AMAKURU

UKWEZI

Ibyemezo by’inama y’abaminisitiri yo kuwa 4 Werurwe 2026

Ibyemezo by'inama y'abaminisitiri yo kuwa 4 Werurwe 2026
04-03-2026 22:15 | By Admin | Yasomwe n'abantu 3

Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 4 Werurwe 2026 iyobowe na Perezida Kagame yemeje Iteka rya Minisitiri ryemeza ifungurwa ry’agateganyo ku bantu 1874 bakatiwe n’inkiko.

Iyi nama y’Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro, yemeje Iteka rya Perezida rigenga Ikigo gishinzwe Amashuri Makuru, ndetse hashyirwaho abayobozi bashya mu bigo bimwe.

Itangazo ry’ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri

Ku wa Gatatu, tariki ya 4 Werurwe 2026, Inama y’Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Kagame Paul.

– Inama y’Abaminisitiri yemeje imishinga y’amategeko ikurikira:

Umushinga w’itegeko ngenga rigenga amatora.

Umushinga w’itegeko rigenga Komisiyo y’lgihugu y’Uburenganzira bwa Muntu.

Umushinga w’itegeko ryerekeye ubucuruzi bw’umutungo koranabuhanga.

Umushinga w’itegeko ryemera kwemeza burundu ivugururwa ry’Amasezerano y’inguzanyo yo ku wa 10 Ukuboza 2020, hagati ya Repubulika y’u Rwanda n’lkigega Mpuzamahanga kigamije Guteza Imbere Ubuhinzi, yerekeye n’inguzanyo z’inyongera, iya mbere n’iya kabiri, zigenewe gahunda y’ubufatanye bugamije gushyiraho amasoko rusange ahamye y’amatungo magufi, yashyiriweho umukono i Kigali, ku wa 24 Gashyantare 2026.

Umushinga w’itegeko ryemera kwemeza burundu ivugururwa ry’Amasezerano y’inguzanyo yo ku wa 17 Ukuboza 2021, hagati ya Repubulika y’u Rwanda n’lkigega Mpuzamahanga kigamije Guteza Imbere Ubuhinzi, yerekeye n’inguzanyo z’inyongera, iya mbere n’iya kabiri, zigenewe umushinga wo kuhira no gucunga neza ibishanga bya Kayonza-icyiciro cya 2, yashyiriweho umukono i Kigali, ku wa 24 Gashyantare 2026.

– Inama y’Abaminisitiri yemeje Amateka akurikira:

Iteka rya Minisitiri ryemeza ifungurwa ry’agateganyo ku bantu 1874 bakatiwe n’inkiko.

Iteka rya Minisitiri ryerekeye uburyo bw’imicungire y’imari n’umutungo bya Leta.

Iteka rya Perezida rigenga Ikigo gishinzwe Amashuri Makuru.

Iteka rya Minisitiri w’Intebe rigena imbonerahamwe y’imyanya y’imirimo y’lkigo gishinzwe Amashuri Makuru.

Iteka rya Minisitiri w’Intebe rishyiraho sitati yihariye igenga abakozi b’Urwego rushinzwe Ubutasi ku Mari.

Iteka rya Minisitiri ryerekeye umutungo bwite mu by’inganda, ingano y’ingwate itangwa ku ihagarikwa ry’ibicuruzwa bikekwaho kuba ibyiganano, n’amafaranga yishyurwa kuri serivisi zerekeye umutungo bwite mu by’ubwenge.

Iteka rya Minisitiri rigena uburyo bw’ikusanya n’isaranganya ry’ibihembo n’ibindi byavuye mu gukoresha ibikomoka ku bihangano, uburenganzira bw’abahanzi, n’uburenganzira bushamikiyeho.

– Inama y’Abaminisitiri yemeje politiki, ingamba na porogaramu zikurikira:

Politiki yo gukumira no guhana iyezandonke, gutera inkunga iterabwoba no gutera inkunga ikwirakwizwa ry’intwaro za kirimbuzi.

Itangwa ry’impushya zo gucukura amabuye y’agaciro na kariyeri.

