gikorwa uragaragara, abasivili basubiye mu ngo zabo, abana basubiye ku ishuri, ubucuruzi bwongeye gufungura, ishoramari rikomeye ry’abanyamahanga ryakomeje gukorwa.”

Yolande yagaragaje ko akazi kakozwe na RDF mu guhashya ibyihebe muri Cabo Delgado kagiriye umumaro abaturage b’iki gihugu, ndetse na kompanyi zahashoye imari mu bijyanye na gaz [LNG], agaragaza ko “gushyikikira igikorwa nk’iki atari ubuntu bwaba buri kugirirwa u Rwanda.”

Cabo Delgado ni intara ikungahaye cyane kuri gaz nyinshi. Total Energies SE ni yo iyoboye umushinga wo gucukura no kohereza mu mahanga gaze, ufite agaciro ka miliyari 20 z’Amadolari ya Amerika.

Uyu ni wo mushinga banki yo muri Amerika ya Export-Import Bank yashoyemo miliyari 4,7$.

Umushakashatsi Mukuru mu Kigo Foundation for Defense of Democracies giherereye i Washington, Daniel Swift, yavuze ko Amerika ishobora kuba idashaka ko ibihano byayo kuri RDF bibangamira cyane ibikorwa byayo muri Mozambique.

Ati “Nta muntu n’umwe wifuza ko ibikorwa byabo muri kariya gace gakungahaye kuri gaz karimo imwe mu mishinga ikomeye y’ishoramari rya Amerika, bigerwaho n’ingaruka mbi. LNG ifite abantu benshi bayihanze amaso ubu.”

Mu butumwa bwe, Yolande yasoje avuga ko “Mu gihe ubuyobozi bwa RDF bwabona ko imirimo ikorwa n’inzego z’umutekano z’u Rwanda i Cabo Delgado idashimwa, byaba bikwiriye gusaba leta guhagarika aya masezerano y’impande zombi yo kurwanya iterabwoba, Ingabo zikava yo.”

Bobi Wine yavuye mu bwihisho akomereza mu mahanga

Umunyapolitiki Robert Kyagulanyi Ssentamu utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, yatangaje ko yavuye mu bwihisho yari amazemo hafi amezi abiri, akomereza mu mahanga mu ruzinduko ahamya ko ari urw’akazi.

Kyagulanyi wamamaye mu muziki nka Bobi Wine yatangiye kwihisha tariki ya 15 Mutarama 2026, ubwo amatora y’Umukuru w’Igihugu n’Abadepite yari arangiye.

Asobanura ko Leta ya Uganda imaze igihe kinini imuhiga kugira ngo imugirire nabi kubera ko yanze kwemera intsinzi ya Perezida Yoweri Kaguta Museveni, ariko ko itamubonye kubera ko abaturage bamuhishe.

Ati "Bateye ingo za bagenzi banjye n’abayobozi, bashyiraho bariyeri n’aho gusakira imodoka, bafunga banirukana abapolisi nahawe mu bihe byo kwiyamamaza, batera urugo rwacu, bakomeza kurucunga. Ntibambonye kubera ko abaturage ba Uganda barancumbikiye, barandinda."

Bobi Wine yatangaje ko yavuye muri Uganda by’akanya gato kugira ngo hagire ibyo akemure bijyanye n’akazi, aho ateganya kuganira n’inshuti n’abafatanyabikorwa hirya no hino ku Isi mbere yo gusubira mu gihugu cyabo.

Ati "Uyu munsi ndabamenyesha ko ngiye gusohoka igihugu by’igihe gito kugira ngo ngire iby’ingenzi nkemura bijyanye n’akazi. Mu byumweru bike biri imbere nzaganira n’inshuti zacu n’abafatanyabikorwa hirya no hino ku Isi mbere yo kugaruka muri Uganda kugira ngo mpirimbanire ubwisanzure na demokarasi!”

Komisiyo y’amatora muri Uganda yemeje ko Bobi Wine yagize amajwi 24,72%, akurikira Museveni watsinze ku majwi 71,65%. Ishyaka NUP ry’uyu munyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi ryanze ibyavuye mu matora.

Ubufaransa bwatangije iperereza ku gitero cyagabwe i Goma kikica umufaransakazi

Ishami rishinzwe gukurikirana ibyaha by’iterabwoba mu Bushinjacyaha bw’u Bufaransa (PNAT), ryatangije iperereza ku byaha by’intambara byakorewe mu gitero giherutse kugabwa i Goma mu Burasirazuba wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), kigahitana Umufaransakazi witwa Karine Buisse.

Karine Buisset yakoreraga Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Bana (UNICEF) i Goma ari umusesenguzi wa gahunda zo kurengera abana bakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina.

Icyo gitero cya drones cyabaye ku wa 11 Werurwe 2026, umutwe wa AFC/M23 urwanya ubutegesti bwa RDC wagaragaje ko cyagabwe n’Ingabo za Leta (FARDC) kigamije kwica abayobozi bakuru bawo.

Uwo mufaransakazi ari mu bahitanywe na cyo nyuma y’uko inzu we n’abandi bakozi bari batuyemo mu gace ka Himbi irashweho.

Umuyobozi Mukuru wa UNICEF, Catherine Russell yavuze ko babajwe cyane n’ibibazo by’umutekano muke byibasira abasivile by’umwihariko urupfu rw’uwo mufaransakazi.

Ikinyamakuru Actualité cyanditse ko iryo perereza ry’u Bufaransa rigamije kumenya ukuri ku rupfu rwa Karine Buisse binyuze mu kugaragaza mu by’ukuri abagabye icyo gitero.

Ni nyuma y’uko Leta ya RDC yari yirinze guhakana cyangwa kwemeza ko ingabo zayo ari zo zagabye icyo gitero, ivuga ko na yo igiye gukora iperereza ngo hamenyekane ukuri k’uko ibintu byagenze, ariko mu buryo busa n’ubutangaje itangira kucyegeka kuri AFC/M23.

Icyo gitero cyamaganywe n’ibihugu bitandukanye ndetse n’imiryango mpuzamahanga ariko igitangaje ni uko nta watinyukaga kwamagana abakigabye mu by’ukuri.

Ni ibintu Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Nduhungirehe Olivier yagarutseho, avuga ko ibihugu byinshi byiganjemo iby’i Burayi n’imiryango mpuzamahanga byagaragaje ko bibabajwe n’urupfu rw’Umufaransakazi Karine Buisset ariko ntibikomoze ku bakigabye.

Yavuze ko umuryango mpuzamahanga utajya utunga urutoki Leta ya RDC iyo ikora ubugizi bwa nabi, kuko igihe cyose ingabo zayo zagabye ibitero bya drones ku Banyamulenge muri Komine ya Minembwe n’abandi basivile, wahisemo guceceka.

Ati “Birababaje kubona ko mu Isi ya none, bitakiri ihame ry’Umuryango w’Abibumbye cyangwa itegeko mpuzamahanga byatakaje agaciro, ahubwo n’ubuzima bw’abantu bugatakaza mu gihe inyungu zikomeye z’abanyembaraga zabangamirwa.”

Leta ya RDC yakajije ibitero bya drones ku birindiro bya AFC/M23 kuva umwaka wa 2026 watangira. Tariki ya 24 Gashyantare, yiciye Umuvugizi wayo ku rwego rwa gisirikare, Lt Col Willy Ngoma n’abandi barwanyi barimo abamurindaga.