AMAKURU

UKWEZI

Byinshi kuri drones z’ubwiyahuzi Iran iri kwifashisha cyane mu ntambara

Byinshi kuri drones z'ubwiyahuzi Iran iri kwifashisha cyane mu ntambara
06-03-2026 20:23 | By Admin | Yasomwe n'abantu 1

Drones z’ubwiyahuzi ni zimwe mu ntwaro z’ingenzi Iran iri kwifashisha mu ntambara ihanganyemo na Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Israel kuva tariki ya 28 Gashyantare 2026.

Mu minsi itandatu iyi ntambara imaze, Iran imaze kohereza drones zirenga 2000 mu bihugu bitandukanye byo mu Burasirazuba bwo Hagati. Yohereza nyinshi kugira ngo ziganze intwaro z’ubwirinzi zirimo Patriot na THAAD.

Izi drones zo mu bwoko bwa ’Shahed 136’ ziri mu zihendutse cyane, zikaba zitwara ibiturika bishobora kwangiza byinshi. Igitero gikomeye cyazo ni icyagabwe ku birindiro bya Amerika muri Koweit, kikica abasirikare batandatu bayo.

Hari amashusho aherutse gushyirwa hanze agaragaza drone ya Shahed imanuka ku muvuduko mwinshi cyane kandi isakuza, ikubita ikimeze nka ‘radar’ ku cyicaro gikuru cy’ubwato bw’intambara bwa Amerika kiri mu mujyi wa Manama muri Bahrain, hazamuka umwotsi mwinshi.

Andi mashusho yafashwe muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) agaragaza drone yikubita kuri hoteli ya Palm Jumeirah mu mujyi wa Dubai, humvikana urusaku rwinshi rwakurikiwe n’umuriro mwinshi cyane.

Ibitero bya drones za Iran ku nganda zitunganya ingufu mu Burasirazuba bwo Hagati byateje igihombo gikomeye. Uruganda runini rutunganya peteroli rwa Ras Tanura muri Arabie Saoudite rwahagaritse ibikorwa nyuma yo kuraswaho nubwo byavutswe ko habayeho inkongi yoroheje.

Izi drones ziri kwangiza byinshi mu karere bitewe n’ubwinshi bwazo kandi ziri gufasha Iran cyane kuko ntizihenze kandi zifite ibilo bike. Shahed ikora urugendo rw’ibilometero 2500 kandi bivugwa ko agaciro kayo kari hagati y’Amadolari 20.000 na 50.000.

Nubwo Shahed idafite umuvuduko mwinshi ugereranyije na misile zisandara ku buso bunini, ubuto bwayo n’ubushobozi ifite bwo kugendera hasi cyane ibtuma radar n’irindi koranabuhanga ritanga umuburo ku bitero bya misile bigorwa no kuyitahura.

Shahed yakoreshejwe cyane n’u Burusiya mu ntambara yo muri Ukraine mu bitero bwagabye ku mijyi n’inganda zitunganya amashanyarazi. Iran yohereje izi drones mu bihugu by’inshuti mu myaka ya vuba, kandi ubu u Burusiya buri gukora izimeze nka zo, buzita Geran-2.

Mick Mulroy wahoze mu ngabo za Amerika zirwanira mu mazi, akaba umukozi w’urwego rw’ubutasi rw’iki gihugu (CIA) n’umuyobozi muri Minisiteri y’Intambara ushinzwe Uburasirazuba bwo Hagati, yatangarije BBC ko mu bihe bya vuba izi drones zagaragaje ubushobozi buhambaye, Amerika itangira gukora izimeze nka zo.

Drone ya Amerika yitwa ‘Lucas’ yakoreshejwe bwa mbere mu ntambara yo muri Iran ni yo imeze nka Shahed. Admiral Brad Cooper uyobora ingabo za Amerika mu Burasirazuba bwo Hagati yasobanuye ko bafashe imiterere ya drone ya Iran, barayivugurura kugira ngo igire ubushobozi bwisumbuyeho.