Amasezerano hagati ya Guverinoma y’u Rwanda na Planner Corretora de Valores S.A yerekeye itizwa ry’ubutaka bwa Leta kugira ngo bukorerweho ibikorwa byerekeye uruganda rw’inyama z’inka mu rwuri rwa Gako mu Karere ka Bugesera.

Amasezerano hagati ya Guverinoma y’u Rwanda na Bauhaus International Rwanda Ltd yerekeye guteza imbere imiturire.

Ikodeshwa ry’ubutaka bwa Leta, buri mu mutungo bwite, kugira ngo bukorerweho ibikorwa by’ishoramari na Kivu Waterfront Limited.

– Inama y’Abaminisitiri yemeje abasabiwe guhagararira ibihugu byabo mu Rwanda bakurikira:

Bwana Henrik Nilsson, Ambasaderi wa Suwede mu Rwanda, afite icyicaro i Kigali.

Bwana Tinyiko George Hlungwane, Ambasaderi wa Repubulika ya Afurika y’Epfo mu Rwanda, afite icyicaro i Kigali.

Bwana Juan Humberto Macías Pino, Ambasaderi wa Repubulika ya Cuba mu Rwanda, afite icyicaro i Kampala.

– Inama y’Abaminisitiri yashyize mu myanya Abayobozi bakurikira:

Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) – Inama y’Ubuyobozi

Bwana Mukete Diko Jacob, Ugize Inama y’Ubuyobozi

Madamu Dushimire Alice, Ugize Inama y’Ubuyobozi

Bwana Nsengumuremyi Cyridion, Ugize Inama y’Ubuyobozi

Madamu Nabaasa Judith, Ugize Inama y’Ubuyobozi

Bwana Mwizerwa Jean Claude, Ugize Inama y’Ubuyobozi

Dr. Batamuliza Jennifer, Ugize Inama y’Ubuyobozi

Madamu Muhongerwa K Judith, Ugize Inama y’Ubuyobozi

Inama y’Ubujurire ku mpunzi n’abasaba sitati y’ubuhunzi

Madamu Mukabagwiza Edda, Perezida

Bwana Rusanganwa Jean Damascène, Perezida

Madamu Mukanyundo Patricie, Ugize Inama y’Ubujurire

Madamu Nyirinkwaya Immaculée, Ugize Inama y’Ubujurire

Bwana Rudasingwa Joseph, Ugize Inama y’Ubujurire

Bwana Mukama Augustin, Ugize Inama y’Ubujurire

Bwana Ndabirora Kalinda Jean Damascène, Umwanditsi

Minisiteri y’Ubutegetsi bw’lgihugu (MINALOC)

Bwana Ingabire Jean Claude, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Igenamigambi, Ikurikirana n’Isuzumabikorwa

Madamu Mukobwa Justine, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Inama y’lgihugu y’Abantu bafite Ubumuga (NCPD)

Madamu Uwimanimpaye Jeanne d’Arc, Umuhuzabikorwa w’lkigo Ngororamuco cya Gitagata

Bwana Bizimana Servilien, Umuhuzabikorwa w’lkigo Ngororamuco cya Ngarama

Minisiteri y’lbidukikije (MoE)

Dr. Biraro Mireille, Umubitsi w’Impapurompamo z’Ubutaka

Bwana Twizeyeyezu Jean Pierre, Umubitsi w’Impapurompamo z’Ubutaka

Bwana Uwayisenga Vedaste, Umubitsi w’Impapurompamo z’Ubutaka

Madamu Kanyamugenge Akimana Adeline, Umuyobozi w’Ishami ry’Ubugenzuzi mu Kigo cy’lgihugu gishinzwe Ubutaka

Urwego rushinzwe Mine, Peteroli na Gazi mu Rwanda (RMB)

Bwana Uwiduhaye Jean d’Amour, Umuyobozi ushinzwe ishami ry’ubushakashatsi bwa bwa Mine, Peteroli na Gazi

Madamu Umuhorakeye Alice, Umuyobozi w’Ishami rishinzwe gukurikirana ibikorwa by’ubucukuzi

Bwana Maniragaba Ephrem, Umuyobozi w’ishami rishinzwe ubushakashatsi bw’amabuye y’agaciro

Madamu Kantengwa Catherine, Umuyobozi w’ishami rishinzwe gutanga impushya n’ikoranabuhanga

– Mu bindi

Minisitiri w’Uburinganire n’lterambere ry’Umuryango yamenyesheje Inama y’Abaminisitiri ibi bikurikira:

Ku itariki ya 8 Werurwe 2026 hazizihizwa Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore.

