AMAKURU

UKWEZI

Louise Mushikiwabo uhanganye n’umunye-congo ashobora guca agahigo ko kuyobora OIF manda eshatu zikurikiranya

Louise Mushikiwabo uhanganye n'umunye-congo ashobora guca agahigo ko kuyobora OIF manda eshatu zikurikiranya
11-02-2026 11:17 | By Admin | Yasomwe n'abantu 2

Umunyarwandakazi Louise Mushikiwabo ashobora guca agahigo k’Umunya-Sénégal Abdou Diouf ko kuyobora Umuryango w’ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF) manda eshatu, nyuma y’aho muri Mutarama 2026 Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko izongera gutanga kandidatire ye.

Icyizere cy’intsinzi kuri Mushikiwabo gishingira ku kuba ibihugu byinshi byo muri OIF byarashimye umusaruro w’ibikorwa bye kuva yatangira kuba Umunyamabanga Mukuru w’uyu muryango mu 2018, bikanamwisabira kongera guhatanira uyu mwanya mu Ugushyingo 2025.

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ntiyicaye. Yemeje ko izatanga umukandida uzahatana na Mushikiwabo, ubu iri gushaka ibihugu by’inshuti byazamushyigikira. Nyuma y’ibi, byose bizasobanukira mu nama y’abakuru b’ibihugu na za guverinoma ya OIF izabera mu Mujyi wa Phnom Penh muri Cambodge mu Ugushyingo 2026.

Mu gihe habura amezi icyenda ngo habeho amatora y’Umunyamabanga Mukuru wa OIF, Jeune Afrique yaganiriye na Mushikiwabo kuri byinshi birimo icyemezo cyo guhatanira manda ya gatatu, ibikorwa bye muri uyu muryango na gahunda yawo yagutse.

Jeune Afrique: Kubera iki ushaka guhatanira manda ya gatatu?

Louise Mushikiwabo: Ni ukubera ko mbishaka kandi nkunda ibyo nkora. Ntekereza ko ngifite umusanzu mwinshi wo gutanga. Manda yanjye yari iy’impinduka n’imiyoborere y’imbere mu muryango, gusa yakomwe mu nkokora n’icyorezo cya Covid-19, ariko byadufashije gushyira ku murongo umuryango. Iya kabiri yibandaga ku ngaruka z’impinduka mu bijyanye no kwegereza inzego abaturage no gusuzuma ibikorwa bya OIF. Kuki ntashaka manda ya gatatu kugira ngo nagure ibikorwa n’imishinga bindi ku mutima?

Ibindi bihugu byashyigikiye icyifuzo cyawe cyo kuguma ku buyobozi?

Namaze igihe kirekire nshidikanya ariko uko ibihe byahaga ibindi ni ko nagize icyifuzo cyo gukomeza ubutumwa bwo kuyobora OIF. Ukunshyigikira kwagaragajwe n’abakuru b’ibihugu byinshi mu nama yo ku rwego rw’abaminisitiri yabereye i Kigali mu Ugushyingo 2025 kwanyemeje ko atari igitekerezo kibi. Ni uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kongera gutanga kandidatire yanjye.

Ibihugu byo mu Burengerazuba nk’u Bufaransa na Canada bibibona bite?

Mpisemo kutavuga amazina y’ibihugu ariko ibyinshi muri OIF biranshyigikiye, byaba ibikize n’ibiri mu nzira y’amajyambere. Birumvikana ko byakwisubiraho ariko icy’ingenzi cyane ku muryango wacu ni uko ku nshuro ya mbere mu mateka ya OIF, hazabaho ihatana rya nyaryo, rishingiye ku bumenyi bwa buri mukandida no ku bisabwa bisobanutse neza.

Mufite ubwoba ko bimwe mu bihugu nka RDC n’u Burundi bizarwanya kandidatire yanyu?

