AMAKURU

UKWEZI

Hamenyekanye uko CIA na Mossadi byanetse Khamenei wa Iran kugeza bamwishe

Hamenyekanye uko CIA na Mossadi byanetse Khamenei wa Iran kugeza bamwishe
01-03-2026 21:29 | By Admin | Yasomwe n'abantu 0

Urwego rw’ubutasi rwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika (CIA), byamenyekanye ko rwari rumaze amezi menshi rugenda runono uwari Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, Ayatollah Ali Khamenei, mbere y’uko yicwa ku wa Gatandatu tariki ya 28 Gashyantare.

Khamenei yiciwe mu bitero Amerika na Israel bagabye i Tehran, apfana n’abandi bayobozi bakomeye biganjemo ab’igisirikare cya Iran.

Mbere y’uko ibyo bitero bigabwa, amakuru avuga ko CIA yari yamenye neza ko hari inama idasanzwe yagombaga guhuza abayobozi bakuru ba politiki n’ab’igisirikare cya Iran, ikabera mu nyubako za Guverinoma i

Ni amakuru ruriya rwego rwaje guha Israel, binatuma ihindura gahunda y’ibitero byabaye ngombwa ko igaba ku manywa y’ihangu, nk’uko byatangajwe n’ibinyamakuru bya The New York Times na The Wall Street Journal.

The Wall Street Journal ivuga ko indege z’intambara za Israel zarashe ibisasu 30 ku nyubako Khamenei yari arimo, mbere yo kuzihindura umuyonga.

Operasiyo nyirizina yasize Khamenei yishwe yatangiye ahagana saa 06:00 z’igitondo cyo muri Israel, hanyuma ibisasu bigwa aho yari ari saa 10:40 ku isaha y’i Tehran; ni ukuvuga nyuma y’amasaha abiri n’iminota itanu indege zagabye ibitero zihagurutse.

The New York Times ivuga ko abazi iby’iriya Operasiyo bayibwiye ko mbere ya biriya bitero, CIA yari imaze igihe kibarirwa mu mezi ikurikirana Khamenei, ku buryo yabaga izi aho aherereye hose ndetse n’ingendo akora.

Ruriya rwego ubwo rwamenyaga ko ku wa Gatandatu mu gitondo hari kuba inama y’abayobozi bakuru ba Iran ndetse ko na Khamenei aza kuba ayirimo, rwahise ruha Israel ayo makuru.

Abayobozi ba Israel bavuga ko inzego z’ubutasi z’iki gihugu zamenye ko hatagombaga kuba inama imwe gusa, ahubwo ko hari inama eshatu zarimo zibera icyarimwe.

Amakuru avuga ko abayobozi ba Iran bari bateraniye mu biro bya Perezida wa kiriya gihugu, mu biro by’Umuyobozi w’Ikirenga ndetse no ku cyicaro cy’Urwego rw’Igihugu rushinzwe umutekano.

Ku ikubitiro ngo Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Israel byateganyaga kugaba ibitero nijoro byitwikiriye umwijima, ariko biza guhindura gahunda mu rwego rwo kubyaza umusaruro amakuru yerekeye inama Khamenei yiciwemo byari byamenye.

Amos Yadlin wahoze ayobora ubutasi bwa gisirikare bwa Israel, yabwiye The Wall Street Journal ko “buri wese yari ategereje igitero saa sita z’ijoro kuko haba hari umwijima uhagije”, binajyanye n’uko igitero gitunguranye Israel yagabye kuri Iran muri Kamena 2025 na cyo cyabaye mu ijoro.

Amos yunzemo ko igitero cyo ku manywa cyabaye “ugutungurana kwa gisirikare.”

Umuyobozi mu ngabo za Israel utatangajwe amazina, yavuze ko ibitero “byagabwe icyarimwe ahantu henshi muri Tehran, aho hamwe muri ho hari hateraniye abayobozi bakuru b’inzego za politiki n’iz’umutekano za Iran.”

Yunzemo ko n’ubwo Iran yari yiteguye intambara, Israel yabashije gutungurana mu buryo bwa gisirikare igihe yagabaga ibitero kuri ziriya nyubako.

Amakuru avuga ko ubwo ibitero byabaga, abayobozi bakuru bashinzwe umutekano w’igihugu bari mu nyubako imwe, mu gihe Khamenei yari mu yindi nyubako iri hafi aho.

Usibye Khamenei byamenyekanye ko yishwe, Igisirikare cya Israel (IDF) kibinyujije ku rubuga rwacyo rwa X, cyatangaje ko iriya operasiyo yiciwemo Gen. Abdolrahim Mousavi wari Umugaba Mukuru w’Ingabo za Iran, abayobozi barindwi bakuru b’ingabo za Iran ndetse na ba ‘commanders’ bakuru babarirwa muri 40.

