AMAKURU

UKWEZI

Impaka mu rubanza rwa Ingabire Victoire usaba ko ingingo y’itegeko yatumye afungwa ikurwaho

Impaka mu rubanza rwa Ingabire Victoire usaba ko ingingo y'itegeko yatumye afungwa ikurwaho
04-03-2026 22:22 | By Admin | Yasomwe n'abantu 1

Urukiko rw’Ikirenga rwatangiye kuburanisha mu mizi, urubanza rwa Ingabire Victoire Umuhoza agaragaza ko ingingo ya 106 y’itegeko rigenga imiburanishirize y’imanza nshinjabyaha inyuranye n’ibiteganywa na zimwe mu ngingo z’Itegeko Nshinga. Urubanza rwaranzwe n’impaka nyinshi hagati ya Ingabire Victoire n’Intumwa ya Leta yatumijwe ngo itange ibitekerezo kuri iyo ngingo yarezwe.

Iyo ngingo ya 106 y’itegeko rigenga imiburanishirize y’imanza nshinjabyaha ni yo yashingiweho n’Urukiko Rukuru ruhamagaza Ingabire Victoire ndetse bimuviramo gufungwa iminsi 30 y’agateganyo.

Ingingo 106 igaragaza ko iyo urukiko rusanze hari impamvu zatuma hakekwa abandi bantu kuba barabaye abafatanyacyaha cyangwa se ari ibyitso by’ukurikiranyweho icyaha, rubahamagaza kugira ngo bagire ibisobanuro batanga muri urwo rubanza.

Ikomeza yerekana ko iyo urukiko rumaze kubaza abahamagawe mu rubanza, rugasanga nta bimenyetso bituma bakekwaho icyaha, rufata icyemezo cyo gukomeza iburanisha batongeye guhamagarwa.

Iyo rusanze ibisobanuro batanze bidahagije kandi urukiko rugasanga hari ibimenyetso bibashinja icyaha, rutegeka Ubushinjacyaha gukora iperereza buhereye ku byagaragajwe mu iburanisha.

Ingabire Victoire Umuhoza yasobanuye ko kuba urukiko ruhamagaza umuntu nk’icyitso cyangwa umufatanyacyaha byerekana ko wa muntu ataba agifatwa nk’umwere.

Yasobanuye ko kuba umucamanza ashobora gutumiza umuntu, agasesengura imvugo yamubwiye, usanga yinjiye mu zindi nshingano z’Ubugenzacyaha n’Ubushinjacyaha.

Ati “Umucamanza yaguhamagaje nk’icyitso cyangwa umufatanyacyaha, ukisobanura, atanyurwa n’ibisobanuro wamuhaye, akajya gusuzuma neza ibyo wamuhaye bivuze ko aho ari gukora igikorwa cy’ubugenzacyaha, yategetse ko ukorwaho iperereza, hanyuma akaba ari na we uzagucira urubanza ese uwo muntu azaguha ubutabera buboneye?”

Me Bikotwa Bruce uri mu bunganira Ingabire, yavuze ko icyo cyemezo cyica ihame ry’uko umuntu ahabwa ubutabera buboneye, kuko usanga umuntu yamaze gucirwa urubanza ataranisobanura.

Yasobanuye ko ingingo ya 106 y’itegeko ry’imiburanishirize y’imanza nshinjabyaha, inyuranyije n’Itegeko Nshinga.

Me Gashema Félicien yasobanuye ko iyo ngingo iteza urujijo bityo ikwiye gukurwaho kuko abantu bose bafatwa kimwe imbere y’amategeko bijyanye n’ibiteganywa n’itegeko Nshinga.

Uhagarariye Leta muri uru rubanza, Me Kabibi Speciose, yasobanuye ko iyo ngingo ishimangira ihame ry’ubutabera buboneye ku buryo abantu bose bagize uruhare mu ikorwa ry’icyaha babihanirwa.