Buri matora agira abayarwanya, ndetse hari abayakoresha nk’amahirwe yo kugera ku nyungu zabo za politike. Birumvikana iyi kandidatire ntivugwaho rumwe muri RDC, kandi ibyo ntibyatunguranye. Uku kuyirwanya nari nakubonye, ariko ni bimwe mu bigize umukino.

Mu 2022, watowe ku majwi yose. Kuri iyi nshuro ntibizagorana?

Nta binteye ubwoba.

Amakuru dufite ni uko Kinshasa iri kwitegura gutanga umukandida wayo…

Ni byiza. Ibihugu bizabasha kwihitiramo. Mubireke bizatore! Mu by’ukuri ntekereza ko guhatana ari byiza kuri OIF, bizana impinduka mu muryango wacu, ni byiza. Njye nta gihunga mfite kuri iyi kandidatire ndetse n’aya matora.

Wasobanura ute umubano wawe na Leta ya RDC?

Si ibanga. Kuba Umunyarwandakazi ayoboye umuryango nka OIF ntibishimisha Leta ya RDC. Birababaje. Félix Tshisekedi ni umwe mu bakuru b’ibihugu ba mbere nasuye ubwo nageraga muri OIF. Nyuma twahuriye kenshi i Paris, Addis Abeba, Washington…none ntagishaka ko duhura.

None ntukijya i Kinshasa, nubwo ari umurwa ukoresha cyane Igifaransa…

Kubera ko Kinshasa itantumira. Abanye-Congo baramutse bantumiye, najyayo. Nzi uburyo RDC ari ingenzi ku muryango wacu. Mu by’ukuri ni kimwe mu bihugu bya mbere bigenerwa ibikorwa bya OIF, mu bijyanye n’ingengo y’imari ku burezi, umuco, amahoro no guteza imbere abagore.

Mu ntangiriro za 2020, umuryango Fondation Panzi wa Denis Mukwege washyizwe mu mushinga ‘La Francophonie avec Elles’. Mfata RDC nk’umunyamuryango w’ingenzi ukwiye umwanya we wose mu muryango. Rero niba ibihugu bizana ku rwego mpuzamahanga ibibazo bifitanye, ntaho twagera.

Mu 2025 habaye amatora menshi nk’ayo muri Caméroun. Uhagaze hehe kuri aya matora?

Haba muri Caméroun n’ahandi, ibikorwa byacu bya politiki, aho dusabwe kubikora, ni ugushyigikira amatora. Ntidukwiye kumva ko imiryango mpuzamahanga yakemura ibibazo bya politiki biri muri buri gihugu. Ibikorwa byacu ntibibamo kwivanga cyangwa gushyigikira uruhande ruhanganye n’urundi.

Ariko hari ubwo musohora amatangazo yamagana coups d’état…

Cyane rwose ariko iteka biba byubahiriza amahame n’amasezerano agenga umuryango wacu. Ibi byose bimaze imyaka myinshi bisuzumwa, kubera ubwiyongere bwa coups d’état, twari dukeneye gusuzuma ibiri kuba bifite aho bihurira n’amahame tugenderaho, kugira ngo turebe urwego twafashamo ibi bihugu gusubira mu murongo mwiza. Ni ko byagenze muri Gabon na Guinée byasabye ubwo bufasha.

Umubano n’ibihugu byo mu ihuriro rya Sahel (AES) uracyahagaze nabi?

Ibi bihugu bitatu byavuye muri OIF kandi kuva mu ntangiriro, navuze ko bigifunguriwe imiryango y’uyu muryango. Nizeye ko iki kibazo kitazagumaho, ariko buri gihugu cyemerewe kwinjira no kuba umunyamuryango. Ayo ni amahitamo ashingiye ku bwigenge.

Ese hari ibiganiro biri kuba?

Ubu ntabyo. Tugomba kureka ibihugu bikifatira icyemezo. Ubwo tuzumva ko igihe gikwiye, tuzagerageza kongera kubijyamo. Ni ikibazo kimbabaza. Ndagira ngo mbibutse ko Niger iri mu banyamuryango bashinze uyu muryango, kandi ko amahame y’ingenzi ya politiki yacu yemerejwe i Bamako muri Mali.

