AMAKURU

UKWEZI

Depite muto muri Côte d’Ivoire arasaba ko abagabo bemererwa gushaka abagore benshi

Depite muto muri Côte d'Ivoire arasaba ko abagabo bemererwa gushaka abagore benshi
20-02-2026 17:33 | By Admin | Yasomwe n'abantu 7

Mu gihe impaka ku burenganzira bw’abagore n’imiterere y’umuryango zikomeje gufata indi ntera muri Côte d’Ivoire, depite muto kurusha abandi mu Nteko Ishinga Amategeko, Naya Jarvis Zamblé, yatangije igitekerezo gikomeje kuvugisha benshi: kwemerera abagabo gushaka abagore benshi, bikandikwa mu mategeko.

Uyu munyapolitiki w’imyaka 30 y’amavuko, usanzwe ari n’Umuyobozi w’Akarere ka Gohitafla ndetse n’Umuvugizi Wungirije w’ishyaka riri ku butegetsi rya Rassemblement des Houphouëtistes pour la Démocratie et la Paix (RHDP), arasaba ko abagabo bemererwa gushaka abagore benshi, kugira ngo abagore babana bashatswe n’abagabo bafite abandi bagore bahabwe uburenganzira mu mategeko.

Ubusanzwe, kuva muri Kamena 2019, itegeko rigenga ishyingiranwa muri Côte d’Ivoire riteganya ko ubukwe ari ubumwe hagati y’umugabo umwe n’umugore umwe. Ibi bivuze ko gushaka abagore benshi bitemewe n’amategeko, nubwo mu mibereho isanzwe hari aho bikigaragara.

Mu nkuru ya Meguetan Infos, Zamblé avuga ko hari itandukaniro rikomeye hagati y’amategeko n’uko abaturage babaho. Ku bwe, mu buryo butanditse muri Côte d’Ivoire abagabo baracyashaka abagore benshi, bigatuma abagore bamwe n’abana babo babura uburenganzira bw’ibanze, cyane cyane mu gihe apfuye.

“Abagore bo mu bwihisho” n’uburenganzira bwabo

Impamvu nyamukuru atanga ni ukurengera abo yita “abagore bo mu bwihisho” — abagore babana n’abagabo imyaka myinshi ariko badafite icyemezo cyemewe n’amategeko. Iyo umugabo apfuye, abo bagore n’abana babo bashobora kutemerwa nk’umuryango wemewe, bakamburwa uburenganzira ku murage no ku mutungo.

Depite Zamblé avuga ko gushyiraho amategeko agena ibyo gushaka abagore benshi byatuma abo bagore bahabwa umutekano mu by’amategeko, bagahabwa uburenganzira ku murage, ku mitungo no ku mibereho myiza y’abana babo.

Yemeza ko kwirengagiza iki kibazo ari nko kwemera uburyarya, kuko amategeko ahakana ibyo ubuzima busanzwe bugaragaza. Ku bwe, kwemera no kugena amategeko asobanutse byazana umucyo n’uburinganire mu micungire y’imiryango isanzwe ibaho.

Impaka zikomeye mu muryango muri Côte d’Ivoire

Icyifuzo cya Zamblé cyateje impaka ndende mu nzego za politiki no mu baturage. Meguetan Infos kigaragaza ko hari abagishyigikira bavuga ko ari igitekerezo gishingiye ku kuri kw’imibereho, kandi ko kurengera abagore n’abana ari byo bikwiye gushyirwa imbere.

Ariko kandi, hari abagitera utwatsi bavuga ko ametegeko yemereye abagabo gushyingiranwa n’abagore besnhi byaba ari ugusubiza inyuma intambwe imaze guterwa mu guteza imbere uburinganire hagati y’abagore n’abagabo.

Abatavuga rumwe na we bavuga ko ahubwo hakwiye gushimangirwa iyubahirizwa ry’itegeko rihari, aho guhindura imiterere yaryo.