Yibukije ko mu manza nshinjabyaha, umucamanza aba ashobora kwishakira ibimenyetso no mu gihe abagombaga kubimushyikiriza batabitanze ariko ko ategeka Ubushinjacyaha gukora iperereza kuko ari rwo rwego rubifite mu nshingano.

Yashimangiye ko kuba Itegeko rivuga ko Urukiko rutegeka Ubushinjacyaha gukora iperereza, nta kibazo kirimo kuko bufite inshingano yo gushaka ibimenyetso bishinja cyangwa ibishinjura.

Yavuze ko Ubushinjacyaha bugaragaje ibimenyetso bishinjura uwahamagajwe n’Urukiko, atahanwa kandi bigaragara ko nta ruhare yagize mu ikorwa ry’icyaha.


INKURU ZA :
Tanga Igitekerezo
Ibitekerezo
IZINDI NKURU WASOMA
Impaka mu rubanza rwa Ingabire Victoire usaba ko ingingo y'itegeko yatumye afungwa ikurwaho

Urukiko rw’Ikirenga rwatangiye kuburanisha mu mizi, urubanza rwa Ingabire Victoire Umuhoza agaragaza ko ingingo ya 106 y’itegeko rigenga imiburanishirize y’imanza nshinjabyaha inyuranye n’ibiteganywa na zimwe mu ngingo z’Itegeko Nshinga. Urubanza rwaranzwe n’impaka nyinshi hagati ya Ingabire Victoire n’Intumwa ya Leta yatumijwe ngo itange ibitekerezo kuri iyo ngingo yarezwe.

Iyo ngingo ya 106 y’itegeko rigenga imiburanishirize y’imanza nshinjabyaha ni yo yashingiweho n’Urukiko Rukuru ruhamagaza Ingabire Victoire ndetse bimuviramo gufungwa iminsi 30 y’agateganyo.

Ingingo 106 igaragaza ko iyo urukiko rusanze hari impamvu zatuma hakekwa abandi bantu kuba barabaye abafatanyacyaha cyangwa se ari ibyitso by’ukurikiranyweho icyaha, rubahamagaza kugira ngo bagire ibisobanuro batanga muri urwo rubanza.

Ikomeza yerekana ko iyo urukiko rumaze kubaza abahamagawe mu rubanza, rugasanga nta bimenyetso bituma bakekwaho icyaha, rufata icyemezo cyo gukomeza iburanisha batongeye guhamagarwa.

Iyo rusanze ibisobanuro batanze bidahagije kandi urukiko rugasanga hari ibimenyetso bibashinja icyaha, rutegeka Ubushinjacyaha gukora iperereza buhereye ku byagaragajwe mu iburanisha.

Ingabire Victoire Umuhoza yasobanuye ko kuba urukiko ruhamagaza umuntu nk’icyitso cyangwa umufatanyacyaha byerekana ko wa muntu ataba agifatwa nk’umwere.

Yasobanuye ko kuba umucamanza ashobora gutumiza umuntu, agasesengura imvugo yamubwiye, usanga yinjiye mu zindi nshingano z’Ubugenzacyaha n’Ubushinjacyaha.

Ati “Umucamanza yaguhamagaje nk’icyitso cyangwa umufatanyacyaha, ukisobanura, atanyurwa n’ibisobanuro wamuhaye, akajya gusuzuma neza ibyo wamuhaye bivuze ko aho ari gukora igikorwa cy’ubugenzacyaha, yategetse ko ukorwaho iperereza, hanyuma akaba ari na we uzagucira urubanza ese uwo muntu azaguha ubutabera buboneye?”

Me Bikotwa Bruce uri mu bunganira Ingabire, yavuze ko icyo cyemezo cyica ihame ry’uko umuntu ahabwa ubutabera buboneye, kuko usanga umuntu yamaze gucirwa urubanza ataranisobanura.

Yasobanuye ko ingingo ya 106 y’itegeko ry’imiburanishirize y’imanza nshinjabyaha, inyuranyije n’Itegeko Nshinga.