Kuva ku itariki ya 9 kugeza ku ya 19 Werurwe 2026, u Rwanda ruzitabira Inama Ngarukamwaka ya 70 ya Komisiyo y’Umuryango w’Abibumbye ishinzwe gusuzuma uko ihame ry’Uburinganire n’lterambere ry’abagore bihagaze mu bihugu binyamuryango.

Minisitiri w’Ingabo yamenyesheje Inama y’Abaminisitiri gahunda y’ibikorwa bigamije guteza imbere imibereho myiza y’abaturage, bizatangizwa ku itariki ya 9 Werurwe 2026, bikazamara amezi 3. lyi gahunda ngarukamwaka ikorwa ku bufatanye bw’inzego z’umutekano, ubuyobozi mu nzego z’ibanze n’abaturage.

Minisitiri w’lkoranabuhanga mu Itumanaho na Inovasiyo yamenyesheje Inama y’Abaminisitiri ko kuva ku itariki ya 2 kugeza ku ya 6 Kamena 2026, u Rwanda ruzakira Inama Mpuzamahanga ku Mihindagurikire y’lkirere itegurwa n’Umuryango Mpuzamahanga witwa International Astronautical Federation (IAF).


INKURU ZA :
Tanga Igitekerezo
Ibitekerezo
IZINDI NKURU WASOMA
Yolande Makolo: Amafaranga u Rwanda rukoresha muri Cabo Delgado arenga inshuro 10 atangwa na EU

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko inkunga ya miliyoni 20 z’Amayero yagenewe Ingabo z’u Rwanda binyuze mu kigega cy’u Burayi gishinzwe gushyigikira ibikorwa by’amahoro, European Peace Facility, yose yamaze gukoreshwa, kandi ko ikiguzi ubu butumwa butwara Guverinoma y’u Rwanda gikubye inshuro nibura 10 ayo mafaranga.

Makolo yavuze ko usibye amafaranga menshi u Rwanda rushora mu butumwa bwo kurwanya ibyihebe muri Cabo Delgado, hiyongeraho n’ukwitanga kudasanzwe kw’abasirikare bahasiga ubuzima.

Yabitangaje ubwo yasubizaga inkuru yatambukijwe na Bloomberg, igaragaza ko amasezerano y’inkunga y’amafaranga itangwa n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi igenerwa Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique azarangirana na Gicurasi 2026.

Iyi nkunga ya miliyoni 20 z’amayero yemejwe n’Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga b’ibihugu bigize EU ubwo bahuriraga mu nama i Bruxelles mu Bubiligi kuri uyu wa 18 Ugushyingo 2024.

Yaje ikurikiye indi ya miliyoni 20 z’Amayero yemerewe Ingabo z’u Rwanda mu Ukuboza 2022, nyuma y’umwaka n’amezi atanu zitangiye ubu butumwa bw’amahoro.

Ihagarikwa ry’aya masezerano rije nyuma y’itangazo ry’ibihano Amerika yafatiye RDF ryashyizwe hanze ku wa 2 Werurwe 2026 rishinja u Rwanda ubufatanye n’umutwe wa M23, ibintu rwamaganye kuva kera.

Umuvugizi w’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi yavuze ko “Gahunda z’ubufasha zashyizweho mu 2022 na 2024 zizarangira muri Gicurasi 2026. Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi buzi iby’ibihano Amerika iherutse gutangaza ku ngabo z’u Rwanda n’abayobozi bazo bakuru bane. Turimo gusuzuma icyo bivuze n’ingaruka z’ingamba za Amerika.”