Kuva waza mu 2018, washatse kongerera imbaraga uruhare wa OIF mu rwego rwa dipolomasi no gushaka uko yagira agaciro kurushaho. Ibyo wabisobanura ute?

OIF yakora ibirenze ibyo ikora uyu munsi. Nshingiye ku byo nabonye kuri uyu muryango muri manda ebyiri, navuga ko mu rwego rwa politiki, inyongeraciro yacu ishingiye kuri dipolomasi yo kwizerana. Itabanje gusakuza, OIF yakirwa neza n’ibihugu binyamuryango n’indi miryango nka yo. Ntidufite gahunda iremereye nk’indi miryango. Ntidutanga amasomo, ibidasanzwe muri iki gihe. Ubushobozi bwa OIF bwo guteza imbere ibikorwa runaka bugomba gukoreshwa cyane, bukabyazwa umusaruro kurushaho.

Iki ni ikijyanye n’urwego rw’ubukungu, cyari kimwe mu byo mwashyize imbere?

Gahunda y’ubukungu ya Francophonie irahari kandi irakenewe cyane. Abakora mu nzego z’ubukungu bose, cyane cyane ibigo bito n’iby’imari iciriritse, bumva batekanye kubera ubufasha bwacu. Gahunda y’ibikorwa byacu by’ubukungu n’ubucuruzi igenda neza cyane, kandi Djibouti izakira inama y’ubukungu mu mpera z’uyu mwaka. Izi si ingendo z’ubucuruzi ziri aho gusa. Intego yazo ni ugusinya amasezerano nk’uko byagenze mbere. Iryo ni ryo hame tugenderaho.

Muri iyi manda ya kabiri, washyize mu bikorwa amavugurura washakaga kugira ngo ukomeze ubwigenge bwa OIF mu by’imari?

Imwe mu ntambwe zikomeye umuryango wacu wateye ni ukongera umusanzu w’ibihugu, kuko wari umaze imyaka 13 udahinduka. Bimwe nka Vietnam, Misiri, u Rwanda cyangwa Djibouti byakubye inshuro zirenga ebyiri umusanzu wabyo. Ndagira ngo nshimangire ko byabikoze ku bushake. Ku bwanjye, ni ikimenyetso cyo guha agaciro OIF n’umumaro ifite. Iteka hari abadakora neza, ariko icyo nzi ni uko uyu munsi ibirarane ari bike ugereranyije n’uko byari bimeze ubwo nazaga.

Twanashoboye kongera ingengo y’imari igenerwa ibikorwa, nubwo idahagije ku buryo yakwifashishwa mu bikorwa byose nifuza. Mu nama yo ku rwego rw’abaminisitiri yabereye i Kigali, nahawe uburenganzira bwo gushaka amafaranga hanze y’umuryango. Ibi ntibyari bisanzwe muri OIF.

Azava mu rwego rw’abikorera?

Yego, mu bigo binini no muri banki z’iterambere. Hagati muri Werurwe, tuzagirana na BAD amasezerano yo gutera inkunga gahunda zo gutanga amahugurwa y’ikoranabuhanga. Gahunda yacu ya D-Clic izava ku rubyiruko 20.000, rugere ku 100.000. Ntibyari gushoboka ku ngengo y’imari yacu.

Gukorana n’ibigo by’abikorera bikomeye nka TotalEnergies, ntibizatuma OIF igenzurwa cyane?

Uko imiryango ikorana n’ibigo by’abikorera, haba hagomba gushyirwaho umurongo ntarengwa. Twakiriye inkunga ya Total kuri gahunda zacu zo gushyigikira abagore hadashyizweho amabwiriza. Birumvikana tugomba kwitonda, tukareba ko hatabamo amakimbirane ashingiye ku nyungu. Ariko ku bwanjye, ni intambwe ikomeye kuri OIF, idakwiye kwishingikiriza gusa ingengo y’imari itangwa n’ibihugu.