Me Gashema Félicien yasobanuye ko iyo ngingo iteza urujijo bityo ikwiye gukurwaho kuko abantu bose bafatwa kimwe imbere y’amategeko bijyanye n’ibiteganywa n’itegeko Nshinga.

Uhagarariye Leta muri uru rubanza, Me Kabibi Speciose, yasobanuye ko iyo ngingo ishimangira ihame ry’ubutabera buboneye ku buryo abantu bose bagize uruhare mu ikorwa ry’icyaha babihanirwa.

Yibukije ko mu manza nshinjabyaha, umucamanza aba ashobora kwishakira ibimenyetso no mu gihe abagombaga kubimushyikiriza batabitanze ariko ko ategeka Ubushinjacyaha gukora iperereza kuko ari rwo rwego rubifite mu nshingano.

Yashimangiye ko kuba Itegeko rivuga ko Urukiko rutegeka Ubushinjacyaha gukora iperereza, nta kibazo kirimo kuko bufite inshingano yo gushaka ibimenyetso bishinja cyangwa ibishinjura.

Yavuze ko Ubushinjacyaha bugaragaje ibimenyetso bishinjura uwahamagajwe n’Urukiko, atahanwa kandi bigaragara ko nta ruhare yagize mu ikorwa ry’icyaha.

Abanyamerika baguye mu gitero cya Iran muri Koweit

Nyuma y’uko Minisitiri w’Intambara muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Pete Hegseth, agaragaje ko abasirikare batandatu b’iki gihugu biciwe mu birindiro byacyo muri Koweit bitewe n’uko byinjiriwe n’igisasu kimwe, hagaragajwe ko ibi birindiro bidafite uburyo buhagije bwo kwirinda ibitero by’umwanzi.

Bigitangira, Ibiro by’Ingabo za Amerika bibarizwa mu Burasirazuba bwo Hagati, byavuze ko abaguye muri iki gitero cyagabwe na Iran bari batatu, nyuma ku wa 3 Werurwe 2026, Pete Hegseth, yemeza ko umubare wikubye kabiri.

Ubwo yari mu kiganiro n’itangazamakuru, Hegseth yagize ati “Rimwe na rimwe hari uburyo intwaro imwe ishobora kwinjirira ibirindiro. Kuri iki kibazo, yarashwe kuri iki kigo cyari kirinzwe, ariko ibi biba ku ntwaro zikomeye cyane.”

Umwe mu basirikare ba Amerika yabwiye CBS News ko nubwo Hegseth avuga ko hari harinzwe ariko icyo kigo kitarinzwe neza bijyanye n’uko kimeze.

Yavuze ko ari ibikoresho bitatu bijya kumera nk’amakamyo yikorera za kontineri byahujwe bivamo aho gukorera. Bavuze ko ari uburyo Amerika ikunze gukoresha mu bihugu bitandukanye iyo hatari inzu isanzwe.

Amakuru avuga ko uburyo bwonyine bwafatwanga nk’ubwirinzi bw’ibi birindiro ari inkuta za metero nk’eshatu z’ubuhagarike zikoze muri ’béton’.

Ni inkuta zikunze kwifashishwa n’Ingabo za Amerika cyane cyane hirindwa nk’amasasu adakaze ariko hakagaragazwa ko zidafasha mu kurinda ingabo ibitero byo mu kirere.

Bivuga ko ibi birindiro byagabweho ibitero by’indege z’ubwiyahuzi zimwe zigwa ku kintu zigahita zishwanyukana na cyo. Byateje inkongi ndetse hagaragazwa ko kuri ibi birindiro nta buryo bwo gusenya ibisasu byabiraswaho bwari buhari.

Umutangamakuru ati “Nta bushobozi bwo guhangana na drones dufite.”

Abandi bantu bazi iby’iki kibazo babwiye CBS News ko abasirikare ba Amerika batigeze bumva impuruza ziteguza iby’iki gitero, ubu buryo butanga intabaza bwakunze kuvaho mu minsi yabanjirije iki gitero.