Mu bo byamenyekanye ko bishwe harimo Rear Admiral Ali Shamkhani, wayoboraga inama nkuru ya gisirikare akanaba umujyanama mukuru wa Khamenei mu by’umutekano na Major General Mohammed Pakpour wari ukuriye ishami ry’ingabo za Iran ryitwa (Revolutionary Guard Corps).

Abandi ni Amir Nasirzadeh wari Minisitiri w’Ingabo, Seyyed Majid Mousavi wari Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira mu kirere na Mohammad Shirazi wari umukuru w’ubutasi wungirije.


INKURU ZA :
Tanga Igitekerezo
Ibitekerezo
IZINDI NKURU WASOMA
Iran yarashe ku bwato bw'intambara bwa Amerika

Intambara Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Israel byashoje kuri Iran ikomeje gufata indi ntera, aho kuri ubu Ingabo za Iran zigambye ko zarashe missile enye ku bwato bw’intambara bwa Amerika buri mu Burasirazuba bwo Hagati buzwi nka ‘USS Abraham Lincoln’.

USS Abraham Lincoln ni ubwato bunini, bukaba ubwa gatanu mu bunini indege z’intambara zigwaho mu bwo Igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika gifite.

USS Abraham Lincoln ni ubwato bukoresha indege za F-35 z’intambara ziba zifite ubushobozi bwo kudadahurwa na za ‘radars’ z’umwanzi.

Ni bumwe mu bwato buzwiho kuba bunini, bufite ubushobozi buhambaye ndetse bwatwara indege nyinshi cyane.

USS Abraham Lincoln ireshya na metero zirenga 300 mu burebure, na metero 78 mu bugari n’izindi 74 z’ubutumburuke uvuye ku mazi.

Ishobora gutwara indege zirenga 70, ikagira ikoranabuhanga rihambaye nka za ‘radar’ uburyo bw’ubwirinzi, ibikoresho by’itumanaho, biyifasha gukorera aho ari ho hose.

Bufite ubushobozi bwo gukoresha ingufu za nucléaire, ibibufasha gukora igihe kirekire nta mavuta abwongewemo.

Ubu bwato bwatangiye kubakwa mu 1986 butangira kujya mu kazi mu 1989.

Ku wa 15 Gashyantare 2026 bwabonywe ku nkengero za Oman.

Icyakora Igisirikare cya Amerika cyagaragaje ko ubu bwato butarashweho ndetse ko missile za Iran zitanaguye ahegereye aho buri.

Ibitero bya Israel na Amerika kuri Iran byagabwe bwa mbere mu gitondo cyo ku wa 18 Gashyantare 2026. Iran na yo yagabye ibitero ku nyungu za Israel na Amerika ziherereye mu bihugu bitandukanye byo mu Burasirazuba bwo Hagati nka Qatar, UAE, Kuwait, Bahrain, Jordanie, Arabie Saoudite na Iraq.

Ishami ry’Igisirikare cya Amerika ryo mu Burasirazuba bwo Hagati, CENTCOM, ryatangaje ko abasirikare ba Amerika batatu baguye muri iyi ntambara ndetse batanu bakomerekejwe n’ibitero bya Iran.

Bivugwa ko kandi abantu icyenda baguye mu gitero cya missile cyagabwe ku Mujyi wa Beit ⁠Shemesh wo muri Israel.

Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, Ayatollah Ali Khamenei n’abandi bayobozi bakuru mu ngabo barenga 40 bishwe

Ingabo za Iran zarahiriye kwihorera uko byashoboka kose ndetse zivuga ko zagabye ibitero ku birindiro 27 bicumbikiye ingabo za Amerika mu Burasirazuba bwo Hagati no ku bikorwaremezo bitandukanye bya Israel ndetse ibiturika bikomeje kumvikana mu bihugu by’ishuti za Amerika.

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yaburiye Iran ko niyibeshya ikagaba ibitero ku birindiro byayo, aza kuyihanisha imbaraga itigeze ibonaho mu mateka yayo.

Iran igaragaza ko kugeza ubu abarenga 200 bamaze kugwa muri ibi bitero barimo abakobwa 108 bigaga mu ishuri ribanza ryagabweho igitero.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran, Abbas Araghchi yavuze ko nyuma y’urupfu rwa Khamenei undi muyobozi w’ikirenga azatorwa bitarenze mu minsi ibiri.