Bloomberg yatangaje ko nta gahunda ihari yo gukomeza gutanga iyi nkunga.

Yolande Makolo yavuze ko kuba u Rwanda rwakomeza kohereza Ingabo zarwo mu bikorwa byo kurwanya iterabwoba muri Mozambique, mu gihe byaba bikenewe koko, bizaterwa n’inkunga ihagije kandi ibiteganyirijwe.

Ati “Ingabo z’u Rwanda zagiye muri Cabo Delgado mu 2021 zibisabwe na leta ya Mozambique, kugira ngo zifashe igihugu cy’ikivandimwe, amafaranga ntabwo yari yo ya mbere.”

“Umusaruro w’iki gikorwa uragaragara, abasivili basubiye mu ngo zabo, abana basubiye ku ishuri, ubucuruzi bwongeye gufungura, ishoramari rikomeye ry’abanyamahanga ryakomeje gukorwa.”

Yolande yagaragaje ko akazi kakozwe na RDF mu guhashya ibyihebe muri Cabo Delgado kagiriye umumaro abaturage b’iki gihugu, ndetse na kompanyi zahashoye imari mu bijyanye na gaz [LNG], agaragaza ko “gushyikikira igikorwa nk’iki atari ubuntu bwaba buri kugirirwa u Rwanda.”

Cabo Delgado ni intara ikungahaye cyane kuri gaz nyinshi. Total Energies SE ni yo iyoboye umushinga wo gucukura no kohereza mu mahanga gaze, ufite agaciro ka miliyari 20 z’Amadolari ya Amerika.

Uyu ni wo mushinga banki yo muri Amerika ya Export-Import Bank yashoyemo miliyari 4,7$.

Umushakashatsi Mukuru mu Kigo Foundation for Defense of Democracies giherereye i Washington, Daniel Swift, yavuze ko Amerika ishobora kuba idashaka ko ibihano byayo kuri RDF bibangamira cyane ibikorwa byayo muri Mozambique.

Ati “Nta muntu n’umwe wifuza ko ibikorwa byabo muri kariya gace gakungahaye kuri gaz karimo imwe mu mishinga ikomeye y’ishoramari rya Amerika, bigerwaho n’ingaruka mbi. LNG ifite abantu benshi bayihanze amaso ubu.”

Mu butumwa bwe, Yolande yasoje avuga ko “Mu gihe ubuyobozi bwa RDF bwabona ko imirimo ikorwa n’inzego z’umutekano z’u Rwanda i Cabo Delgado idashimwa, byaba bikwiriye gusaba leta guhagarika aya masezerano y’impande zombi yo kurwanya iterabwoba, Ingabo zikava yo.”

Bobi Wine yavuye mu bwihisho akomereza mu mahanga

Umunyapolitiki Robert Kyagulanyi Ssentamu utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, yatangaje ko yavuye mu bwihisho yari amazemo hafi amezi abiri, akomereza mu mahanga mu ruzinduko ahamya ko ari urw’akazi.

Kyagulanyi wamamaye mu muziki nka Bobi Wine yatangiye kwihisha tariki ya 15 Mutarama 2026, ubwo amatora y’Umukuru w’Igihugu n’Abadepite yari arangiye.

Asobanura ko Leta ya Uganda imaze igihe kinini imuhiga kugira ngo imugirire nabi kubera ko yanze kwemera intsinzi ya Perezida Yoweri Kaguta Museveni, ariko ko itamubonye kubera ko abaturage bamuhishe.

Ati "Bateye ingo za bagenzi banjye n’abayobozi, bashyiraho bariyeri n’aho gusakira imodoka, bafunga banirukana abapolisi nahawe mu bihe byo kwiyamamaza, batera urugo rwacu, bakomeza kurucunga. Ntibambonye kubera ko abaturage ba Uganda barancumbikiye, barandinda."

Bobi Wine yatangaje ko yavuye muri Uganda by’akanya gato kugira ngo hagire ibyo akemure bijyanye n’akazi, aho ateganya kuganira n’inshuti n’abafatanyabikorwa hirya no hino ku Isi mbere yo gusubira mu gihugu cyabo.