Ibyemezo by'inama y'abaminisitiri yo kuwa 4 Werurwe 2026

Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 4 Werurwe 2026 iyobowe na Perezida Kagame yemeje Iteka rya Minisitiri ryemeza ifungurwa ry’agateganyo ku bantu 1874 bakatiwe n’inkiko.

Iyi nama y’Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro, yemeje Iteka rya Perezida rigenga Ikigo gishinzwe Amashuri Makuru, ndetse hashyirwaho abayobozi bashya mu bigo bimwe.

Itangazo ry’ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri

Ku wa Gatatu, tariki ya 4 Werurwe 2026, Inama y’Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Kagame Paul.

– Inama y’Abaminisitiri yemeje imishinga y’amategeko ikurikira:

Umushinga w’itegeko ngenga rigenga amatora.

Umushinga w’itegeko rigenga Komisiyo y’lgihugu y’Uburenganzira bwa Muntu.

Umushinga w’itegeko ryerekeye ubucuruzi bw’umutungo koranabuhanga.

Umushinga w’itegeko ryemera kwemeza burundu ivugururwa ry’Amasezerano y’inguzanyo yo ku wa 10 Ukuboza 2020, hagati ya Repubulika y’u Rwanda n’lkigega Mpuzamahanga kigamije Guteza Imbere Ubuhinzi, yerekeye n’inguzanyo z’inyongera, iya mbere n’iya kabiri, zigenewe gahunda y’ubufatanye bugamije gushyiraho amasoko rusange ahamye y’amatungo magufi, yashyiriweho umukono i Kigali, ku wa 24 Gashyantare 2026.

Umushinga w’itegeko ryemera kwemeza burundu ivugururwa ry’Amasezerano y’inguzanyo yo ku wa 17 Ukuboza 2021, hagati ya Repubulika y’u Rwanda n’lkigega Mpuzamahanga kigamije Guteza Imbere Ubuhinzi, yerekeye n’inguzanyo z’inyongera, iya mbere n’iya kabiri, zigenewe umushinga wo kuhira no gucunga neza ibishanga bya Kayonza-icyiciro cya 2, yashyiriweho umukono i Kigali, ku wa 24 Gashyantare 2026.

– Inama y’Abaminisitiri yemeje Amateka akurikira:

Iteka rya Minisitiri ryemeza ifungurwa ry’agateganyo ku bantu 1874 bakatiwe n’inkiko.

Iteka rya Minisitiri ryerekeye uburyo bw’imicungire y’imari n’umutungo bya Leta.

Iteka rya Perezida rigenga Ikigo gishinzwe Amashuri Makuru.

Iteka rya Minisitiri w’Intebe rigena imbonerahamwe y’imyanya y’imirimo y’lkigo gishinzwe Amashuri Makuru.

Iteka rya Minisitiri w’Intebe rishyiraho sitati yihariye igenga abakozi b’Urwego rushinzwe Ubutasi ku Mari.

Iteka rya Minisitiri ryerekeye umutungo bwite mu by’inganda, ingano y’ingwate itangwa ku ihagarikwa ry’ibicuruzwa bikekwaho kuba ibyiganano, n’amafaranga yishyurwa kuri serivisi zerekeye umutungo bwite mu by’ubwenge.

Iteka rya Minisitiri rigena uburyo bw’ikusanya n’isaranganya ry’ibihembo n’ibindi byavuye mu gukoresha ibikomoka ku bihangano, uburenganzira bw’abahanzi, n’uburenganzira bushamikiyeho.

– Inama y’Abaminisitiri yemeje politiki, ingamba na porogaramu zikurikira:

Politiki yo gukumira no guhana iyezandonke, gutera inkunga iterabwoba no gutera inkunga ikwirakwizwa ry’intwaro za kirimbuzi.

Itangwa ry’impushya zo gucukura amabuye y’agaciro na kariyeri.

Amasezerano hagati ya Guverinoma y’u Rwanda na Planner Corretora de Valores S.A yerekeye itizwa ry’ubutaka bwa Leta kugira ngo bukorerweho ibikorwa byerekeye uruganda rw’inyama z’inka mu rwuri rwa Gako mu Karere ka Bugesera.