Drones za Shahed zishobora guhanurwa mu buryo butandukanye burimo kwifashisha ikoranabuhanga riyobya, intwaro zifashisha urumuri rwinshi, ariko inyinshi zihanurwa na misile ziraswa n’indege.

Ubwo Iran yagabaga igitero kuri Isirayeli ikoresheje drones amagana mu 2024, byavuzwe ko u Bwongereza bwakoresheje indege z’intambara za RAF mu guhanura zimwe muri zo, bukoresheje misile zibarirwa agaciro k’Amapawundi 200.000.

Nicholas Carl, impuguke ikorera mu kigo ‘American Enterprise Institute’, avuga ko Iran iri gushyira kuri Amerika n’inshuti zayo igitutu kugira ngo bikoreshe misile zabyo zihenze zihanura Shahed zo zishorwamo amafaranga make.

Bivugwa ko mbere iyi ntambara itangira tariki ya 28 Gashyantare, Iran yari ifite ibihumbi byinshi bya drones za Shahed ariko umubare usigaye ubu ntuzwi.

Amashusho yatangajwe n’ikinyamakuru gishamikiye ku mutwe w’ingabo zidasanzwe za Iran, IRGC, agaragaza umurongo muremure wa drones za Shahed ari mu birindiro byo munsi y’ubutaka ariko igihe yafatiwe ntikizwi.

Ku wa 5 Werurwe, Admiral Cooper yabwiye itangazamakuru ko umubare wa drones zoherezwa na Iran wagabanutseho 83% kuva ku munsi wa mbere w’intambara, mu gihe ibitero bya misile byagabanutseho 90%.


INKURU ZA :
Tanga Igitekerezo
Ibitekerezo
IZINDI NKURU WASOMA
Yolande Makolo: Amafaranga u Rwanda rukoresha muri Cabo Delgado arenga inshuro 10 atangwa na EU

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko inkunga ya miliyoni 20 z’Amayero yagenewe Ingabo z’u Rwanda binyuze mu kigega cy’u Burayi gishinzwe gushyigikira ibikorwa by’amahoro, European Peace Facility, yose yamaze gukoreshwa, kandi ko ikiguzi ubu butumwa butwara Guverinoma y’u Rwanda gikubye inshuro nibura 10 ayo mafaranga.

Makolo yavuze ko usibye amafaranga menshi u Rwanda rushora mu butumwa bwo kurwanya ibyihebe muri Cabo Delgado, hiyongeraho n’ukwitanga kudasanzwe kw’abasirikare bahasiga ubuzima.

Yabitangaje ubwo yasubizaga inkuru yatambukijwe na Bloomberg, igaragaza ko amasezerano y’inkunga y’amafaranga itangwa n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi igenerwa Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique azarangirana na Gicurasi 2026.

Iyi nkunga ya miliyoni 20 z’amayero yemejwe n’Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga b’ibihugu bigize EU ubwo bahuriraga mu nama i Bruxelles mu Bubiligi kuri uyu wa 18 Ugushyingo 2024.

Yaje ikurikiye indi ya miliyoni 20 z’Amayero yemerewe Ingabo z’u Rwanda mu Ukuboza 2022, nyuma y’umwaka n’amezi atanu zitangiye ubu butumwa bw’amahoro.

Ihagarikwa ry’aya masezerano rije nyuma y’itangazo ry’ibihano Amerika yafatiye RDF ryashyizwe hanze ku wa 2 Werurwe 2026 rishinja u Rwanda ubufatanye n’umutwe wa M23, ibintu rwamaganye kuva kera.

Umuvugizi w’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi yavuze ko “Gahunda z’ubufasha zashyizweho mu 2022 na 2024 zizarangira muri Gicurasi 2026. Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi buzi iby’ibihano Amerika iherutse gutangaza ku ngabo z’u Rwanda n’abayobozi bazo bakuru bane. Turimo gusuzuma icyo bivuze n’ingaruka z’ingamba za Amerika.”

Bloomberg yatangaje ko nta gahunda ihari yo gukomeza gutanga iyi nkunga.