Si ubwa mbere iyi ngingo ivuzwe. Mu 2023, undi mudepite witwa Yacouba Sangaré na we yari yagaragaje igitekerezo gisa n’iki, bigaragaza ko ikibazo cya gushaka abagore benshin kimaze igihe kivugwa mu nzego za politiki z’iki gihugu.

Ni mu gihe mu Rwanda, Ingingo ya 17 y’Itegeko Nshinga iteganya ko ugushyingiranwa kwemewe ari ugukorwa gahati y’umugabo umwe n’umugore, kandi kugakorerwa mu butegetsi bwa Leta.

Nubwo bimeze bityo ariko, Ingingo ya 50 y’Itegeko Nº 27/2016 ryo ku wa 08/07/2016 rigenga imitunganyirize y’umuryango, itegeko iteganya ko abana bose bangana imbere y’amategeko ku byerekeye izungura, hatitawe ku buryo bavukiyemo (baba baravukiye mu bashyingiranywe byemewe n’amategeko cyangwa hanze yabwo).

Ibi bivuze ko umwana wavutse ku mugore utari uw’isezerano afite uburenganzira bungana n’ubw’abandi bana ku murage wa se, igihe ububyeyi bwe bwemejwe hakurikijwe amategeko (nko kwemerwa na se cyangwa icyemezo cy’urukiko).

Ariko ku bijyanye n’abagore benshi, kubera ko gushaka abagore benshi bitemewe mu Rwanda, umugore utari uw’isezerano ntahabwa uburenganzira nk’umuzungura w’umugabo wapfuye; gusa abana be bo barazungura nk’abandi bana.


INKURU ZA :
Tanga Igitekerezo
Ibitekerezo
IZINDI NKURU WASOMA
Yolande Makolo: Amafaranga u Rwanda rukoresha muri Cabo Delgado arenga inshuro 10 atangwa na EU

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko inkunga ya miliyoni 20 z’Amayero yagenewe Ingabo z’u Rwanda binyuze mu kigega cy’u Burayi gishinzwe gushyigikira ibikorwa by’amahoro, European Peace Facility, yose yamaze gukoreshwa, kandi ko ikiguzi ubu butumwa butwara Guverinoma y’u Rwanda gikubye inshuro nibura 10 ayo mafaranga.

Makolo yavuze ko usibye amafaranga menshi u Rwanda rushora mu butumwa bwo kurwanya ibyihebe muri Cabo Delgado, hiyongeraho n’ukwitanga kudasanzwe kw’abasirikare bahasiga ubuzima.

Yabitangaje ubwo yasubizaga inkuru yatambukijwe na Bloomberg, igaragaza ko amasezerano y’inkunga y’amafaranga itangwa n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi igenerwa Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique azarangirana na Gicurasi 2026.

Iyi nkunga ya miliyoni 20 z’amayero yemejwe n’Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga b’ibihugu bigize EU ubwo bahuriraga mu nama i Bruxelles mu Bubiligi kuri uyu wa 18 Ugushyingo 2024.

Yaje ikurikiye indi ya miliyoni 20 z’Amayero yemerewe Ingabo z’u Rwanda mu Ukuboza 2022, nyuma y’umwaka n’amezi atanu zitangiye ubu butumwa bw’amahoro.

Ihagarikwa ry’aya masezerano rije nyuma y’itangazo ry’ibihano Amerika yafatiye RDF ryashyizwe hanze ku wa 2 Werurwe 2026 rishinja u Rwanda ubufatanye n’umutwe wa M23, ibintu rwamaganye kuva kera.

Umuvugizi w’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi yavuze ko “Gahunda z’ubufasha zashyizweho mu 2022 na 2024 zizarangira muri Gicurasi 2026. Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi buzi iby’ibihano Amerika iherutse gutangaza ku ngabo z’u Rwanda n’abayobozi bazo bakuru bane. Turimo gusuzuma icyo bivuze n’ingaruka z’ingamba za Amerika.”

Bloomberg yatangaje ko nta gahunda ihari yo gukomeza gutanga iyi nkunga.