Amasezerano hagati ya Guverinoma y’u Rwanda na Bauhaus International Rwanda Ltd yerekeye guteza imbere imiturire.

Ikodeshwa ry’ubutaka bwa Leta, buri mu mutungo bwite, kugira ngo bukorerweho ibikorwa by’ishoramari na Kivu Waterfront Limited.

– Inama y’Abaminisitiri yemeje abasabiwe guhagararira ibihugu byabo mu Rwanda bakurikira:

Bwana Henrik Nilsson, Ambasaderi wa Suwede mu Rwanda, afite icyicaro i Kigali.

Bwana Tinyiko George Hlungwane, Ambasaderi wa Repubulika ya Afurika y’Epfo mu Rwanda, afite icyicaro i Kigali.

Bwana Juan Humberto Macías Pino, Ambasaderi wa Repubulika ya Cuba mu Rwanda, afite icyicaro i Kampala.

– Inama y’Abaminisitiri yashyize mu myanya Abayobozi bakurikira:

Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) – Inama y’Ubuyobozi

Bwana Mukete Diko Jacob, Ugize Inama y’Ubuyobozi

Madamu Dushimire Alice, Ugize Inama y’Ubuyobozi

Bwana Nsengumuremyi Cyridion, Ugize Inama y’Ubuyobozi

Madamu Nabaasa Judith, Ugize Inama y’Ubuyobozi

Bwana Mwizerwa Jean Claude, Ugize Inama y’Ubuyobozi

Dr. Batamuliza Jennifer, Ugize Inama y’Ubuyobozi

Madamu Muhongerwa K Judith, Ugize Inama y’Ubuyobozi

Inama y’Ubujurire ku mpunzi n’abasaba sitati y’ubuhunzi

Madamu Mukabagwiza Edda, Perezida

Bwana Rusanganwa Jean Damascène, Perezida

Madamu Mukanyundo Patricie, Ugize Inama y’Ubujurire

Madamu Nyirinkwaya Immaculée, Ugize Inama y’Ubujurire

Bwana Rudasingwa Joseph, Ugize Inama y’Ubujurire

Bwana Mukama Augustin, Ugize Inama y’Ubujurire

Bwana Ndabirora Kalinda Jean Damascène, Umwanditsi

Minisiteri y’Ubutegetsi bw’lgihugu (MINALOC)

Bwana Ingabire Jean Claude, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Igenamigambi, Ikurikirana n’Isuzumabikorwa

Madamu Mukobwa Justine, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Inama y’lgihugu y’Abantu bafite Ubumuga (NCPD)

Madamu Uwimanimpaye Jeanne d’Arc, Umuhuzabikorwa w’lkigo Ngororamuco cya Gitagata

Bwana Bizimana Servilien, Umuhuzabikorwa w’lkigo Ngororamuco cya Ngarama

Minisiteri y’lbidukikije (MoE)

Dr. Biraro Mireille, Umubitsi w’Impapurompamo z’Ubutaka

Bwana Twizeyeyezu Jean Pierre, Umubitsi w’Impapurompamo z’Ubutaka

Bwana Uwayisenga Vedaste, Umubitsi w’Impapurompamo z’Ubutaka

Madamu Kanyamugenge Akimana Adeline, Umuyobozi w’Ishami ry’Ubugenzuzi mu Kigo cy’lgihugu gishinzwe Ubutaka

Urwego rushinzwe Mine, Peteroli na Gazi mu Rwanda (RMB)

Bwana Uwiduhaye Jean d’Amour, Umuyobozi ushinzwe ishami ry’ubushakashatsi bwa bwa Mine, Peteroli na Gazi

Madamu Umuhorakeye Alice, Umuyobozi w’Ishami rishinzwe gukurikirana ibikorwa by’ubucukuzi

Bwana Maniragaba Ephrem, Umuyobozi w’ishami rishinzwe ubushakashatsi bw’amabuye y’agaciro

Madamu Kantengwa Catherine, Umuyobozi w’ishami rishinzwe gutanga impushya n’ikoranabuhanga

– Mu bindi

Minisitiri w’Uburinganire n’lterambere ry’Umuryango yamenyesheje Inama y’Abaminisitiri ibi bikurikira:

Ku itariki ya 8 Werurwe 2026 hazizihizwa Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore.