Ese OIF iracyakurura abantu mu gihe iri kugana ku gutakaza bimwe mu biyiranga?

Ikibazo cyo kujya mu yindi miryango mu gihe ukiri muri Francophonie biragoye kugikemura. Mu myaka myinshi, OIF yaragutse binyuze mu mahuriro ya politiki ari hagati y’ibihugu binyamuryango n’ibisaba kuba ibinyamuryango. Simbirwanya ariko ibishingirwaho mu kubyemeza birimo ururimi, bikwiye gusuzumwa. Ni yo mpamvu nasabye ko bihagarara ubwo nazaga.

Ni izihe mpinduka zabaye mu mubano wanyu na Canada nyuma y’aho Mark Carney abaye Minisitiri w’Intebe?

Nyuma y’ibihe byari bigoye, ubu byararangiye. Minisitiri w’Intebe mushya wa Canada yasabye ku mugaragaro ko inama y’ubutaha yazabera mu gihugu cye. Tuzageza ubu busabe ku banyamuryango ariko ntekereza ko nyuma y’ibyiciro bitandukanye byabereye muri Afurika, i Burayi na Aziya, byaba ari byiza ko OIF yajya muri Amerika y’Amajyaruguru.


INKURU ZA :
Tanga Igitekerezo
Ibitekerezo
IZINDI NKURU WASOMA
Yolande Makolo: Amafaranga u Rwanda rukoresha muri Cabo Delgado arenga inshuro 10 atangwa na EU

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko inkunga ya miliyoni 20 z’Amayero yagenewe Ingabo z’u Rwanda binyuze mu kigega cy’u Burayi gishinzwe gushyigikira ibikorwa by’amahoro, European Peace Facility, yose yamaze gukoreshwa, kandi ko ikiguzi ubu butumwa butwara Guverinoma y’u Rwanda gikubye inshuro nibura 10 ayo mafaranga.

Makolo yavuze ko usibye amafaranga menshi u Rwanda rushora mu butumwa bwo kurwanya ibyihebe muri Cabo Delgado, hiyongeraho n’ukwitanga kudasanzwe kw’abasirikare bahasiga ubuzima.

Yabitangaje ubwo yasubizaga inkuru yatambukijwe na Bloomberg, igaragaza ko amasezerano y’inkunga y’amafaranga itangwa n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi igenerwa Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique azarangirana na Gicurasi 2026.

Iyi nkunga ya miliyoni 20 z’amayero yemejwe n’Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga b’ibihugu bigize EU ubwo bahuriraga mu nama i Bruxelles mu Bubiligi kuri uyu wa 18 Ugushyingo 2024.

Yaje ikurikiye indi ya miliyoni 20 z’Amayero yemerewe Ingabo z’u Rwanda mu Ukuboza 2022, nyuma y’umwaka n’amezi atanu zitangiye ubu butumwa bw’amahoro.

Ihagarikwa ry’aya masezerano rije nyuma y’itangazo ry’ibihano Amerika yafatiye RDF ryashyizwe hanze ku wa 2 Werurwe 2026 rishinja u Rwanda ubufatanye n’umutwe wa M23, ibintu rwamaganye kuva kera.

Umuvugizi w’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi yavuze ko “Gahunda z’ubufasha zashyizweho mu 2022 na 2024 zizarangira muri Gicurasi 2026. Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi buzi iby’ibihano Amerika iherutse gutangaza ku ngabo z’u Rwanda n’abayobozi bazo bakuru bane. Turimo gusuzuma icyo bivuze n’ingaruka z’ingamba za Amerika.”

Bloomberg yatangaje ko nta gahunda ihari yo gukomeza gutanga iyi nkunga.

Yolande Makolo yavuze ko kuba u Rwanda rwakomeza kohereza Ingabo zarwo mu bikorwa byo kurwanya iterabwoba muri Mozambique, mu gihe byaba bikenewe koko, bizaterwa n’inkunga ihagije kandi ibiteganyirijwe.