Alireza Arafi ni we wejwe nk’umusimbura w’agateganyo w’Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, Ali Khamenei, waguye mu bitero Ingabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’iza Israel ziri kugaba kuri iki gihugu.

Hamenyekanye uko CIA na Mossadi byanetse Khamenei wa Iran kugeza bamwishe

Urwego rw’ubutasi rwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika (CIA), byamenyekanye ko rwari rumaze amezi menshi rugenda runono uwari Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, Ayatollah Ali Khamenei, mbere y’uko yicwa ku wa Gatandatu tariki ya 28 Gashyantare.

Khamenei yiciwe mu bitero Amerika na Israel bagabye i Tehran, apfana n’abandi bayobozi bakomeye biganjemo ab’igisirikare cya Iran.

Mbere y’uko ibyo bitero bigabwa, amakuru avuga ko CIA yari yamenye neza ko hari inama idasanzwe yagombaga guhuza abayobozi bakuru ba politiki n’ab’igisirikare cya Iran, ikabera mu nyubako za Guverinoma i

Ni amakuru ruriya rwego rwaje guha Israel, binatuma ihindura gahunda y’ibitero byabaye ngombwa ko igaba ku manywa y’ihangu, nk’uko byatangajwe n’ibinyamakuru bya The New York Times na The Wall Street Journal.

The Wall Street Journal ivuga ko indege z’intambara za Israel zarashe ibisasu 30 ku nyubako Khamenei yari arimo, mbere yo kuzihindura umuyonga.

Operasiyo nyirizina yasize Khamenei yishwe yatangiye ahagana saa 06:00 z’igitondo cyo muri Israel, hanyuma ibisasu bigwa aho yari ari saa 10:40 ku isaha y’i Tehran; ni ukuvuga nyuma y’amasaha abiri n’iminota itanu indege zagabye ibitero zihagurutse.

The New York Times ivuga ko abazi iby’iriya Operasiyo bayibwiye ko mbere ya biriya bitero, CIA yari imaze igihe kibarirwa mu mezi ikurikirana Khamenei, ku buryo yabaga izi aho aherereye hose ndetse n’ingendo akora.

Ruriya rwego ubwo rwamenyaga ko ku wa Gatandatu mu gitondo hari kuba inama y’abayobozi bakuru ba Iran ndetse ko na Khamenei aza kuba ayirimo, rwahise ruha Israel ayo makuru.

Abayobozi ba Israel bavuga ko inzego z’ubutasi z’iki gihugu zamenye ko hatagombaga kuba inama imwe gusa, ahubwo ko hari inama eshatu zarimo zibera icyarimwe.

Amakuru avuga ko abayobozi ba Iran bari bateraniye mu biro bya Perezida wa kiriya gihugu, mu biro by’Umuyobozi w’Ikirenga ndetse no ku cyicaro cy’Urwego rw’Igihugu rushinzwe umutekano.

Ku ikubitiro ngo Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Israel byateganyaga kugaba ibitero nijoro byitwikiriye umwijima, ariko biza guhindura gahunda mu rwego rwo kubyaza umusaruro amakuru yerekeye inama Khamenei yiciwemo byari byamenye.

Amos Yadlin wahoze ayobora ubutasi bwa gisirikare bwa Israel, yabwiye The Wall Street Journal ko “buri wese yari ategereje igitero saa sita z’ijoro kuko haba hari umwijima uhagije”, binajyanye n’uko igitero gitunguranye Israel yagabye kuri Iran muri Kamena 2025 na cyo cyabaye mu ijoro.

Amos yunzemo ko igitero cyo ku manywa cyabaye “ugutungurana kwa gisirikare.”

Umuyobozi mu ngabo za Israel utatangajwe amazina, yavuze ko ibitero “byagabwe icyarimwe ahantu henshi muri Tehran, aho hamwe muri ho hari hateraniye abayobozi bakuru b’inzego za politiki n’iz’umutekano za Iran.”

Yunzemo ko n’ubwo Iran yari yiteguye intambara, Israel yabashije gutungurana mu buryo bwa gisirikare igihe yagabaga ibitero kuri ziriya nyubako.

Amakuru avuga ko ubwo ibitero byabaga, abayobozi bakuru bashinzwe umutekano w’igihugu bari mu nyubako imwe, mu gihe Khamenei yari mu yindi nyubako iri hafi aho.

Usibye Khamenei byamenyekanye ko yishwe, Igisirikare cya Israel (IDF) kibinyujije ku rubuga rwacyo rwa X, cyatangaje ko iriya operasiyo yiciwemo Gen. Abdolrahim Mousavi wari Umugaba Mukuru w’Ingabo za Iran, abayobozi barindwi bakuru b’ingabo za Iran ndetse na ba ‘commanders’ bakuru babarirwa muri 40.