Kuva ku itariki ya 9 kugeza ku ya 19 Werurwe 2026, u Rwanda ruzitabira Inama Ngarukamwaka ya 70 ya Komisiyo y’Umuryango w’Abibumbye ishinzwe gusuzuma uko ihame ry’Uburinganire n’lterambere ry’abagore bihagaze mu bihugu binyamuryango.

Minisitiri w’Ingabo yamenyesheje Inama y’Abaminisitiri gahunda y’ibikorwa bigamije guteza imbere imibereho myiza y’abaturage, bizatangizwa ku itariki ya 9 Werurwe 2026, bikazamara amezi 3. lyi gahunda ngarukamwaka ikorwa ku bufatanye bw’inzego z’umutekano, ubuyobozi mu nzego z’ibanze n’abaturage.

Minisitiri w’lkoranabuhanga mu Itumanaho na Inovasiyo yamenyesheje Inama y’Abaminisitiri ko kuva ku itariki ya 2 kugeza ku ya 6 Kamena 2026, u Rwanda ruzakira Inama Mpuzamahanga ku Mihindagurikire y’lkirere itegurwa n’Umuryango Mpuzamahanga witwa International Astronautical Federation (IAF).

Rwanda: hashyizweho ibiciro bishya by'ibikomoka kuri peterori

U Urwego Ngenzuramikorere, RURA, rwatangaje ibiciro bishya by’ibikomoka kuri peteroli bizakurikizwa mu mezi abiri ari imbere ahi litiro ya lisansi yagumye kuri 1.989 Frw mu gihe iya mazutu yageze yageze kuri 1.948 Frw.

Itangazo ryashyizwe hanze ku wa 4 Werurwe 2026 rigaragaza ibiciro bishya bizatangira gukurikizwa ku wa 5 Werurwe 2026, Saa Kumi n’Ebyiri za mu gitondo.

Riti “Ibiciro ntarengwa by’ibikomoka kuri peteroli, habariwemo n’umusoro ku nyongeragaciro (VAT), bivuguruwe mu buryo bukurikira; Lisansi ntigomba kurenga 1.989 Frw kuri litiro. Mazutu ntigomba kurenga 1.948 Frw kuri litiro.”

RURA yasobanuye ko ibiciro bishya byashyizweho hashingiwe ku mpinduka ziri ku isoko mpuzamahanga ry’ibikomoka kuri peteroli, ndetse n’ingamba Leta y’u Rwanda yafashe mu guhangana n’ingaruka z’impinduka zigenda ziyongera ku rwego rw’Isi.

Ku isoko mpuzamahanga ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli byazamutseho hejuru ya 10% kubera intambara ya Amerika na Iran yatumye inzira ya Hormuz inyuzwamo 20% bya peteroli yose icuruzwa ku Isi ifungwa.

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi Yusuf Murangwa aherutse kubwira RBA ko u Rwanda ruri kuganira n’abacuruza lisansi ku buryo bashobora kubona amafaranga atuma barangura nyinshi igihugu kikagira ububiko buhagije.

Ati “Tugomba gufasha abacuruzi bacuruza ibikomoka kuri peteroli kugira ngo babone ububiko buhagije. Twamaze kuvugana na bo turimo turabafasha dufatanyije n’amabanki kugira ngo babone amafaranga ahagije abafasha kugira ngo bazane ingano ihagije, ariko uko tubibona ni uko iyo intambara idatinze cyane, ntirenze ibyumweru bibiri cyangwa ukwezi kumwe hari igihe ibiciro bisubira aho byari biri.”