Yolande Makolo yavuze ko kuba u Rwanda rwakomeza kohereza Ingabo zarwo mu bikorwa byo kurwanya iterabwoba muri Mozambique, mu gihe byaba bikenewe koko, bizaterwa n’inkunga ihagije kandi ibiteganyirijwe.

Ati “Ingabo z’u Rwanda zagiye muri Cabo Delgado mu 2021 zibisabwe na leta ya Mozambique, kugira ngo zifashe igihugu cy’ikivandimwe, amafaranga ntabwo yari yo ya mbere.”

“Umusaruro w’iki gikorwa uragaragara, abasivili basubiye mu ngo zabo, abana basubiye ku ishuri, ubucuruzi bwongeye gufungura, ishoramari rikomeye ry’abanyamahanga ryakomeje gukorwa.”

Yolande yagaragaje ko akazi kakozwe na RDF mu guhashya ibyihebe muri Cabo Delgado kagiriye umumaro abaturage b’iki gihugu, ndetse na kompanyi zahashoye imari mu bijyanye na gaz [LNG], agaragaza ko “gushyikikira igikorwa nk’iki atari ubuntu bwaba buri kugirirwa u Rwanda.”

Cabo Delgado ni intara ikungahaye cyane kuri gaz nyinshi. Total Energies SE ni yo iyoboye umushinga wo gucukura no kohereza mu mahanga gaze, ufite agaciro ka miliyari 20 z’Amadolari ya Amerika.

Uyu ni wo mushinga banki yo muri Amerika ya Export-Import Bank yashoyemo miliyari 4,7$.

Umushakashatsi Mukuru mu Kigo Foundation for Defense of Democracies giherereye i Washington, Daniel Swift, yavuze ko Amerika ishobora kuba idashaka ko ibihano byayo kuri RDF bibangamira cyane ibikorwa byayo muri Mozambique.

Ati “Nta muntu n’umwe wifuza ko ibikorwa byabo muri kariya gace gakungahaye kuri gaz karimo imwe mu mishinga ikomeye y’ishoramari rya Amerika, bigerwaho n’ingaruka mbi. LNG ifite abantu benshi bayihanze amaso ubu.”

Mu butumwa bwe, Yolande yasoje avuga ko “Mu gihe ubuyobozi bwa RDF bwabona ko imirimo ikorwa n’inzego z’umutekano z’u Rwanda i Cabo Delgado idashimwa, byaba bikwiriye gusaba leta guhagarika aya masezerano y’impande zombi yo kurwanya iterabwoba, Ingabo zikava yo.”

Bobi Wine yavuye mu bwihisho akomereza mu mahanga

Umunyapolitiki Robert Kyagulanyi Ssentamu utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, yatangaje ko yavuye mu bwihisho yari amazemo hafi amezi abiri, akomereza mu mahanga mu ruzinduko ahamya ko ari urw’akazi.

Kyagulanyi wamamaye mu muziki nka Bobi Wine yatangiye kwihisha tariki ya 15 Mutarama 2026, ubwo amatora y’Umukuru w’Igihugu n’Abadepite yari arangiye.

Asobanura ko Leta ya Uganda imaze igihe kinini imuhiga kugira ngo imugirire nabi kubera ko yanze kwemera intsinzi ya Perezida Yoweri Kaguta Museveni, ariko ko itamubonye kubera ko abaturage bamuhishe.

Ati "Bateye ingo za bagenzi banjye n’abayobozi, bashyiraho bariyeri n’aho gusakira imodoka, bafunga banirukana abapolisi nahawe mu bihe byo kwiyamamaza, batera urugo rwacu, bakomeza kurucunga. Ntibambonye kubera ko abaturage ba Uganda barancumbikiye, barandinda."

Bobi Wine yatangaje ko yavuye muri Uganda by’akanya gato kugira ngo hagire ibyo akemure bijyanye n’akazi, aho ateganya kuganira n’inshuti n’abafatanyabikorwa hirya no hino ku Isi mbere yo gusubira mu gihugu cyabo.