Ati “Ingabo z’u Rwanda zagiye muri Cabo Delgado mu 2021 zibisabwe na leta ya Mozambique, kugira ngo zifashe igihugu cy’ikivandimwe, amafaranga ntabwo yari yo ya mbere.”

“Umusaruro w’iki gikorwa uragaragara, abasivili basubiye mu ngo zabo, abana basubiye ku ishuri, ubucuruzi bwongeye gufungura, ishoramari rikomeye ry’abanyamahanga ryakomeje gukorwa.”

Yolande yagaragaje ko akazi kakozwe na RDF mu guhashya ibyihebe muri Cabo Delgado kagiriye umumaro abaturage b’iki gihugu, ndetse na kompanyi zahashoye imari mu bijyanye na gaz [LNG], agaragaza ko “gushyikikira igikorwa nk’iki atari ubuntu bwaba buri kugirirwa u Rwanda.”

Cabo Delgado ni intara ikungahaye cyane kuri gaz nyinshi. Total Energies SE ni yo iyoboye umushinga wo gucukura no kohereza mu mahanga gaze, ufite agaciro ka miliyari 20 z’Amadolari ya Amerika.

Uyu ni wo mushinga banki yo muri Amerika ya Export-Import Bank yashoyemo miliyari 4,7$.

Umushakashatsi Mukuru mu Kigo Foundation for Defense of Democracies giherereye i Washington, Daniel Swift, yavuze ko Amerika ishobora kuba idashaka ko ibihano byayo kuri RDF bibangamira cyane ibikorwa byayo muri Mozambique.

Ati “Nta muntu n’umwe wifuza ko ibikorwa byabo muri kariya gace gakungahaye kuri gaz karimo imwe mu mishinga ikomeye y’ishoramari rya Amerika, bigerwaho n’ingaruka mbi. LNG ifite abantu benshi bayihanze amaso ubu.”

Mu butumwa bwe, Yolande yasoje avuga ko “Mu gihe ubuyobozi bwa RDF bwabona ko imirimo ikorwa n’inzego z’umutekano z’u Rwanda i Cabo Delgado idashimwa, byaba bikwiriye gusaba leta guhagarika aya masezerano y’impande zombi yo kurwanya iterabwoba, Ingabo zikava yo.”

Bobi Wine yavuye mu bwihisho akomereza mu mahanga

Umunyapolitiki Robert Kyagulanyi Ssentamu utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, yatangaje ko yavuye mu bwihisho yari amazemo hafi amezi abiri, akomereza mu mahanga mu ruzinduko ahamya ko ari urw’akazi.

Kyagulanyi wamamaye mu muziki nka Bobi Wine yatangiye kwihisha tariki ya 15 Mutarama 2026, ubwo amatora y’Umukuru w’Igihugu n’Abadepite yari arangiye.

Asobanura ko Leta ya Uganda imaze igihe kinini imuhiga kugira ngo imugirire nabi kubera ko yanze kwemera intsinzi ya Perezida Yoweri Kaguta Museveni, ariko ko itamubonye kubera ko abaturage bamuhishe.

Ati "Bateye ingo za bagenzi banjye n’abayobozi, bashyiraho bariyeri n’aho gusakira imodoka, bafunga banirukana abapolisi nahawe mu bihe byo kwiyamamaza, batera urugo rwacu, bakomeza kurucunga. Ntibambonye kubera ko abaturage ba Uganda barancumbikiye, barandinda."

Bobi Wine yatangaje ko yavuye muri Uganda by’akanya gato kugira ngo hagire ibyo akemure bijyanye n’akazi, aho ateganya kuganira n’inshuti n’abafatanyabikorwa hirya no hino ku Isi mbere yo gusubira mu gihugu cyabo.