Minisitiri Murangwa yavuze ko mu gihe iyi ntambara itarenza ibyumweru bibiri, ingaruka zagera ku bukungu bw’u Rwanda zaba ari nke.

Mu gihe ibyumweru bibiri byarenga, ngo hafatwa izindi ngamba zigamije gufasha abacuruzi.

Ati “Intambara nikomeza ikarenza ibyumweru bibiri cyangwa ukwezi kumwe tugomba gufata izindi ngamba zifasha abacuruzi ba peteroli ndetse n’abacuruzi b’ibindi dukenera mu nganda zitandukanye na serivisi zitandukanye, kugira ngo iri hungabana ridakomeza kugira ingaruka ku bukungu bwacu.”

U Rwanda rwavuze ku ngaruka intambara ya Amerika na Iran ishobora kugira ku bukungu bwarwo

Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Prudence Sebahizi, yatangaje ko intambara ya Amerika, Israel na Iran izagira ingaruka ku bihugu byose by’Isi kuko ibikomoka kuri peteroli byinshi Isi ikoresha bica mu muhora wa Hormuz ubu wamaze gufungwa, ariko ahamya ko u Rwanda rwafashe ingamba zizatuma ingaruka zidahita zigera ku muturage.

Ibitero simusiga bya Amerika na Israel byatangiye mu gitondo cyo ku wa 28 Gashyantare 2026, ariko mu kwihorera Iran irasa ku bihugu bituranye birimo Qatar, Arabia Saoudite, Kuwait, Bahrain n’ahandi.

Hagati ya Iran n’ibi bihugu ni ho hari inzira ya Hormuz inyuzwamo 20% bya peteroli icuruzwa ku Isi hose. Kuva intambara itangiye, ibigo bicuruza peteroli byayihanyuzaga byahise bihagarika kuhanyura.

Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Prudence Sebahizi yabwiye RBA ko iyi ntambara igira ingaruka ku Isi yose, by’umwihariko zikaba nyinshi ku bihugu bya Afurika n’u Rwanda rurimo.

Ati “Hari uburyo bwinshi izo ngaruka zigaragara kandi hakabaho n’ingamba zo kwitegura no guhangana na zo, ingaruka ya mbere iri kugaragara ku Isi hose ni ibijyanye n’ibikomoka kuri peteroli, kubera ko iriya nkomane ya Hormuz iri hariya mu kigobe cya Iran inyuramo peteroli nyinshi, hafi 1/5 cya peteroli icuruzwa ku Isi, bivuga ngo ibihugu bikura peteroli hanze bizagirwaho ingaruka.”

Ibikomoka kuri peteroli binyura mu nkomane ya Hormuz ni byo bigera cyane muri Afurika y’Iburasirazuba ari na ho u Rwanda ruherereye.

Minisitiri Sebahizi yavuze ko hari ingamba zihari zirimo n’izigomba gutuma ibikomoka kuri peteroli bikiri mu nzira bigera mu gihugu vuba ku buryo ibyaba biri mu bubiko birushaho kuba byinshi.

Ati “Ubu dufite ingamba ku nzego nk’ebyiri, urwego rwa mbere ku bijyanye na peteroli turi gukorana n’abakura peteroli hanze kugira ngo turebe peteroli yacu iri mu nzira yamaze kurenga ziriya nzira ziri kuberamo intambara, turebe ko yagera mu gihugu vuba ndetse nihagera tube twizeye ko dushobora kuba dufite ububiko buhagije, icyo gihe nibura tuba tuvuga ngo ibi bishobora kuba mu mezi abiri bigahosha turamutse dufite peteroli yinjiye mu gihugu tukaba tuyifiteho ububasha.”

Hormuz iri hagati ya Iran na Oman. Buri munsi, inyuzwamo utugunguru turi hagati ya miliyoni 16 na 21 tw’ibikomoka kuri peteroli, tungana na 20% by’inyuzwa ahandi hose ku Isi.