Mu bo byamenyekanye ko bishwe harimo Rear Admiral Ali Shamkhani, wayoboraga inama nkuru ya gisirikare akanaba umujyanama mukuru wa Khamenei mu by’umutekano na Major General Mohammed Pakpour wari ukuriye ishami ry’ingabo za Iran ryitwa (Revolutionary Guard Corps).

Abandi ni Amir Nasirzadeh wari Minisitiri w’Ingabo, Seyyed Majid Mousavi wari Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira mu kirere na Mohammad Shirazi wari umukuru w’ubutasi wungirije.

AFC/M23 yemeje ko Coloneli willy Ngoma yishwe na Leta ya kinshasa

Umutwe wa AFC/M23 wemeje bidasubirwaho ko Coloneli Willy Ngoma, yishwe na Leta ya Kinshasa Kuwa 24 Gashyantare 2026,aho Ingabo za Leta zishe amasezerano nkana zigamije cyane cyane kwica abasirikare ba M23 ndetse n’abaturage b’abasivile bari hanze y’urugamba.

Ibi M23 yabitangaje mu itangazo yasohoye ku wa 28 Gashyantare,aho yavuze ko ubutegetsi bwa Kinshasa bwishe nkana amasezerano yo guhagarika imirwano maze bugatangiza intambara yeruye, bugamije cyane cyane kwica abasirikare bayo ndetse n’abaturage b’abasivili bari hanze y’imirongo y’urugamba.

Ibi byaha bikomeye Ingabo za Leta zakoze byatumye hapfa umwe mu basirikare bakuru b’Ingabo za Armée Révolutionnaire Congolaise (ARC), coloneli Willy Ngoma, wishwe ku wa 24 Gashyantare 2026,ndetse bikaba bikomeje guhitana ubuzima bw’abaturage benshi b’inzirakarengane.

AFC/M23 yavuze ko ibyo byaha bitazigera bihanishwa ubusa cyangwa ngo byirengagizwe.

Yagize iti:”Kwibuka abazize ibyo bikorwa bibi bidusaba inshingano kandi bikadusaba guhagurukira hamwe,ibi bikorwa by’ubugizi bwa nabi bizagira ingaruka. Inshingano zacu ni ukurinda abaturage bacu ndetse n’abasirikare bacu ku bice byose twabohoye”.

M23 yakomeje ivuga ko mu byumweru bishize ihuriro AFC/M23 ryakomeje kwamagana no kumenyesha abahuza baryo na Leta ya kinshasa bari mu biganiro byamahoro ku bijyanye no kurenga ku masezerano no guhagarika imirwano, ndetse n’ubwicanyi bwakorewe abaturage b’abasivile n’ubutegetsi bwa Kinshasa mu duce dutuwe cyane two muri Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo,

Yagize iti:”Tuributsa ko mu byumweru bishize,Ihuriro AFC/M23 ryakomeje kwamagana no kumenyesha abahuza bari mu biganiro by’amahoro ku bijyanye no kurenga ku masezerano yo guhagarika imirwano byagiye bivugwa kenshi,ndetse n’ubwicanyi bwakorewe abasivile n’ubutegetsi bwa Kinshasa mu duce dutuwe cyane two muri Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo, cyane cyane i Kawele,Mweso, Rutigita,Kitazungura,Rugezi,Kitendebwa, Kashihe,Kiduveri,Rubaya,Rumbishi,Walikale,Masisi,Kalehe,Gasovu,Nkokwe,Gatoyi,Minembwe,Gashake,Murema,Mberwa,Ruki,Mutobo,Nyaruhinga,Mulumemunene,Rutare,Kadasomwa,Nyagisozi,Nyabikeri,Kinyumba,Nyabyondo,Nyabikeri,Miyanja,Kasirosiro,Bunyantenge,Misiya, ndetse no mu nkengero zabyo.

AFC/M23 yavuze kandi ko n’ubwo yari imaze igihe itanga izi mpuruza kandi zigaragara,zateshejwe agaciro ku bushake, ndetse bigaragara agasuzuguro ku bari bagamije kugabanya umwuka mubi w’intambara ndetse no kurengera abaturage b’abasivile.

Ni mu gihe iyi ntambara rusange yashyizweho n’ubutegetsi bwa Kinshasa ikomeje, AFC/M23 ihagaze ishikamye ku ruhande rw’abaturage b’abasivile,inakomeza kwiyemeza gushyigikira inzira y’amahoro no gushimangira ubushake bwayo bwo kurinda no kurengera abasivile ndetse n’imitungo yabo.