Ati "Uyu munsi ndabamenyesha ko ngiye gusohoka igihugu by’igihe gito kugira ngo ngire iby’ingenzi nkemura bijyanye n’akazi. Mu byumweru bike biri imbere nzaganira n’inshuti zacu n’abafatanyabikorwa hirya no hino ku Isi mbere yo kugaruka muri Uganda kugira ngo mpirimbanire ubwisanzure na demokarasi!”

Komisiyo y’amatora muri Uganda yemeje ko Bobi Wine yagize amajwi 24,72%, akurikira Museveni watsinze ku majwi 71,65%. Ishyaka NUP ry’uyu munyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi ryanze ibyavuye mu matora.

Ubufaransa bwatangije iperereza ku gitero cyagabwe i Goma kikica umufaransakazi

Ishami rishinzwe gukurikirana ibyaha by’iterabwoba mu Bushinjacyaha bw’u Bufaransa (PNAT), ryatangije iperereza ku byaha by’intambara byakorewe mu gitero giherutse kugabwa i Goma mu Burasirazuba wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), kigahitana Umufaransakazi witwa Karine Buisse.

Karine Buisset yakoreraga Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Bana (UNICEF) i Goma ari umusesenguzi wa gahunda zo kurengera abana bakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina.

Icyo gitero cya drones cyabaye ku wa 11 Werurwe 2026, umutwe wa AFC/M23 urwanya ubutegesti bwa RDC wagaragaje ko cyagabwe n’Ingabo za Leta (FARDC) kigamije kwica abayobozi bakuru bawo.

Uwo mufaransakazi ari mu bahitanywe na cyo nyuma y’uko inzu we n’abandi bakozi bari batuyemo mu gace ka Himbi irashweho.

Umuyobozi Mukuru wa UNICEF, Catherine Russell yavuze ko babajwe cyane n’ibibazo by’umutekano muke byibasira abasivile by’umwihariko urupfu rw’uwo mufaransakazi.

Ikinyamakuru Actualité cyanditse ko iryo perereza ry’u Bufaransa rigamije kumenya ukuri ku rupfu rwa Karine Buisse binyuze mu kugaragaza mu by’ukuri abagabye icyo gitero.

Ni nyuma y’uko Leta ya RDC yari yirinze guhakana cyangwa kwemeza ko ingabo zayo ari zo zagabye icyo gitero, ivuga ko na yo igiye gukora iperereza ngo hamenyekane ukuri k’uko ibintu byagenze, ariko mu buryo busa n’ubutangaje itangira kucyegeka kuri AFC/M23.

Icyo gitero cyamaganywe n’ibihugu bitandukanye ndetse n’imiryango mpuzamahanga ariko igitangaje ni uko nta watinyukaga kwamagana abakigabye mu by’ukuri.

Ni ibintu Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Nduhungirehe Olivier yagarutseho, avuga ko ibihugu byinshi byiganjemo iby’i Burayi n’imiryango mpuzamahanga byagaragaje ko bibabajwe n’urupfu rw’Umufaransakazi Karine Buisset ariko ntibikomoze ku bakigabye.

Yavuze ko umuryango mpuzamahanga utajya utunga urutoki Leta ya RDC iyo ikora ubugizi bwa nabi, kuko igihe cyose ingabo zayo zagabye ibitero bya drones ku Banyamulenge muri Komine ya Minembwe n’abandi basivile, wahisemo guceceka.

Ati “Birababaje kubona ko mu Isi ya none, bitakiri ihame ry’Umuryango w’Abibumbye cyangwa itegeko mpuzamahanga byatakaje agaciro, ahubwo n’ubuzima bw’abantu bugatakaza mu gihe inyungu zikomeye z’abanyembaraga zabangamirwa.”

Leta ya RDC yakajije ibitero bya drones ku birindiro bya AFC/M23 kuva umwaka wa 2026 watangira. Tariki ya 24 Gashyantare, yiciye Umuvugizi wayo ku rwego rwa gisirikare, Lt Col Willy Ngoma n’abandi barwanyi barimo abamurindaga.