Yolande Makolo yavuze ko kuba u Rwanda rwakomeza kohereza Ingabo zarwo mu bikorwa byo kurwanya iterabwoba muri Mozambique, mu gihe byaba bikenewe koko, bizaterwa n’inkunga ihagije kandi ibiteganyirijwe.

Ati “Ingabo z’u Rwanda zagiye muri Cabo Delgado mu 2021 zibisabwe na leta ya Mozambique, kugira ngo zifashe igihugu cy’ikivandimwe, amafaranga ntabwo yari yo ya mbere.”

“Umusaruro w’iki gikorwa uragaragara, abasivili basubiye mu ngo zabo, abana basubiye ku ishuri, ubucuruzi bwongeye gufungura, ishoramari rikomeye ry’abanyamahanga ryakomeje gukorwa.”

Yolande yagaragaje ko akazi kakozwe na RDF mu guhashya ibyihebe muri Cabo Delgado kagiriye umumaro abaturage b’iki gihugu, ndetse na kompanyi zahashoye imari mu bijyanye na gaz [LNG], agaragaza ko “gushyikikira igikorwa nk’iki atari ubuntu bwaba buri kugirirwa u Rwanda.”

Cabo Delgado ni intara ikungahaye cyane kuri gaz nyinshi. Total Energies SE ni yo iyoboye umushinga wo gucukura no kohereza mu mahanga gaze, ufite agaciro ka miliyari 20 z’Amadolari ya Amerika.

Uyu ni wo mushinga banki yo muri Amerika ya Export-Import Bank yashoyemo miliyari 4,7$.

Umushakashatsi Mukuru mu Kigo Foundation for Defense of Democracies giherereye i Washington, Daniel Swift, yavuze ko Amerika ishobora kuba idashaka ko ibihano byayo kuri RDF bibangamira cyane ibikorwa byayo muri Mozambique.

Ati “Nta muntu n’umwe wifuza ko ibikorwa byabo muri kariya gace gakungahaye kuri gaz karimo imwe mu mishinga ikomeye y’ishoramari rya Amerika, bigerwaho n’ingaruka mbi. LNG ifite abantu benshi bayihanze amaso ubu.”

Mu butumwa bwe, Yolande yasoje avuga ko “Mu gihe ubuyobozi bwa RDF bwabona ko imirimo ikorwa n’inzego z’umutekano z’u Rwanda i Cabo Delgado idashimwa, byaba bikwiriye gusaba leta guhagarika aya masezerano y’impande zombi yo kurwanya iterabwoba, Ingabo zikava yo.”

Bobi Wine yavuye mu bwihisho akomereza mu mahanga

Umunyapolitiki Robert Kyagulanyi Ssentamu utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, yatangaje ko yavuye mu bwihisho yari amazemo hafi amezi abiri, akomereza mu mahanga mu ruzinduko ahamya ko ari urw’akazi.

Kyagulanyi wamamaye mu muziki nka Bobi Wine yatangiye kwihisha tariki ya 15 Mutarama 2026, ubwo amatora y’Umukuru w’Igihugu n’Abadepite yari arangiye.

Asobanura ko Leta ya Uganda imaze igihe kinini imuhiga kugira ngo imugirire nabi kubera ko yanze kwemera intsinzi ya Perezida Yoweri Kaguta Museveni, ariko ko itamubonye kubera ko abaturage bamuhishe.

Ati "Bateye ingo za bagenzi banjye n’abayobozi, bashyiraho bariyeri n’aho gusakira imodoka, bafunga banirukana abapolisi nahawe mu bihe byo kwiyamamaza, batera urugo rwacu, bakomeza kurucunga. Ntibambonye kubera ko abaturage ba Uganda barancumbikiye, barandinda."

Bobi Wine yatangaje ko yavuye muri Uganda by’akanya gato kugira ngo hagire ibyo akemure bijyanye n’akazi, aho ateganya kuganira n’inshuti n’abafatanyabikorwa hirya no hino ku Isi mbere yo gusubira mu gihugu cyabo.