Ati "Uyu munsi ndabamenyesha ko ngiye gusohoka igihugu by’igihe gito kugira ngo ngire iby’ingenzi nkemura bijyanye n’akazi. Mu byumweru bike biri imbere nzaganira n’inshuti zacu n’abafatanyabikorwa hirya no hino ku Isi mbere yo kugaruka muri Uganda kugira ngo mpirimbanire ubwisanzure na demokarasi!”

Komisiyo y’amatora muri Uganda yemeje ko Bobi Wine yagize amajwi 24,72%, akurikira Museveni watsinze ku majwi 71,65%. Ishyaka NUP ry’uyu munyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi ryanze ibyavuye mu matora.

Ubufaransa bwatangije iperereza ku gitero cyagabwe i Goma kikica umufaransakazi

Ishami rishinzwe gukurikirana ibyaha by’iterabwoba mu Bushinjacyaha bw’u Bufaransa (PNAT), ryatangije iperereza ku byaha by’intambara byakorewe mu gitero giherutse kugabwa i Goma mu Burasirazuba wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), kigahitana Umufaransakazi witwa Karine Buisse.

Karine Buisset yakoreraga Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Bana (UNICEF) i Goma ari umusesenguzi wa gahunda zo kurengera abana bakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina.

Icyo gitero cya drones cyabaye ku wa 11 Werurwe 2026, umutwe wa AFC/M23 urwanya ubutegesti bwa RDC wagaragaje ko cyagabwe n’Ingabo za Leta (FARDC) kigamije kwica abayobozi bakuru bawo.

Uwo mufaransakazi ari mu bahitanywe na cyo nyuma y’uko inzu we n’abandi bakozi bari batuyemo mu gace ka Himbi irashweho.

Umuyobozi Mukuru wa UNICEF, Catherine Russell yavuze ko babajwe cyane n’ibibazo by’umutekano muke byibasira abasivile by’umwihariko urupfu rw’uwo mufaransakazi.

Ikinyamakuru Actualité cyanditse ko iryo perereza ry’u Bufaransa rigamije kumenya ukuri ku rupfu rwa Karine Buisse binyuze mu kugaragaza mu by’ukuri abagabye icyo gitero.

Ni nyuma y’uko Leta ya RDC yari yirinze guhakana cyangwa kwemeza ko ingabo zayo ari zo zagabye icyo gitero, ivuga ko na yo igiye gukora iperereza ngo hamenyekane ukuri k’uko ibintu byagenze, ariko mu buryo busa n’ubutangaje itangira kucyegeka kuri AFC/M23.

Icyo gitero cyamaganywe n’ibihugu bitandukanye ndetse n’imiryango mpuzamahanga ariko igitangaje ni uko nta watinyukaga kwamagana abakigabye mu by’ukuri.

Ni ibintu Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Nduhungirehe Olivier yagarutseho, avuga ko ibihugu byinshi byiganjemo iby’i Burayi n’imiryango mpuzamahanga byagaragaje ko bibabajwe n’urupfu rw’Umufaransakazi Karine Buisset ariko ntibikomoze ku bakigabye.

Yavuze ko umuryango mpuzamahanga utajya utunga urutoki Leta ya RDC iyo ikora ubugizi bwa nabi, kuko igihe cyose ingabo zayo zagabye ibitero bya drones ku Banyamulenge muri Komine ya Minembwe n’abandi basivile, wahisemo guceceka.

Ati “Birababaje kubona ko mu Isi ya none, bitakiri ihame ry’Umuryango w’Abibumbye cyangwa itegeko mpuzamahanga byatakaje agaciro, ahubwo n’ubuzima bw’abantu bugatakaza mu gihe inyungu zikomeye z’abanyembaraga zabangamirwa.”

Leta ya RDC yakajije ibitero bya drones ku birindiro bya AFC/M23 kuva umwaka wa 2026 watangira. Tariki ya 24 Gashyantare, yiciye Umuvugizi wayo ku rwego rwa gisirikare, Lt Col Willy Ngoma n’abandi barwanyi barimo abamurindaga.