Ati "Uyu munsi ndabamenyesha ko ngiye gusohoka igihugu by’igihe gito kugira ngo ngire iby’ingenzi nkemura bijyanye n’akazi. Mu byumweru bike biri imbere nzaganira n’inshuti zacu n’abafatanyabikorwa hirya no hino ku Isi mbere yo kugaruka muri Uganda kugira ngo mpirimbanire ubwisanzure na demokarasi!”

Komisiyo y’amatora muri Uganda yemeje ko Bobi Wine yagize amajwi 24,72%, akurikira Museveni watsinze ku majwi 71,65%. Ishyaka NUP ry’uyu munyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi ryanze ibyavuye mu matora.

Ubufaransa bwatangije iperereza ku gitero cyagabwe i Goma kikica umufaransakazi

Ishami rishinzwe gukurikirana ibyaha by’iterabwoba mu Bushinjacyaha bw’u Bufaransa (PNAT), ryatangije iperereza ku byaha by’intambara byakorewe mu gitero giherutse kugabwa i Goma mu Burasirazuba wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), kigahitana Umufaransakazi witwa Karine Buisse.

Karine Buisset yakoreraga Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Bana (UNICEF) i Goma ari umusesenguzi wa gahunda zo kurengera abana bakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina.

Icyo gitero cya drones cyabaye ku wa 11 Werurwe 2026, umutwe wa AFC/M23 urwanya ubutegesti bwa RDC wagaragaje ko cyagabwe n’Ingabo za Leta (FARDC) kigamije kwica abayobozi bakuru bawo.

Uwo mufaransakazi ari mu bahitanywe na cyo nyuma y’uko inzu we n’abandi bakozi bari batuyemo mu gace ka Himbi irashweho.

Umuyobozi Mukuru wa UNICEF, Catherine Russell yavuze ko babajwe cyane n’ibibazo by’umutekano muke byibasira abasivile by’umwihariko urupfu rw’uwo mufaransakazi.

Ikinyamakuru Actualité cyanditse ko iryo perereza ry’u Bufaransa rigamije kumenya ukuri ku rupfu rwa Karine Buisse binyuze mu kugaragaza mu by’ukuri abagabye icyo gitero.

Ni nyuma y’uko Leta ya RDC yari yirinze guhakana cyangwa kwemeza ko ingabo zayo ari zo zagabye icyo gitero, ivuga ko na yo igiye gukora iperereza ngo hamenyekane ukuri k’uko ibintu byagenze, ariko mu buryo busa n’ubutangaje itangira kucyegeka kuri AFC/M23.

Icyo gitero cyamaganywe n’ibihugu bitandukanye ndetse n’imiryango mpuzamahanga ariko igitangaje ni uko nta watinyukaga kwamagana abakigabye mu by’ukuri.

Ni ibintu Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Nduhungirehe Olivier yagarutseho, avuga ko ibihugu byinshi byiganjemo iby’i Burayi n’imiryango mpuzamahanga byagaragaje ko bibabajwe n’urupfu rw’Umufaransakazi Karine Buisset ariko ntibikomoze ku bakigabye.

Yavuze ko umuryango mpuzamahanga utajya utunga urutoki Leta ya RDC iyo ikora ubugizi bwa nabi, kuko igihe cyose ingabo zayo zagabye ibitero bya drones ku Banyamulenge muri Komine ya Minembwe n’abandi basivile, wahisemo guceceka.

Ati “Birababaje kubona ko mu Isi ya none, bitakiri ihame ry’Umuryango w’Abibumbye cyangwa itegeko mpuzamahanga byatakaje agaciro, ahubwo n’ubuzima bw’abantu bugatakaza mu gihe inyungu zikomeye z’abanyembaraga zabangamirwa.”

Leta ya RDC yakajije ibitero bya drones ku birindiro bya AFC/M23 kuva umwaka wa 2026 watangira. Tariki ya 24 Gashyantare, yiciye Umuvugizi wayo ku rwego rwa gisirikare, Lt Col Willy Ngoma n’abandi barwanyi barimo abamurindaga.