Ati "Uyu munsi ndabamenyesha ko ngiye gusohoka igihugu by’igihe gito kugira ngo ngire iby’ingenzi nkemura bijyanye n’akazi. Mu byumweru bike biri imbere nzaganira n’inshuti zacu n’abafatanyabikorwa hirya no hino ku Isi mbere yo kugaruka muri Uganda kugira ngo mpirimbanire ubwisanzure na demokarasi!”

Komisiyo y’amatora muri Uganda yemeje ko Bobi Wine yagize amajwi 24,72%, akurikira Museveni watsinze ku majwi 71,65%. Ishyaka NUP ry’uyu munyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi ryanze ibyavuye mu matora.

Ubufaransa bwatangije iperereza ku gitero cyagabwe i Goma kikica umufaransakazi

Ishami rishinzwe gukurikirana ibyaha by’iterabwoba mu Bushinjacyaha bw’u Bufaransa (PNAT), ryatangije iperereza ku byaha by’intambara byakorewe mu gitero giherutse kugabwa i Goma mu Burasirazuba wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), kigahitana Umufaransakazi witwa Karine Buisse.

Karine Buisset yakoreraga Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Bana (UNICEF) i Goma ari umusesenguzi wa gahunda zo kurengera abana bakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina.

Icyo gitero cya drones cyabaye ku wa 11 Werurwe 2026, umutwe wa AFC/M23 urwanya ubutegesti bwa RDC wagaragaje ko cyagabwe n’Ingabo za Leta (FARDC) kigamije kwica abayobozi bakuru bawo.

Uwo mufaransakazi ari mu bahitanywe na cyo nyuma y’uko inzu we n’abandi bakozi bari batuyemo mu gace ka Himbi irashweho.

Umuyobozi Mukuru wa UNICEF, Catherine Russell yavuze ko babajwe cyane n’ibibazo by’umutekano muke byibasira abasivile by’umwihariko urupfu rw’uwo mufaransakazi.

Ikinyamakuru Actualité cyanditse ko iryo perereza ry’u Bufaransa rigamije kumenya ukuri ku rupfu rwa Karine Buisse binyuze mu kugaragaza mu by’ukuri abagabye icyo gitero.

Ni nyuma y’uko Leta ya RDC yari yirinze guhakana cyangwa kwemeza ko ingabo zayo ari zo zagabye icyo gitero, ivuga ko na yo igiye gukora iperereza ngo hamenyekane ukuri k’uko ibintu byagenze, ariko mu buryo busa n’ubutangaje itangira kucyegeka kuri AFC/M23.

Icyo gitero cyamaganywe n’ibihugu bitandukanye ndetse n’imiryango mpuzamahanga ariko igitangaje ni uko nta watinyukaga kwamagana abakigabye mu by’ukuri.

Ni ibintu Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Nduhungirehe Olivier yagarutseho, avuga ko ibihugu byinshi byiganjemo iby’i Burayi n’imiryango mpuzamahanga byagaragaje ko bibabajwe n’urupfu rw’Umufaransakazi Karine Buisset ariko ntibikomoze ku bakigabye.

Yavuze ko umuryango mpuzamahanga utajya utunga urutoki Leta ya RDC iyo ikora ubugizi bwa nabi, kuko igihe cyose ingabo zayo zagabye ibitero bya drones ku Banyamulenge muri Komine ya Minembwe n’abandi basivile, wahisemo guceceka.

Ati “Birababaje kubona ko mu Isi ya none, bitakiri ihame ry’Umuryango w’Abibumbye cyangwa itegeko mpuzamahanga byatakaje agaciro, ahubwo n’ubuzima bw’abantu bugatakaza mu gihe inyungu zikomeye z’abanyembaraga zabangamirwa.”

Leta ya RDC yakajije ibitero bya drones ku birindiro bya AFC/M23 kuva umwaka wa 2026 watangira. Tariki ya 24 Gashyantare, yiciye Umuvugizi wayo ku rwego rwa gisirikare, Lt Col Willy Ngoma n’abandi barwanyi barimo abamurindaga.