Ibihugu byo mu muryango mpuzamahanga w’ubucuruzi bwa peteroli (OPEC), birimo Iran, Arabie Saoudite, Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE), Kuwait na Iran, ni byo bikoresha cyane iyi nzira, byohereza ibikomoka kuri peteroli cyane cyane muri Aziya.

Kuva mu Ugushyingo 2025 ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli mu Rwanda byarazamutse, aho litiro ya lisansi yageze kuri 1.989 Frw, mu gihe iya mazutu ari 1.900 Frw. Bisobanuye ko nta gihindutse ibi biciro bishobora kwiyongera.

Minisitiri Sebahizi yavuze kandi ko Leta izakomeza gufasha abashoramari binjiza mu gihugu ibikomoka kuri peteroli kugira ngo babone amafaranga atuma barangura byinshi ku buryo u Rwanda rugira ububiko bw’igihe kirekire.

Ati “Hari abashoramari bemereye Leta ko bagiye kubaka ibigega kugira ngo twongere ububiko bwa peteroli mu Gihugu imbere. Tugomba kubafasha kugira ngo uko kubaka ibyo bigega kwihute mu minsi iri imbere tuzabe dushobora kubika peteroli igihe kirekire."

Ingamba yindi Sebahizi yavuze ni ugukora ku buryo ibicuruzwa bivanwa muri Aziya, hari ahandi babikura mu gihe byaba bigaragaye ko muri ibi bice birimo intambara ibiciro byazamutse.

Ati “Aziya dukurayo ibicuruzwa byinshi bivuga ngo nigira ibibazo by’ubukungu natwe duhahira muri Aziya tuzasanga ibiciro byazamutse ku buryo ubwo ari bwo bwose. Dushobora kwitega ko ibiciro bizazamuka ariko tugomba gufata ingamba kugira ngo nk’Abanyarwanda tudahungabana.”

AFC/M23 yisubije agace yari yambuwe ko muri Walikare nyuma y'imirwano ikomeye na FARDC

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bisubije agace ka Buhimba muri Teritwari ya Walikare muri Kivu ya Ruguru, nyuma y’imirwano ikomeye yabahuje n’uruhande bahanganye.

Aka gace ka Buhimba kari muri Gurupoma ya Waloa Yungu, kisubijwe na AFC/M23, nyuma yuko abarwanyi bayo bagabye igitero baturutse mu gace ka Kilongo muri Segiteri ya Osso Banyungu muri Teritwari ya Masisi.

Nyuma y’amasaha menshi y’imirwano ikomeye, FARDC yakuyemo akayo karenge isubira inyuma yerekeza i Ngenge, agace kari mu burengerazuba bwa Buhimba.

Iyi mirwano yasize bamwe mu baturage bavuye mu byabo, bahungira mu gace ka Waloa Yungu mu gihe hari n’abandi bahungiye mu mashyamba, abandi berekeza i Kimua.

Nanone kandi ibikorwa byo gutanga ubutabazi ku babukeneye, byazahaye kubera ibibazo by’umutekano bivugwa muri aka gace no mu nkengero zako.

AFC/M23 yisubije aka gace mu gihe imirwano hagati y’abarwanyi bayo n’uruhande bahanganye ikomeje gukaza umurego, mu bice byinshi byiganjemo ibyo ku mupaka uhuza Teritwari ya Walikale na Masisi.

Iyi mirwano yahinduye isura nyuma yuko uruhande rwa Leta ya Kinshasa rukomeje kurenga ku gahenge rukagaba ibitero mu bice bituwemo n’abaturage, ndetse no ku birindiro bya AFC/M23, birimo n’ibitero biherutse guhitana Col Willy Ngoma wari Umuvugizi w’Igisirikare cy’iri Huriro.

Abasesenguzi mu bya politiki bavuga ko uku kurenga ku gahenge kwakozwe n’uruhande rwa Leta ya Kinshasa, guha imbaraga AFC/M23 ku buryo na yo ishobora guhaguruka igakomeza irwana igana imbere ikaba yanigarurira ibindi bice.